• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.

minebwenews by minebwenews
July 30, 2025
in Regional Politics
0
RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.

You might also like

Bikanganye perezida w’u Burundi yasabwe kuvana Ingabo ze muri RDC

U Burayi bwari bwihaye kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda bwahawe igisubizo gikakaye

U Rwanda mu magambo akarishye rwasubije RDC irushinja kuryanisha Wazalendo na FARDC

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikwiye kugaragaza ubushake bwo kurandura umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Nduhungirehe, ibi yabivugiye mu nteko rusange y’umutwe w’abadepite yateranye i Kigali mu Rwanda ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 29/07/2025.

Ni mu gihe basuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, yashyiriweho umukono i Washington DC tariki ya 27/06/2025.

Nduhungirehe ni nawe wari uhagarariye Leta muri iyi nteko rusange, yagaragaje impamvu uyu mushinga w’itegeko ukwiye kwemezwa, avuga ko ari uko u Rwanda rwishimiye ko wakwihutishwa mu gushyirwa mu bikorwa.

Yabwiye abadepite ko aya masezerano yasinyiwe muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, nk’igihugu cyagize uruhare mu isinywa ryayo ifashijwe na Qatar, ndetse n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

Yagize ati: “Aya masezerano ni intambwe ikomeye mu kugarura amahoro, umutekano ndetse n’icyizere hagati y’u Rwanda na RDC.”

Yunzemo ko aya masezerano yasinywe akubiyemo ibice bine birimo umutekano, ubukungu, politiki ndetse n’ibikorwa bireba kugarura impunzi mu byazo ndetse n’abavanywe mu byabo n’intambara.

Yavuze kandi ko mu byemeranyijweho na RDC n’u Rwanda, harimo no gushyigikira ibiganiro by’amahoro hagati ya RDC n’umutwe wa AFC/M23.

Ubundi kandi yagaragaje ko aya masezerano afitiye inyungu impande zombi, bityo inteko ishinga amategeko ya kwemeza umushinga w’itegeko kandi bigakorwa bitanyuze muri komisiyo, kuko ari umushinga w’itegeko wihutirwa.

Ati: “Ntidushidikanya ko amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda yasinyiwe i Washington DC, ari amasezerano y’ingirakamaro ku mpande zombi no ku gihugu cyacu by’umwihariko.”

Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki ya 16/07/2025, ni yo yemeje umushinga w’itegeko ryo kwemeza burundu amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda.

Nyamara nubwo u Rwanda rufite icyizere ko aya masezerano azubahirizwa, ariko kandi ngo rufite n’impungenge kuko ibiri kubera muri RDC, bitandukanye n’ibiyakubuyemo.

Muri iki kiganiro, umudepite yabajije Nduhungirehe impamvu u Rwanda rubuzwa gushyiraho ingamba z’ubwirinzi, ngo kandi n’umuturage iyo yubatse inzu ye aba akwiye gushyiraho n’igipangu cyangwa ubundi buryo bwo kwirinda.

Amusubiza ko u Rwanda rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi zishingiye ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR, ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yongeraho ko RDC ikwiye kugaragaza ubushake bwa politiki mu kurandura uyu mutwe wa FDLR.

Yanasobanuye ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho, zabikoze zigamije gukumira umugambi wa jenocide yakorewe Abatutsi, ufitwe n’umutwe wa FDLR kandi ushyigikiwe na Leta y’i Kinshasa.

Yavuze kandi ko kurandura uyu mutwe bitoroshye, ngo kubera ko winvanze n’ingabo za RDC, ariko ko ku wurandura bya burundu bizaturuka kubushake bwayo, kugira ngo udakomeza guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi ko iyi ngingo yo ku wurandura ikwiye kwitabwaho kuko biri mu bikubiye mu masezerano.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze kandi ko kuba ambasade y’u Rwanda muri RDC yaratwitswe, bigakorwa na Leta y’i Kinshasa amahanga arebera ntihagire ababyamagana, biri mu byo u Rwanda rwasabye ko ruhabwa icyizere cy’uko bitazongera.

Nyuma y’ibi biganiro inteko rusange y’umutwe w’abadepite batoye uyu mushinga w’itegeko, ndetse bemeza ingingo zose ziwugize.

Tags: FDLRkuranduraRdcRwandaUbushake
Share28Tweet18Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Bikanganye perezida w’u Burundi yasabwe kuvana Ingabo ze muri RDC

by Bahanda Bruce
September 14, 2025
0
Bikanganye perezida w’u Burundi yasabwe kuvana Ingabo ze muri RDC

Bikanganye perezida w'u Burundi yasabwe kuvana Ingabo ze muri RDC Umukuru w'ishyaka rya CNDD mu Burundi, Leonard Nyangoma, yaburiye ubutegetsi bw'iki gihugu cyabo, gucyura Ingabo bwohereje mu ntambara...

Read moreDetails

U Burayi bwari bwihaye kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda bwahawe igisubizo gikakaye

by Bahanda Bruce
September 13, 2025
0
U Burayi bwari bwihaye kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda bwahawe igisubizo gikakaye

U Burayi bwari bwihaye kwivanga mu miyoborere y'u Rwanda bwahawe igisubizo gikakaye U Rwanda rwakuriye inzira ku murima inteko ishinga amategeko y'umuryango w'ubumwe bw'u Burayi yarusabye kurekura Ingabire...

Read moreDetails

U Rwanda mu magambo akarishye rwasubije RDC irushinja kuryanisha Wazalendo na FARDC

by Bahanda Bruce
September 12, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda mu magambo akarishye rwasubije RDC irushinja kuryanisha Wazalendo na FARDC Guverinoma y'u Rwanda yamaganye ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bushinja ingabo zarwo kuryanisha Wazalendo...

Read moreDetails

AFC/M23 bwa mbere itumijwe mu biganiro by’umuryango ukomeye ku isi

by Bahanda Bruce
September 11, 2025
0
AFC/M23 ivuze ku bya Uvira ni cyihutirwa kuri yo

AFC/M23 bwa mbere itumijwe mu biganiro by'umuryango ukomeye ku isi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo,...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails
Next Post
Umurundi yishe umugore we n’abandi bari kumwe mu nzu.

Umurundi yishe umugore we n'abandi bari kumwe mu nzu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?