• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, December 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

minebwenews by minebwenews
March 25, 2025
in World News
0
Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

You might also like

Netanyahu Yasabye Perezida Herzog Imbabazi Zigamije Guhagarika Urubanza

Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi b’Abanyamerika mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Washington

Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni

Perezida w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayisimiye yatangaje ko afite umugambi wo gutera igihugu cy’u Rwanda, kandi ngo ingabo ze zikagera i Kigali ahazwi nk’umurwa mukuru w’iki gihugu cy’u Rwanda, anagaragaza ko impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite, ngo ni ukubera badasaba Imana ngo ibahishurire ibanga ryazo.

Hari mu kiganiro uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yagiranye n’igitangaza makuru cya BBC.

Muri iki kiganiro perezida w’u Burundi yagize ati: “U Rwanda rwashimye gutera u Burundi ruciye muri Congo, natwe i Kigali si kure duciye mu Kirundo.”
Kirundo akaba ari imwe mu ntara zigize igihugu cy’u Burundi, aho irimo n’umupaka uhuza iki gihugu cy’u Burundi n’u Rwanda.

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yatangaje ibi mu gihe n’ubundi amaze iminsi avuga intambara ku Rwanda.

Bizwi ko iyi ntambara yatangiye kuyivuga mu kwezi kwa mbere ndetse na mbere yaho, ubwo yari kumwe n’abahagariye ibihugu byabo i Bujumbura mu Burundi.

Icyo gihe yavuze ko ashinja u Rwanda kuba rufite umugambi wo gutera igihugu cye, anateguza amahanga ko natagira icyo akora ngo ahagarike u Rwanda ashinja gutera Congo, intambara izahita iba iyarusange.

Mu kwezi gushize, ubwo Ndayisimiye yari yasuye abaturage bo mu ntara ya Kirundo, nabwo yatangaje ko ari gutegura kurwana n’u Rwanda, asaba abaturage be kwitegura kurwana.

Yagize ati: “Mwebwe mwitegure, ntimugire ubwoba, bariya turaziranye. Mu bugesera muraziranye, kuva kungoma ya cyami ntibigeze batunesha, ubu ni bwo badushobora? Mu bibutse muti muzi mu Kirundo aho byavuye?”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi aheruka kandi kumvikana avuga ko u Rwanda rwenda gutera igihugu cye, nibyo yatangaje ubwo yari yitabiriye amasengesho yari yateguwe n’itorero rya Eglise Vision de Jesus Krist, maze agihabwa Ijambo muri ayo masengesho avuga ko nubwo u Rwanda rufite ingabo zikomeye ariko ko ize zizirenze.

Yagize ati: “Ibi barota ngo batera u Burundi njyewe mbifata nk’ibisanzwe. Narumvise bavuga ngo ingabo z’u Rwanda zirakomeye, nti iyo muba muzi nanjye ingabo mfite ba sha! Iyo baba bazi ingabo mfite! Bazimenya gute bataganira n’Imana ngo ibireke ibanga ryazo?

Ndayisimiye kandi yatangaje ko u Rwanda ni rutera igihugu cye ingabo zarwo zizaribwa n’amavubi.

Ati: “U Burundi bufite ingabo, iziboneka n’izitaboneka. U Burundi burarinzwe ndababwiye. Dufite ingabo. Iyo baba babona ibyo mbona. Imana ishobora kuvuga iti ‘mavubi, mugende mu barye’ amavubi akabarya.”

Ibi akaba yarabitangaje nyuma yo gushinja u Rwanda kuba ari rwo ruri inyuma y’ubwicanyi bushingiye ku moko bumaze igihe bubera mu Burundi no muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kugeza ubu ntacyo u Rwanda ruravuga kuri ibi perezida w’u Burundi arushinja.

Gusa, perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yari aheruka gutangaza ko hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo umubano w’ibihugu byombi (u Burundi n’u Rwanda), umaze igihe warazambye wongere ugaruke.

Tags: Ingabo zeNdayishimiyeU BurundiU Rwanda
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Netanyahu Yasabye Perezida Herzog Imbabazi Zigamije Guhagarika Urubanza

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Auto Draft

Netanyahu Yasabye Perezida Herzog Imbabazi Zigamije Guhagarika Urubanza Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yafashe icyemezo gikomeye cyo gusaba Perezida Isaac Herzog kumuha imbabazi zigamije guhagarika urubanza rwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi b’Abanyamerika mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Washington

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi b’Abanyamerika mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Washington

Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi b’Abanyamerika mbere y’isinywa ry’amasezerano ya Washington Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye ku meza abayobozi bakomeye bo mu Nteko Ishinga...

Read moreDetails

Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe – Perezida Museveni

Facebook Igiye Kongera Gukora muri Uganda nyuma y’igihe kirekire Ifunzwe - Perezida Museveni Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko Guverinoma ye iri mu cyiciro cya nyuma...

Read moreDetails

Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya

by Bahanda Bruce
December 1, 2025
0
Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya

Inkongi y’Umuriro Yashegeshe Isoko Rinini i Juba: Ibicuruzwa, Amaduka n’Imidugudu birashya Amakuru aturuka mu Murwa Mukuru wa Sudan y’Epfo, Juba, aravuga ko inkongi y’umuriro yibasiye isoko rinini rya...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye byamenyekanye ko aheruka gusimbuka urupfu

by Bahanda Bruce
November 18, 2025
0
Perezida Ndayishimiye byamenyekanye ko aheruka gusimbuka urupfu

Perezida Ndayishimiye byamenyekanye ko aheruka gusimbuka urupfu Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yarokotse impanuka ikomeye mu ruzinduko yari yagiriye ku kirombe cya zahabu giherereye mu Ntara ya Bujumbura...

Read moreDetails
Next Post
I Fizi: Mai-Mai iri mugahinda gakomeye nyuma yuko uwari umuyobozi wayo aryamiye ukuboko kwa bagabo.

Iby'igitero cyagabwe ku Bilalombili mu Mikenke.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?