• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Burundi yanenze ingabo za RDC.

minebwenews by minebwenews
February 12, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi yanenze ingabo za RDC.
123
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi yanenze ingabo za RDC.

You might also like

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasabye Abarundi ko bagomba kumenya ko hari umwanzi bafite ukomeye, avuga ko ari u Rwanda, asaba ko batagomba gupfa nk’ihene nk’uko bimeze muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni byo perezida w’u Burundi yatangarije muri Komine ya Bugabira mu Ntara ya Kirundo, aho yari yasuye abaturage baho abaha n’ibiribwa.

Amakuru ava muri icyo gihugu cy’u Burundi avuga ko perezida Evariste Ndayishimiye yatanze ibiribwa ku miryango igera kuri 22,236 ni nyuma y’aho ihuye n’ikibazo cy’amapfa, buri rugo rukaba rwarimo rugenerwa kilogramu 15 z’ibigori, nk’ibiryo bizamara icyumweru.

Ibiro by’umukuru w’igihugu mu Burundi bivuga ko hazakorwa igenzura nyuma y’ukwezi, hakarebwa niba ibyo biribwa byongerwa cyangwa bikagabanywa, cyangwa niba inkunga izahagarara.

Ubwo yarimo atanga ibi biribwa yasabye abaturage kutarya umugondorajosi.

Yagize ati: “Mbibabwire ntimurye ngo musinzire umugondorajosi. Guverineri yabibabwiye ko mufite umuturanyi mubi, murabizi ko aduhiga. Namaze kumumenyesha ko uzadukubira tuzamukubita. Mube mwiteguye, ntimugire ubwoba, bariya turaziranye.”

Evariste Ndayishimiye yanibukije Abarundi ko kuva kera igihe cy’abami u Rwanda rutigeze rutsinda u Burundi.

Ati: “Ubu ntibadushobora, hano murabizi mu bibutse izina ryo mu Kirundo. Muzabibutse muti murabizi mu Kirundo aho iryo zina ryavuye? Uti rero tuzareba.”

Yakomeje agira ati: “Noneho si mwe mwenyine Kirundo, twese n’uw’i Nyanzara-Lac hafi ya Tanzania ureba Kigoma azaba ari aha . Twese, Abarundi, ntituzemera gupfa nk’Abanyekongo. Abagabo bakicwa nk’ihene uko nyine, kandi ari abantu b’ababagabo bakicwa bakanuye. Abarinda umutekano wa Congo ntabyo bazi.”

Perezida w’u Burundi aherutse gutangaza kandi ko u Rwanda rushaka gutera igihugu cye, ibi yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Burundi.

Abivuze mu gihe atagaragaye mu nama y’abakuru b’ibihugu bya Afrika y’i Burasirazuba n’iya majy’epfo yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania, aho yari igamije gushakira amahoro n’umutekano u Burasirazuba bwa RDC.

Perezida Ndayishimiye yohereje intumwa, kimwe na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi wari wayoherejemo minisitiri w’intebe, Judith Sumunwa. Gusa, iyi nama na Tshisekedi ubwe, yayikurikiye akoresheje ubuhanga bwa none.

U Burundi bufite ingabo muri RDC zifasha iza RDC kurwanya umutwe wa M23 , nubwo ntacyo zihindura kuko uyu mutwe ukomeje kwagura muburyo budasanzwe ibirindiro byawo muri Kivu y’Amajy’epfo na Kivu y’Amajyaruguru. Ndetse imirwano ikomeye iri kwerekeza i Bukavu ahazwi nk’umurwa mukuru w’iyi ntara ya Kivu y’Epfo. Ahar’ejo imirwano hagati y’impande zombi yiriwe ibera i Kalehe kuri zone.

Tags: CongoEvariste NdayishimiyeRwanda
Share49Tweet31Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails
Next Post

Umunya-tanzaniya-kazi uri mu bavuga rikijana yanenze ubutegetsi bwa Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?