Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida wa m23, yatanze umucyo ku cyo Ingabo ze zirwanira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 3, 2025
in Regional Politics
0
Perezida wa m23, yatanze umucyo ku cyo Ingabo ze zirwanira.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida wa m23, yatanze umucyo ku cyo Ingabo ze zirwanira.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Perezida w’umutwe wa M23, Berterand Bisimwa, yatangaje ko ingabo ayoboye zitarwanira kubona imyamya muri Guverinoma ya Kinshasa cyangwa amapeti yo mu gisirikare cy’iki gihugu, ahubwo ko barwanira gusubiza Abanye-kongo uburenganzira bambuwe.

Hari mu kiganiro aho yarimo asubiza minisitiri w’ubabanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba, wavuze ko Leta y’igihugu cyabo yiteguye kuganira n’imitwe yitwaje intwaro yose, byubakiye kuri gahunda ya Nairobi yatangijwe n’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC).

Perezida Bisimwa yibukije ko imitwe yitwaje imbunda yo muri Wazalendo ndetse na FDLR yinjijwe mu gisirikare cya Congo kugira ngo ifashe ingabo z’iki gihugu, kandi byose bijya ku ruhande rwa Leta, agaragaza ko umutwe wa M23 wonyine kwariwo ukeneye ibihano.

Bwana Bisimwa yavuze ko M23 ntacyo ibaza imitwe ikorana byahafi na Leta, kandi ko ikibazo cyabo kidashobora gukemurwa n’abafite imbunda mu gihe igihugu gifite ubuyobozi bwakabaye bwifatanya na M23 mu kubikemura.

Leta ya Kinshasa mu gihe ivuga ko idashobora kuganira na M23, igasobanura ko icyo uyu mutwe ugamije ari ukugira ngo abarwanyi bawo binjizwe mu nzego z’ubuyozi bwa gisivile n’ubwa gisirikare, kandi inteko ishinga mategeko yaremeje itegeko ribuza gushyira mu myanya abahoze mu mitwe yitwaje imbunda.

Bisimwa uyoboye umutwe wa M23 yatangaje ko ibi bihabanye n’ukuri, asobanura ko guhabwa imyanya muri Guverinoma no mu gisirikare atari byo byakemura iki kibazo, kuko n’igihe abarwanyi babo bari bakiri muri izi nzego, kitari cyarakemutse.

Yavuze kandi ko hakenewe kurandura impamvu muzi z’intambara iri mu Burasirazuba bwa Congo, binyuze mu guhagarika ubugizi bwa nabi bukorerwa Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange, kandi ngo mu gihe ikibazo cyakemuka, buri wese yaba aho Leta ishaka.

Yagize ati: “Buri wese muri twe, mu gihe igihugu cyabona amahoro, twaba aho bashaka. Dufite ubutaka burumbuka. Twahinga ubutaka, twakorora inka, twakama amata, twajya kwigisha . Twese twabona amahirwe yo kubona n’imiryango yacu, tukabaho, aho kujya muri politiki.”

Bisimwa yasoje asaba ko muri RDC hacika imiyoborere yica abaturage, ituma bajya mu buhungiro, ituma badashakira abana ahazaza heza. Yagaragaje ko Abanye-kongo bakwiye kurwanya ibibazo biriho kugira ngo batazabisigira ababakomokaho.

Tags: BisimwaM23Umucyo
Share44Tweet27Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Ibya FARDC iri gutoroka ihunga Twirwaneho.

Intambara yabaye uyu munsi yahaye FARDC n'abambari bayo isomo rikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?