• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 26, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida w’umutwe wa M23 yasabye Kinshasa ko aho guhora ibona abavuga ururimi rw’ikinyarwanda nkikibazo muri RDC hubwo yabakura muriki gihugu bakajana n’ubutaka bwabo.

minebwenews by minebwenews
September 16, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutwe wa M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yatanze imburo kubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ko niba idashaka ko abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bitwa abaturage bayo ikwiye kubirukana, gusa bakajyana n’ubutaka bwabo.

Bisimwa yabitangarije mu kiganiro aheruka kugirana na Kivu Press Agency.

READ ALSO

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

Ni ikiganiro cyabaye mu gihe M23 imaze imyaka igera kuri ibiri yubuye imirwano n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC).

Ni imirwano yakuruye umwuka mubi hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’abaturage babwo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, ku buryo hari benshi bicwa n’imitwe ikorana na Leta ya Congo nka FDLR abandi bakibasirwa n’imvugo z’urwango.

Bisimwa yavuze ko M23 itazakomeza kurebera buriya bwicanyi.

Yavuze ko iyo urebye ingabo zose Guverinoma yarunze mu mujyi wa Goma, ukareba abacanshuro baturutse mu Burayi bw’Iburasirazuba n’abarwanyi ba FDLR birirwa batembera mu mujyi wa Goma bitwaje intwaro bigaragaza ko Guverinoma ya Congo yiyemeje “gukora intambara ubudahagarara.”

Bisimwa yavuze ko n’abanye-Congo ubwabo bamaze kubona ubushobozi buke bw’abayobozi babo, ku buryo uko iminsi ishira M23 igenda ibona abayishyigikiye benshi imbere mu gihugu.

Yagize ati: “Hari abantu bamwe batwingingira kuva mu byo guhora tugaragaza gusa ibitagenda, tukaba umutwe ugamije impinduramatwara. Hari igihe kizagera tukabyigaho kugira ngo turebe uko twagarura amahoro mu gihugu cyacu.”

Kubera imirwano ya M23, Leta ya Congo imaze igihe igaragaza ko abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda ko atari abaturage nyabo ba kiriya gihugu, bityo ko bakwiye gusubizwa mu Rwanda.

Bisimwa yavuze ko ibyo Congo ivuga yibeshya kuko abavuga Ikinyarwanda batuye ku butaka bariho mbere y’uko Congo ubwayo iba igihugu.

Yavuze ko Isi nta na rimwe yigeze ihakana ko mu Burasirazuba bwa Congo hari abaturage bavuga Ikinyarwanda nk’ururimi rwabo.

Yakomeje agira ati: “Nkuko muri Congo tuvuga Igifaransa ariko tutari Abafaransa, niko dushobora no kuvuga Ikinyarwanda tutari Abanyarwanda, kuko ni ibintu bibiri bitandukanye.”

“Abavuga Ikinyarwanda Batuye ku butaka bwabo, Congo yabayeho ibasanga ku butaka bwabo. Niba uyu munsi ari bwo babambuye ubwenegihugu bwa Congo, babareke bajyane n’ubutaka bwabo. Congo yadusanze iwacu, ni na yo mpamvu Congo igomba gukora byose hamwe natwe.”

Yunzemo ati: “Niba Congo idashaka gukomeza kwitwa Congo mu bice bituwemo n’abavuga Ikinyarwanda, Congo niyo igomba kugenda.”

Bisimwa yavuze ko urwango Leta ya Congo ikomeje kubiba rugamije kugirira nabi abavuga Ikinyarwanda, bikwiriye kuba intabaza ku muryango mpuzamahanga, ko Genoside iri gutegurwa.

By Bruce Bahanda.

Tariki 16/09/2023.

Related Posts

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo
Uncategorized

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo

August 14, 2026
RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho
Uncategorized

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

July 29, 2026
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara
Uncategorized

Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

July 25, 2026
Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego
Uncategorized

Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego

July 22, 2026
Tshisekedi Yatangaje Ikiganiro Cyagutse Kizahuza Abanyekongo Bose: Dore Ibyamaze Kwemezwa, Ibigiye Gukorwa n’Ibizagenderwaho
Uncategorized

Les raisons du report de la visite du Président Tshisekedi à New York ont été révélées

July 20, 2026
BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki
Uncategorized

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

June 9, 2026
Next Post

Depite Gratien Iracan, yanditse ibaruwa isabisha ko Minisitiri w'intebe muri RDC Michel Sama Lukonde ko y'itaba Urukiko.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • “Umwanzi Twamukuyeho Ibikoresho Byinshi”: Umusirikare wa MRDP-Twirwaneho Yatanze Ubuhamya Bukomeye ku Mirwano ku Ndondo
  • Washington Accords: Amahoro, Amabuye y’Agaciro n’Inyungu za Amerika — Ni Iki Cyamaze Kugerwaho? Byinshi mu Isesengura
  • RDC: Ese amasezerano ya Montreux azahindura ubuzima bw’abaturage? ONU itanze umuburo ukomeye
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?