Qatar Yiyemeje Gukomeza Gushyigikira Amasezerano ya Washington Hagati ya RDC n’u Rwanda
Leta ya Qatar yongeye kwemeza ko izakomeza kugira uruhare rugaragara mu gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano mashya ya Washington hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda, agamije kugarura amahoro arambye mu burasirazuba bwa RDC no kongerera imbaraga iterambere rirambye mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Dr Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al Khulaifi, wari uhagarariye igihugu cye mu muhango wo gusinya amasezerano yabereye i Washington D.C ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar nyuma y’isinywa ry’aya masezerano, iki gihugu cyavuze ko amasezerano ya Washington ari “intambwe ikomeye mu rugendo rwo kugarura amahoro arambye, kurinda abasivili no guteza imbere imibereho myiza” mu bice byashegeshwe n’intambara mu burasirazuba bwa RDC.
Dr Al Khulaifi yagize ati:
“Ikiganiro ni ryo shingiro ry’amahoro arambye. Qatar izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bo mu karere no ku rwego mpuzamahanga mu gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yose yagezweho.”
Yibukije ko iyi ntambwe yubakiye ku rugendo rwa dipolomasi Qatar imaze imyaka ibiri ikurikirana, harimo:
Amasezerano ya Washington yo ku itariki ya 27/06/2025, amasezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23 yo ku itariki ya 15/11/2025, amasezerano ya Doha ashimangira inzira yo gusubiza ububasha bw’igihugu, gushyigikira ibikorwa by’ubutabazi no gufasha mu nzira y’amahoro hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa AFC/M23.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, ni we wayoboye umuhango wo gusinya amasezerano ya Washington hagati ya Perezida Félix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame.
Leta ya Amerika yatangaje ko ayo masezerano afungura “ishyirwaho ry’amateka mashya y’ubufatanye, mu rwego rwo kurangiza imyaka myinshi y’intambara no kubaka umusingi mushya w’iterambere n’ubutwererane.”
Amasezerano ya Washington ateganya: Gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington ku itariki ya 27/06/2025.
Gushyiraho ihuriro rishya ry’iterambere rishingiye ku bukungu bw’akarere.
Kongera ishoramari ry’abikorera bo muri Amerika no kwagura ubucuruzi mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Guteza imbere ikoreshwa rirambye ry’umutungo kamere wa RDC.
Gushyigikira gahunda z’ibihugu byo mu karere mu kubaka amahoro n’imibereho myiza.
Iyi gahunda ishyigikiwe n’abakuru b’ibihugu bya Togo, Angola, Kenya, u Burundi, Uganda, n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, hamwe n’abahuza barimo Qatar na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Amasezerano ya Washington: areba ubufatanye bwa politiki n’ubukungu hagati ya RDC n’u Rwanda.
Amasezerano ya Doha: yibanda ku mubano wihariye hagati ya Leta ya RDC n’umutwe wa AFC/M23.
Mu butumwa bwa dipolomasi bwashyikirijwe ibitangazamakuru byo muri Qatar, Dr Al Khulaifi yashimiye Perezida Trump n’abafatanyabikorwa b’Amerika “kubw’umurava n’ubwitange bigamije kongera amahirwe yo kugarura amahoro binyuze mu biganiro.”
Isinywa ry’amasezerano ya Washington rifatwa nk’indi ntambwe yo gushyira RDC n’u Rwanda mu cyerekezo gishya cy’amahoro n’iterambere. Qatar ikomeje kwiyerekana nk’umufatanyabikorwa ukomeye muri dipolomasi yo mu karere.
Ariko inzira yo gushyira mu bikorwa aya masezerano ni yo izerekana niba izi mbaraga nshya z’ibihugu bikomeye bishobora guhindura isura y’umutekano n’iterambere mu burasirazuba bwa RDC, akarere kamaze imyaka irenga makumyabiri kibasiwe n’intambara.






