Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi mu mugambi wo guhindura itegeko nshinga rya RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 25, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi mu mugambi wo guhindura itegeko nshinga rya RDC.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi mu mugambi wo guhindura itegeko nshinga rya RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo yatangaje ko itegeko nshinga ry’iki gihugu rigomba guhinduka ngo kuko ritaryanye n’igihe, bityo ngo abahanga bagomba kuryicyarira, mu rwego rwo kugira ngo barijyanishe naho igihugu kigeze.

Ibi bwana Tshisekedi yabitangaje ku wa gatatu tariki ya 23/10/2024 mu nama yari yabereye i Kisangani, ayigaragazamo ko itegeko nshinga rya RDC riteye isoni, bityo rikwiye guhindurwa.

Mu ijambo rye yagize ati: “Itegeko nshinga ryacu ririmo inenge nyinshi, ni ngombwa ko abahanga bacu barisubiramo bakarihindura.”

Yavuze kandi ko iki cyifuzo cye kizashyirwa mu bikorwa umwaka utaha, aho hazashyirwaho komisiyo y’abo munzego zinyuranye kugira ngo batange ibitekerezo by’itegeko nshinga rishya kugira ngo ‘rijyane n’aho RDC igeze, kandi ribereye Abanyagihugu.’

Perezida Félix Tshisekedi yavuze kandi ko tariki ya 10/10/2024 ishyaka rye rya UDPS ryatangiye ubukangurambaga bwo guhindura iri tegeko nshinga rya RDC.

Usibye ibyo, Tshisekedi kandi yanagarutse ku bibazo by’u mutekano byugarije abenegihugu, asaba abaturage kuba maso ngo bakarinda ubusugire bw’igihugu bafatanyije n’ingabo z’igihugu.

Ati: “Dufite abanzi benshi badukikuje. Muhatane, kandi mwarabibonye uko biherutse kugenda mu ntambara mu minsi itandatu ishize.”

Umukuru w’igihugu wakunze kwikoma u Rwanda arushinja ibinyoma ko ruri inyuma y’ibibazo by’u mutekano biri mu gihugu cye, yongeye kubisubiramo, avuga ko mu banzi bahanganye barimo iki gihugu cy’igituranyi, ariko nacyo ntigihwema kwamagana ibi birego by’ibihimbano.

            MCN.
Tags: Itegeko nshingaRdcTshisekedi
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Itombwe: Rwongeye kwambikana hagati ya Red-Tabara n’ingabo z’u Burundi.

Itombwe: Rwongeye kwambikana hagati ya Red-Tabara n'ingabo z'u Burundi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?