• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

minebwenews by minebwenews
March 25, 2025
in World News
0
Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

You might also like

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

Perezida w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayisimiye yatangaje ko afite umugambi wo gutera igihugu cy’u Rwanda, kandi ngo ingabo ze zikagera i Kigali ahazwi nk’umurwa mukuru w’iki gihugu cy’u Rwanda, anagaragaza ko impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite, ngo ni ukubera badasaba Imana ngo ibahishurire ibanga ryazo.

Hari mu kiganiro uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yagiranye n’igitangaza makuru cya BBC.

Muri iki kiganiro perezida w’u Burundi yagize ati: “U Rwanda rwashimye gutera u Burundi ruciye muri Congo, natwe i Kigali si kure duciye mu Kirundo.”
Kirundo akaba ari imwe mu ntara zigize igihugu cy’u Burundi, aho irimo n’umupaka uhuza iki gihugu cy’u Burundi n’u Rwanda.

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yatangaje ibi mu gihe n’ubundi amaze iminsi avuga intambara ku Rwanda.

Bizwi ko iyi ntambara yatangiye kuyivuga mu kwezi kwa mbere ndetse na mbere yaho, ubwo yari kumwe n’abahagariye ibihugu byabo i Bujumbura mu Burundi.

Icyo gihe yavuze ko ashinja u Rwanda kuba rufite umugambi wo gutera igihugu cye, anateguza amahanga ko natagira icyo akora ngo ahagarike u Rwanda ashinja gutera Congo, intambara izahita iba iyarusange.

Mu kwezi gushize, ubwo Ndayisimiye yari yasuye abaturage bo mu ntara ya Kirundo, nabwo yatangaje ko ari gutegura kurwana n’u Rwanda, asaba abaturage be kwitegura kurwana.

Yagize ati: “Mwebwe mwitegure, ntimugire ubwoba, bariya turaziranye. Mu bugesera muraziranye, kuva kungoma ya cyami ntibigeze batunesha, ubu ni bwo badushobora? Mu bibutse muti muzi mu Kirundo aho byavuye?”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi aheruka kandi kumvikana avuga ko u Rwanda rwenda gutera igihugu cye, nibyo yatangaje ubwo yari yitabiriye amasengesho yari yateguwe n’itorero rya Eglise Vision de Jesus Krist, maze agihabwa Ijambo muri ayo masengesho avuga ko nubwo u Rwanda rufite ingabo zikomeye ariko ko ize zizirenze.

Yagize ati: “Ibi barota ngo batera u Burundi njyewe mbifata nk’ibisanzwe. Narumvise bavuga ngo ingabo z’u Rwanda zirakomeye, nti iyo muba muzi nanjye ingabo mfite ba sha! Iyo baba bazi ingabo mfite! Bazimenya gute bataganira n’Imana ngo ibireke ibanga ryazo?

Ndayisimiye kandi yatangaje ko u Rwanda ni rutera igihugu cye ingabo zarwo zizaribwa n’amavubi.

Ati: “U Burundi bufite ingabo, iziboneka n’izitaboneka. U Burundi burarinzwe ndababwiye. Dufite ingabo. Iyo baba babona ibyo mbona. Imana ishobora kuvuga iti ‘mavubi, mugende mu barye’ amavubi akabarya.”

Ibi akaba yarabitangaje nyuma yo gushinja u Rwanda kuba ari rwo ruri inyuma y’ubwicanyi bushingiye ku moko bumaze igihe bubera mu Burundi no muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kugeza ubu ntacyo u Rwanda ruravuga kuri ibi perezida w’u Burundi arushinja.

Gusa, perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yari aheruka gutangaza ko hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo umubano w’ibihugu byombi (u Burundi n’u Rwanda), umaze igihe warazambye wongere ugaruke.

Tags: Ingabo zeNdayishimiyeU BurundiU Rwanda
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se General Kainarugaba Muhoozi, umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba kandi n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, yaburiye abakwiza ibihuha...

Read moreDetails

Madagascar iraramutswa perezida mushya

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Madagascar iraramutswa perezida mushya

Madagascar iraramutswa perezida mushya Colonel Michael Randrianinina ni we wagizwe umukuru w'igihugu cya Madagascar, nyuma y'aho habaye imyigaragambyo igasiga perezida w'iki gihugu Andry Rajoelina agihunze. Ku munsi w'ejo...

Read moreDetails
Next Post
I Fizi: Mai-Mai iri mugahinda gakomeye nyuma yuko uwari umuyobozi wayo aryamiye ukuboko kwa bagabo.

Iby'igitero cyagabwe ku Bilalombili mu Mikenke.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?