• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yongeye kwikoma u Rwanda, noneho anarushinja ku mutwara abaturage

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 23, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yongeye kwikoma u Rwanda, noneho anarushinja ku mutwara abaturage
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yongeye kwikoma u Rwanda, noneho anarushinja ku mutwara abaturage

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yongeye gushinja u Rwanda kugira imigambi yo gutwara abaturage ba RDC ndetse no gutera inkunga umutwe wa M23, anasaba ko rufatirwa ibihano.

Ubi bwana perezida Tshisekedi yabigarutseho ku wa mbere tariki ya 22/09/2025, i New York muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, aho yitabiriye inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye.

Muri iyi nama yavuze ko ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo kimaze imyaka 30, kandi ko abayoboye Amerika bananiwe ku gikemura, aho yagize ati: “Amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa RDC ni yo amaze imyaka myinshi ku mugabane wa Afrika. Amaze imyaka 30. Hari umutwe wagize uruhare muri jenocide yakorewe Abatutsi umaze icyo gihe cyose uhungabanya igihugu cyacu, rero umuntu wese harimo na perezida Trump uzashobora gutuma ayo makimbirane arangira akwiye Nobel.”

Yanavuze kandi ko “amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda n’igihugu cye atari kugerwaho kubera ko ngo u Rwanda rukomeje kuyadindiza.”

Ntiyarekeyeho, kuko kandi yashinje u Rwanda gushyigikira umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bw’iki gihugu cya RDC, anarushinja kandi ngo kugira umugambi wo gutwara abaturage ba Congo. Maze mu gusoza asaba ko u Rwanda rwafatirwa ibihano bikakaye.

Ibyo abivuze mu gihe intambara yongeye gukara mu Burasirazuba bwa RDC, hagati y’ingabo ze n’iz’uyu mutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwe.

Nko mu cyumweru gishize, indege z’intambara z’i gisirikare cya RDC zateye ibisasu mu bice bitandukanye byo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bigenzurwa n’uyu mutwe wa M23, uyu mutwe icyo gihe wanagaragaje ko byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi.

Nanone kandi intambara ikomeye iri kubera mu duce two muri Kivu y’Amajyepfo, nka Shabunda, Walungu n’ahandi.

Tags: RdcU Rwanda
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
UN yatabarijwe ko Abatutsi bari gukorerwa jenocide muri RDC

UN yatabarijwe ko Abatutsi bari gukorerwa jenocide muri RDC

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?