• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Trump yagiguye igitutsi gikaze atuka mugenzi we w’u Burusiya.

minebwenews by minebwenews
May 27, 2025
in World News
0
Perezida Trump yagiguye igitutsi gikaze atuka mugenzi we w’u Burusiya.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yagiguye igitutsi gikaze atuka mugenzi we w’u Burusiya.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, mu burakari bwinshi yavuze ko perezida w’u Burusiya Vradimir Putin ari “umusazi,” kubera igitero ingabo ze ziheruka kugaba muri Ukraine.

Hari mu kiganiro perezida wa Amerika yagiranye n’abanyamakuru ari i Jerusalem muri Israel aho yababwiye ko yababajwe n’igitero cyo mu kirere igisirikare cy’u Burusiya cyagabye i Kyiv muri Ukraine ku cyumweru.

Mu bitari bimenyerewe, Trump yagize ati: “Ariko ibi ni ibiki uri gukora? Kuri ca abantu. Uri umusazi koko?”

Mbere yuko Trump akora iki kiganiro, umukuru w’igihugu cya Ukraine, Volodymyr Zelensky, yari yavuze ko agahenge kasabwe na Washington kari gufasha u Burusiya gutegura ibitero ku gihugu cye, bityo asaba ko ubwo Burusiya bufatirwa ibihano bikakaye.

Igitero cyatumye Trump atukana, ingabo z’u Burusiya zagikoze mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 25/05/2025. Ni igitero cyasize gihitanye abasivili 12 abandi babarirwa mu mirongo itatu barakomereka harimo n’abakomeretse bikabije.

U Burusiya mu gukora kiriya gitero bwakoresheje ibisasu bya misili byinshi na za drones 367. Bikavugwa ko iki gitero ko ari cyo kigabwe kuri Kyiv gikomeye kuva iyi ntambara yaduka mu mwaka wa 2022 hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Abanyamukuru banamubajije ni ba ategura ibihano ku Burusiya kubera icyo gitero, na we yashubije ko ari byo ko ari kubitegura, ati: “Yego, ndi kubitegura.”

Na nyuma y’iki kiganiro yanditse akoresheje urubuga rwa Truth social ko Putin koko yasaze.

Ati: “Mpora mbivuga ko ashaka Ukraine yose. Ntashaka agace kayo gusa, kandi koko ukuri kuri kwigaragaza, ariko ari ko aramutse akomeje ibi bizotuma u Burusiya bussnyuka bwose.”

Nyamara kandi ku rundi ruhande yavuze ko perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, ko nawe nta cyo afasha igihugu cye, haba ngo kubyo avuga n’ibikorwa.

Ibyo bibaye mu gihe mu cyumweru gishize, Trump na Putin bari bavuganye kuri telephone amasaha abiri. Ikiganiro cyabo kikaba cyiribanze cyane ku masezerano y’amahoro yarimo ategurwa kuri Ukraine n’u Burusiya.

Iby’aya masezerano, Ukraine n’inshuti za yo ibihugu byo mu Burayi bavuga ko nta musaruro uzayavamo hubwo ko uzafasha u Burusiya gutegura ibindi.

Tags: IgiteroIgitutsiPutinTrump
Share31Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post
Thabo Mbeki yakariye Leta y’i Kinshasa

Thabo Mbeki yakariye Leta y'i Kinshasa

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?