Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

RDC: Amakuru avuga ku musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 20, 2025
in Conflict & Security
0
RDC: Amakuru avuga ku musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC: Amakuru avuga ku musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe.

You might also like

CONGOLESE SOLDIER KILLED AND DISMEMBERED BY COMRADES OVER BANYAMULENGE ETHNICITY

Haravugwa igitero cyerekeje mu Minembwe.

Mu Bijombo haravugwa imirwano.

Sous-Lieutenant Innocent Muhuza wo mu bwoko bw’Abanyamulenge wari umwe mu basirikare ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, basanze aho yiciwe mu bice byo muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe Abanyamulenge, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ni amakuru akubiye mu butumwa bw’amajwi aho ahamya ko Muhuza wari umusirikare wa FARDC yishwe atemaguwe n’abandi basirikare, nyuma y’uko babanje ku mwita “Umunyarwanda.”

Ubutumwa bw’amajwi buvuga aya makuru bugira buti: “Muhuza baramwishe. Igitangaje baramutemaguye nkakurya batemagura igitoki. Barimo bambwita Umunyarwanda.”

Ni ubutumwa buvuga ko uyu musirikare wa FARDC wo mu bwoko bw’Abanyamulenge yiciwe i Luvungi mu gace gaherereye mu Kibaya cya Rusizi ho muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ati: “Twasanze aho bamutemaguriye hano i Luvungi mu Kibaya cya Rusizi. Bamwishe ku cyumweru, ariko twatoye umurambo we ku wa kabiri.”

Uyu musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe Abanyamulenge, ni mwene Burayi ni uwo munzu y’Abasinzira ba Bayira.

Yarasanzwe akorera i Luvungi, akaba yarabarizwaga muri bataillon yitwa Cadre.

Si ubwa mbere Abanyamulenge bari mu gisirikare cya RDC bicwa bazira inkomoko yabo, kuko ibyo byatangiye kuva mu mwaka wa 1998, ubwo i Kinshasa hicirwaga abasirikare barenga ijana.
Ibyo byagiye bigaragara na nyuma y’aho, ndetse ubu muri iyi myaka yavuba byongeye gufata indi ntera.

Benshi muri abo bicishijwe imihoro, abandi bagatwikwa, ndetse abandi bagahambwa babona. Byagaragaye i Fizi, Goma, Kamituga, Salamabila n’ahandi.

Tags: Bagenzi beFardcLuvungiMuhuzayishwe
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

CONGOLESE SOLDIER KILLED AND DISMEMBERED BY COMRADES OVER BANYAMULENGE ETHNICITY

by Bruce Bahanda
June 20, 2025
0
RDC: Amakuru avuga ku musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe.

CONGOLESE SOLDIER KILLED AND DISMEMBERED BY COMRADES OVER BANYAMULENGE ETHNICITY Lieutenant Innocent Muhuza, a member of the Banyamulenge ethnic group and a soldier in the Democratic Republic of...

Read moreDetails

Haravugwa igitero cyerekeje mu Minembwe.

by Bruce Bahanda
June 20, 2025
0
I Mulenge: Herekanwe imbunda iheruka gufatwa ibabaza Wazalendo.

Haravugwa igitero cyerekeje mu Minembwe. Amakuru aturuka mu Minembwe muri Kivu y'Amajyepfo, avuga ko hari igitero kiherekeje gituruse kwa Mulima ho muri teritware ya Fizi hagenzurwa n'ihuriro ry'ingabo...

Read moreDetails

Mu Bijombo haravugwa imirwano.

by Bruce Bahanda
June 20, 2025
0
Mu Bijombo haravugwa imirwano.

Mu Bijombo haravugwa imirwano. Amakuru aturuka ku Ndondo ya Bijombo muri teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko habaye imirwano kandi ko irimo kumvikanamo urusaku...

Read moreDetails

Haravugwa imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na FARDC n’abambari bayo.

by Bruce Bahanda
June 19, 2025
0
AFC/M23 yabohoje akandi gace muri Kivu y’Epfo.

Haravugwa imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na FARDC n'abambari bayo. Mu duce dutandukanye two muri Kivu y'Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, haravugwa imirwano ikomeye...

Read moreDetails

Urujijo ku ngabo z’u Burundi za hurutse mu Bibogobogo.

by Bruce Bahanda
June 19, 2025
0
Abasirikare b’u Burundi bongeye guhemukira Abanyamulenge bari baherekeje.

Urujijo ku ngabo z'u Burundi za hurutse mu Bibogobogo. Abasirikare bagera kuri 300 b'u Burundi, baheruka kugera ku butaka bwa Bibogobogo, amakuru yabo ntavugwaho rumwe nabose. Umusibo ejo...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n'ingaruka zaterwa n'intambara ya Israel na Iran.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?