RDC: Amakuru avuga ku musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe.
Sous-Lieutenant Innocent Muhuza wo mu bwoko bw’Abanyamulenge wari umwe mu basirikare ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, basanze aho yiciwe mu bice byo muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe Abanyamulenge, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.
Ni amakuru akubiye mu butumwa bw’amajwi aho ahamya ko Muhuza wari umusirikare wa FARDC yishwe atemaguwe n’abandi basirikare, nyuma y’uko babanje ku mwita “Umunyarwanda.”
Ubutumwa bw’amajwi buvuga aya makuru bugira buti: “Muhuza baramwishe. Igitangaje baramutemaguye nkakurya batemagura igitoki. Barimo bambwita Umunyarwanda.”
Ni ubutumwa buvuga ko uyu musirikare wa FARDC wo mu bwoko bw’Abanyamulenge yiciwe i Luvungi mu gace gaherereye mu Kibaya cya Rusizi ho muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ati: “Twasanze aho bamutemaguriye hano i Luvungi mu Kibaya cya Rusizi. Bamwishe ku cyumweru, ariko twatoye umurambo we ku wa kabiri.”
Uyu musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe Abanyamulenge, ni mwene Burayi ni uwo munzu y’Abasinzira ba Bayira.
Yarasanzwe akorera i Luvungi, akaba yarabarizwaga muri bataillon yitwa Cadre.
Si ubwa mbere Abanyamulenge bari mu gisirikare cya RDC bicwa bazira inkomoko yabo, kuko ibyo byatangiye kuva mu mwaka wa 1998, ubwo i Kinshasa hicirwaga abasirikare barenga ijana.
Ibyo byagiye bigaragara na nyuma y’aho, ndetse ubu muri iyi myaka yavuba byongeye gufata indi ntera.
Benshi muri abo bicishijwe imihoro, abandi bagatwikwa, ndetse abandi bagahambwa babona. Byagaragaye i Fizi, Goma, Kamituga, Salamabila n’ahandi.