• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Perezida Tshisekedi yasabye abakristo kumufasha gusenga agatsinda umwanzi we.

minebwenews by minebwenews
December 3, 2024
in Religion
0
Perezida Tshisekedi yasabye abakristo kumufasha gusenga agatsinda umwanzi we.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yasabye abakristo kumufasha gusenga agatsinda umwanzi we.

You might also like

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yasabye abizera bose ku mufasha bagatakambira Imana ikamuha gutsinda umutwe wa M23.

Ibi nibyo yavuze ku itariki ya 02/12/2024, ubwo yari mu Ntara ya Haut-Uele, yasabye ko hategurwa amasengesho mu gihugu hose hagamijwe kubona igitangaza, kugira ngo babashe gutsinda umutwe wa M23.

Mu ijambo yatanze uwo munsi yagaragaje uburakari bwinshi, anavuga ko hari Abanyekongo bafatanyije n’abanyamahanga mu gushaka gushyira igihugu mu muriro w’amaraso.

Yavuze ko abanya-kisangani bari mu bantu bahuye n’uburibwe bw’intambara, bityo ko bakwiriye guhuriza hamwe kugira ngo batsinde umwanzi.

Ntiyarekeyeho, kuko yanikomye u Rwanda, avuga ko ari umuturanyi mubi ufite imigambi mibisha kuri RDC, ngo ugamije gusahura imitungo kamere igihugu cye gifite.

Yagize ati: “Arashaka gutuma duhera mu bukene n’umubabaro udashyira.”

Yasabye urubyiruko kuryamira amajanja, kuko ngo u Rwanda rwifuza kuyobya imitekerereze yarwo ngo rubashe kubacura bufuni na buhoro, rubajyane mu bikorwa by’ubwicanyi no guhohotera ikiremwamuntu.

Tshisekedi yongeye kandi kwikoma kiliziya Gatolika , ikunze kumusaba kuganira n’umutwe wa M23, ibyo we atifuza kumva mu matwi ye, asaba gusengera gutsinda umutwe wa M23.

Ati: “Umuryango w’Imana wategura amasengesho hirya no hino mu gihugu kugira ngo tubone igitangaza, urugero nk’iherezo ry’intambara mu Burasirazuba bw’igihugu cyacu.”

Ibi abitangaje mu gihe intambara igikomeye hagati y’ingabo za RDC n’umutwe wa M23 mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Tags: Agatsinda M23GusengaTshisekedi
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

by minebwenews
August 31, 2025
0
Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri. Umushumba w'itorero rya All National Assemblies Of God, rifite icyicaro muri Isingiro district mu majy'Epfo ya Uganda, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ku...

Read moreDetails

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

by minebwenews
August 24, 2025
0
Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo. Abashakashatsi bavumbuye ubwato bwari bumaze imyaka irenga 2000 mu mazi epfo (mu ndiba yinyanja) ya Galileya, bavuga ko ari bwo Yesu yagendeyemo ubwo...

Read moreDetails

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

by minebwenews
August 20, 2025
0
Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025. Umwamikazi wa gospel muri Tanzania, Rose Muhando, yongeye kwandika izina rye mu mateka nyuma yo kwegukana ICON AWARD...

Read moreDetails

Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya.

by minebwenews
August 19, 2025
0
Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya.

Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya. Itsinda rya gospel rigizwe na Ben na Chance, bashyize hanze Album nshya bise "Zaburi yanjye,"...

Read moreDetails

Dore inama z’ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba.

by minebwenews
August 8, 2025
0
Dore inama z’ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba.

Dore inama z'ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba. Kurota inzozi mbi ni ikibazo gihangayikishije benshi muri ubu buzima tubayeho bwo mu isi. Izo nzozi zishobora gutuma...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Tshisekedi yagize icyavuga ku bavuga ko yaba ashaka manda ya gatatu.

Perezida Tshisekedi yagize icyavuga ku bavuga ko yaba ashaka manda ya gatatu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?