Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka
Mu muhango w’amateka wabereye i Washington, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, yashimye byimazeyo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), avuga ko yababonye nk’abayobozi “b’abanyabwenge kandi bakundana,” ubwo bagiranaga ikiganiro cy’imbere mu biro bye.
Ibi yabivugiye mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, amasezerano yitezweho kurangiza imyaka irenga 30 y’intambara, imvururu, n’umutekano muke mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Uyu muhango wabereye kuri US Institute of Peace, wari wahinduriwe izina ku mugaragaro ukitwa Donald J. Trump Institute of Peace mu rwego rwo kwerekana uruhare rwa Trump mu gutegura aya masezerano y’amahoro y’ingenzi.
Witabiriwe n’abakuru b’ibihugu byo mu karere barimo: Évariste Ndayishimiye w’u Burundi,
William Ruto wa Kenya,João Lourenço wa Angola,
Jessica Alupo, Visi Perezida wa Uganda. Aba bayobozi bifatanyije n’u Rwanda na RDC mu gutangiza icyiciro gishya cy’amahoro n’ubufatanye.
Mu ijambo rye, Perezida Trump yavuze ko aya masezerano ari intambwe idasanzwe ku ruhando mpuzamahanga.
Yagize ati: “Ni umunsi udasanzwe kuri Afurika, ni umunsi udasanzwe ku Isi.
Aho intambara imaze imyaka irenga 30 ihitanye abarenga miliyoni 10 ihagarara. Uyu munsi twiyemeje guhagarika ibinyacumi by’imyaka y’ubugizi bwa nabi no kumena amaraso.”
Yashimye cyane Kagame na Tshisekedi kubera ubushake n’ubudasa berekanye mu kugera ku masezerano atarabashije kugerwaho n’abayobozi benshi babibanjirije.
Trump yavuze ko ibiganiro yagiranye n’aba bayobozi byamweretse ko bafite ubushishozi, ubwenge n’ubushake bwo guhindura amateka y’akarere.
Ati: “Ndashaka gushimira aba bayobozi babiri b’abanyamurava… ni abantu beza, ni abantu badasanzwe.”
Yavuze ko mbere y’imihango yo gushyira umukono, yagiranye na Kagame na Tshisekedi ibiganiro byimbitse muri White House ndetse no mu biro bye bya ‘Oval Office.’
Mu magambo yatumye bibaza, Trump yavuze ko Kagame na Tshisekedi “bakundana” kandi ko ubwo bucuti bushya bwatuma amahoro arambye aboneka.
Ati: “U Rwanda na RDC byemeye kurushaho gufatanya mu bukungu aho kurwana. Aba bagabo babiri ni abanyabwenge… ntekereza ko bakundana. Bamaze imyaka myinshi bicana, ariko ubu ntekereza ko bagomba kumara umwanya munini bahoberana.”
Amasezerano yashyizweho umukono arimo ingingo zikomeye zitezweho kuvana akarere mu mwijima w’intambara, arimo: Guhagarika imirwano hagati y’ingabo z’ibihugu byombi n’imitwe yitwaje intwaro, Kwambura intwaro abarwanyi batari aba Leta, Gucyura impunzi mu buryo bwizewe, Gutanga ubutabera no kuryoza ibyaha ndengakamere, Kongera kuzamura ubufatanye mu bukungu.
Trump yavuze ko ibi byose ari ingenzi mu kuzana ituze n’amajyambere mu karere.





