• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, August 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yavuze ko afite amakuru meza ku Rwanda na RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 1, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yavuze ko afite amakuru meza ku Rwanda na RDC.

You might also like

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yatangaje ko mu minsi mike iri mbere hari amakuru meza yerekeye u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo azamenyekana; ateguza ibi bihugu byombi kwitegura kuzinjira mu bihe by’amahoro.

Perezida Donald Trump ni byo yatangaje mu kiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru, aho yahise avuga ko u Rwanda na Congo bigiye kwinjira mu bihe byiza by’amahoro.

Hari nyuma y’aho yari aheruka gutangaza kandi akoresheje urubuga rwa Truth social ko hari “amakuru meza aturuka muri Afrika” yerekeye intambara n’amakimbirane kuri uyu mugabane w’irabura.

Hanyuma aza kwerekeza mu kiganiro yagiranye n’igitangaza makuru ko mubarebwa n’aya makuru harimo u Rwanda na Congo.

Yagize ati: “Ndabyizera neza cyane ko mu munsi iri mbere tuzabona amakuru meza yerekeye u Rwanda na Congo Kinshasa, kandi ndatekereza ko amahoro azaboneka mu Rwanda, na Congo no mu bindi bihugu bike bibakikije kandi bizaba byiza. Rero turizera ko ibyo bizatanga umusaruro.”

Ni mu gihe u Rwanda na Congo biheruka gusinyana amasezerano agena amahame ngenderwaho mu gushakira umuti amakimbirane yo mu Burasizuba bwa Congo.

Aya mahame yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Imyaka yari maze kuba itatu u Rwanda na RDC bitavuga rumwe, ahanini byavaga ku ntambara iri kubera mu Burasizuba bwa Congo, aho igisirikare cy’iki gihugu gihanganye bikomeye n’u mutwe wa M23.

Amerika iri mu bihugu bishinja u Rwanda guha ubufasha uyu mutwe wa M23, ibyo ruhakana huhwo rugashinja Leta y’i Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ubwo umujanama wihariye wa Trump ku bibazo bya Afrika, Massade Boulos, aheruka kugirira uruzinduko i Kinshasa n’i Kigali, “yasabye u Rwanda guhagarika ubufasha kuri M23 ndetse rukavana n’ingabo zarwo zose ku butaka bwa RDC.”

Ubundi kandi avuga ko Leta Zunze ubumwe z’Amerika zishigikiye ko umutwe wa FDLR usenywa burundu.

Mu masezerano u Rwanda ruheruka gusinyana na RDC, byemeranyije ingingo zirimo ko buri gihugu kigomba kubaha ubusugire bw’ikindi ndetse no kureka gukorana n’imitwe yitwaje intwaro igambiriye guhungabanya umutekano wa buri ruhande.

Tags: amahoroRdcRwanda
Share31Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu. Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi n'umugaba mukuru w'Ingabo z'icyo gihugu, General Prime Niyongabo, bararebana ay'ingwe bapfa amabuye...

Read moreDetails

Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

Intambara ihuza ingabo za RDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda nazo ngo zishobora kuyinjiramo, soma Inkuru irambuye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko mu gihe...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Auto Draft

Gen. Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe anahishyura gahunda bafitanye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi yatangaje ko igisirikare cya Uganda n'icy'u Rwanda...

Read moreDetails

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda.

Byakaze Imbonerakure zirwana muri RDC zashinje Leta yabo kuzihenda. Imbonerakure zirwanya ihuriro rya AFC/M23/MRDP mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, zirashinja Leta y'u Burundi kuzibeshya amafaranga....

Read moreDetails

Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Perezida Kagame yaganiriye n’abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC.

Perezida Kagame yaganiriye n'abakuru b'ibihugu byo muri EAC na SADC ku bibazo cya RDC. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, hamwe n'abandi bakuru b'ibihugu byo mu muryango wa...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.

Ingabo z'u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?