RDC ikomeje kunaniza AFC/M23 ku bijyanye n’ibiganiro bya Qatar.
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, ryagaragaje ko ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo bukomeje kuri naniza kubijyanye n’ibiganiro by’i Doha muri Qatar.
Mu biganiro byabereye i Doha muri Qatar kuva mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2025, impande zombi zasabwe gufata ingamba zirema icyizere, zishimangira ko zifuza gukemura amakimbirane zifitanye kugira ngo amahoro aboneke.
Iri huriro rya AFC/M23 ryarabyubahirije mu kwezi kwa kane mu ntangiriro zako, rikura abarwanyi baryo muri centre ya Walikale no mu bice bihana imbibi. Usibye ko ryateguje ingabo za Congo ko nizongera kubagabaho ibitero, izongera kuyifata.
AFC/M23, ibinyujije kuri Qatar, yasabye Leta y’i Kinshasa ko na yo yafungura abantu barimo abanyapolitiki n’abasirikare bafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko bashinjwa gukorana na yo cyangwa kuba abanyamuryango.
Amakuru avuga ko AFC/M23 yahaye Qatar urutonde rw’abantu barenga 700 bafunzwe na Leta y’i Kinshasa bagombaga gufungurwa, ariko nta n’umwe muri bo wafumguwe.
Leta ya Congo yagaragaje ko yafunguye abantu batanu barimo umudepite wo mu ntara ya Hau-Uele, ariko AFC/M23 ivuga ko abo batari ku rutonde rwabo yasabye ko bafungurwa.
Abafunguwe ni abahoze bakorana n’uwahoze ari guverineri wa Haut-Uele akaba na murumuna wa Corneille Nangaa uyoboye AFC/M23, Christopher Baseane Nangaa.
Uyu yari aheruka guhungira muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu mu gihe yakekwagaho gukorana na Nangaa umuvandimwe we. Akaba yarahoze mu ihuriro rya Union sacree riri ku butegetsi bwa Congo.
Kurema icyizere mu ngamba z’ubwumvikane hagati ya RDC n’ihuriro rya AFC/M23, kuko ni kimwe mu byingenzi byari bikwiye gushingirwaho mu gutunganya inyandiko ihuriweho n’impande zombi.
Amakuru avuga ko nyuma y’icyumweru intumwa za AFC/M23 ziri i Doha, zamaze kuvayo kandi ko zitigeze zishyira umukono ku nyandiko ihuriweho, bitewe nuko Leta y’i Kinshasa yanze kubahiriza icyifuzo cyayo.