• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, December 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida w’umutwe wa M23 yasabye Kinshasa ko aho guhora ibona abavuga ururimi rw’ikinyarwanda nkikibazo muri RDC hubwo yabakura muriki gihugu bakajana n’ubutaka bwabo.

minebwenews by minebwenews
September 16, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutwe wa M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yatanze imburo kubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ko niba idashaka ko abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bitwa abaturage bayo ikwiye kubirukana, gusa bakajyana n’ubutaka bwabo.

You might also like

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Bisimwa yabitangarije mu kiganiro aheruka kugirana na Kivu Press Agency.

Ni ikiganiro cyabaye mu gihe M23 imaze imyaka igera kuri ibiri yubuye imirwano n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC).

Ni imirwano yakuruye umwuka mubi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’abaturage babwo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, ku buryo hari benshi bicwa n’imitwe ikorana na Leta ya Congo nka FDLR abandi bakibasirwa n’imvugo z’urwango.

Bisimwa yavuze ko M23 itazakomeza kurebera buriya bwicanyi.

Yavuze ko iyo urebye ingabo zose Guverinoma yarunze mu mujyi wa Goma, ukareba abacanshuro baturutse mu Burayi bw’Iburasirazuba n’abarwanyi ba FDLR birirwa batembera mu mujyi wa Goma bitwaje intwaro bigaragaza ko Guverinoma ya Congo yiyemeje “gukora intambara ubudahagarara.”

Bisimwa yavuze ko n’abanye-Congo ubwabo bamaze kubona ubushobozi buke bw’abayobozi babo, ku buryo uko iminsi ishira M23 igenda ibona abayishyigikiye benshi imbere mu gihugu.

Yagize ati: “Hari abantu bamwe batwingingira kuva mu byo guhora tugaragaza gusa ibitagenda, tukaba umutwe ugamije impinduramatwara. Hari igihe kizagera tukabyigaho kugira ngo turebe uko twagarura amahoro mu gihugu cyacu.”

Kubera imirwano ya M23, Leta ya Congo imaze igihe igaragaza ko abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda ko atari abaturage nyabo ba kiriya gihugu, bityo ko bakwiye gusubizwa mu Rwanda.

Bisimwa yavuze ko ibyo Congo ivuga yibeshya kuko abavuga Ikinyarwanda batuye ku butaka bariho mbere y’uko Congo ubwayo iba igihugu.

Yavuze ko Isi nta na rimwe yigeze ihakana ko mu Burasirazuba bwa Congo hari abaturage bavuga Ikinyarwanda nk’ururimi rwabo.

Yakomeje agira ati: “Nkuko muri Congo tuvuga Igifaransa ariko tutari Abafaransa, niko dushobora no kuvuga Ikinyarwanda tutari Abanyarwanda, kuko ni ibintu bibiri bitandukanye.”

“Abavuga Ikinyarwanda Batuye ku butaka bwabo, Congo yabayeho ibasanga ku butaka bwabo. Niba uyu munsi ari bwo babambuye ubwenegihugu bwa Congo, babareke bajyane n’ubutaka bwabo. Congo yadusanze iwacu, ni na yo mpamvu Congo igomba gukora byose hamwe natwe.”

Yunzemo ati: “Niba Congo idashaka gukomeza kwitwa Congo mu bice bituwemo n’abavuga Ikinyarwanda, Congo niyo igomba kugenda.”

Bisimwa yavuze ko urwango Leta ya Congo ikomeje kubiba rugamije kugirira nabi abavuga Ikinyarwanda, bikwiriye kuba intabaza ku muryango mpuzamahanga, ko Genoside iri gutegurwa.

By Bruce Bahanda.

Tariki 16/09/2023.

Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by minebwenews
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by minebwenews
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by minebwenews
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by minebwenews
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails
Next Post

Depite Gratien Iracan, yanditse ibaruwa isabisha ko Minisitiri w'intebe muri RDC Michel Sama Lukonde ko y'itaba Urukiko.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?