• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yavuze ko afite amakuru meza ku Rwanda na RDC.

minebwenews by minebwenews
May 1, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na Congo Kinshasa bigiye kubana mu mahoro.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yavuze ko afite amakuru meza ku Rwanda na RDC.

You might also like

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yatangaje ko mu minsi mike iri mbere hari amakuru meza yerekeye u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo azamenyekana; ateguza ibi bihugu byombi kwitegura kuzinjira mu bihe by’amahoro.

Perezida Donald Trump ni byo yatangaje mu kiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru, aho yahise avuga ko u Rwanda na Congo bigiye kwinjira mu bihe byiza by’amahoro.

Hari nyuma y’aho yari aheruka gutangaza kandi akoresheje urubuga rwa Truth social ko hari “amakuru meza aturuka muri Afrika” yerekeye intambara n’amakimbirane kuri uyu mugabane w’irabura.

Hanyuma aza kwerekeza mu kiganiro yagiranye n’igitangaza makuru ko mubarebwa n’aya makuru harimo u Rwanda na Congo.

Yagize ati: “Ndabyizera neza cyane ko mu munsi iri mbere tuzabona amakuru meza yerekeye u Rwanda na Congo Kinshasa, kandi ndatekereza ko amahoro azaboneka mu Rwanda, na Congo no mu bindi bihugu bike bibakikije kandi bizaba byiza. Rero turizera ko ibyo bizatanga umusaruro.”

Ni mu gihe u Rwanda na Congo biheruka gusinyana amasezerano agena amahame ngenderwaho mu gushakira umuti amakimbirane yo mu Burasizuba bwa Congo.

Aya mahame yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Imyaka yari maze kuba itatu u Rwanda na RDC bitavuga rumwe, ahanini byavaga ku ntambara iri kubera mu Burasizuba bwa Congo, aho igisirikare cy’iki gihugu gihanganye bikomeye n’u mutwe wa M23.

Amerika iri mu bihugu bishinja u Rwanda guha ubufasha uyu mutwe wa M23, ibyo ruhakana huhwo rugashinja Leta y’i Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ubwo umujanama wihariye wa Trump ku bibazo bya Afrika, Massade Boulos, aheruka kugirira uruzinduko i Kinshasa n’i Kigali, “yasabye u Rwanda guhagarika ubufasha kuri M23 ndetse rukavana n’ingabo zarwo zose ku butaka bwa RDC.”

Ubundi kandi avuga ko Leta Zunze ubumwe z’Amerika zishigikiye ko umutwe wa FDLR usenywa burundu.

Mu masezerano u Rwanda ruheruka gusinyana na RDC, byemeranyije ingingo zirimo ko buri gihugu kigomba kubaha ubusugire bw’ikindi ndetse no kureka gukorana n’imitwe yitwaje intwaro igambiriye guhungabanya umutekano wa buri ruhande.

Tags: amahoroRdcRwanda
Share31Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.

Ingabo z'u Burundi zerekeje mu Minembwe kuhatera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?