• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, February 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.

minebwenews by minebwenews
July 30, 2025
in Regional Politics
0
RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC irasabwa kugaragaza ubushake bwo kurandura FDLR.

You might also like

MONUSCO Yakiriye Intumwa za MCVE+ i Goma mu Rwego rwo Gukurikirana Ihagarikwa ry’Imirwano

Perezida Trump Yongeye Kuvuga ku Ntambara Ibera muri RDC

Iby’Ingabo n’Indege z’Intambara za Angola Zoherejwe Byeruye mu Ntambara yo muri RDC n’Ibice Zoherejwemo

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikwiye kugaragaza ubushake bwo kurandura umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Nduhungirehe, ibi yabivugiye mu nteko rusange y’umutwe w’abadepite yateranye i Kigali mu Rwanda ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 29/07/2025.

Ni mu gihe basuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, yashyiriweho umukono i Washington DC tariki ya 27/06/2025.

Nduhungirehe ni nawe wari uhagarariye Leta muri iyi nteko rusange, yagaragaje impamvu uyu mushinga w’itegeko ukwiye kwemezwa, avuga ko ari uko u Rwanda rwishimiye ko wakwihutishwa mu gushyirwa mu bikorwa.

Yabwiye abadepite ko aya masezerano yasinyiwe muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, nk’igihugu cyagize uruhare mu isinywa ryayo ifashijwe na Qatar, ndetse n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

Yagize ati: “Aya masezerano ni intambwe ikomeye mu kugarura amahoro, umutekano ndetse n’icyizere hagati y’u Rwanda na RDC.”

Yunzemo ko aya masezerano yasinywe akubiyemo ibice bine birimo umutekano, ubukungu, politiki ndetse n’ibikorwa bireba kugarura impunzi mu byazo ndetse n’abavanywe mu byabo n’intambara.

Yavuze kandi ko mu byemeranyijweho na RDC n’u Rwanda, harimo no gushyigikira ibiganiro by’amahoro hagati ya RDC n’umutwe wa AFC/M23.

Ubundi kandi yagaragaje ko aya masezerano afitiye inyungu impande zombi, bityo inteko ishinga amategeko ya kwemeza umushinga w’itegeko kandi bigakorwa bitanyuze muri komisiyo, kuko ari umushinga w’itegeko wihutirwa.

Ati: “Ntidushidikanya ko amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda yasinyiwe i Washington DC, ari amasezerano y’ingirakamaro ku mpande zombi no ku gihugu cyacu by’umwihariko.”

Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki ya 16/07/2025, ni yo yemeje umushinga w’itegeko ryo kwemeza burundu amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda.

Nyamara nubwo u Rwanda rufite icyizere ko aya masezerano azubahirizwa, ariko kandi ngo rufite n’impungenge kuko ibiri kubera muri RDC, bitandukanye n’ibiyakubuyemo.

Muri iki kiganiro, umudepite yabajije Nduhungirehe impamvu u Rwanda rubuzwa gushyiraho ingamba z’ubwirinzi, ngo kandi n’umuturage iyo yubatse inzu ye aba akwiye gushyiraho n’igipangu cyangwa ubundi buryo bwo kwirinda.

Amusubiza ko u Rwanda rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi zishingiye ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR, ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yongeraho ko RDC ikwiye kugaragaza ubushake bwa politiki mu kurandura uyu mutwe wa FDLR.

Yanasobanuye ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho, zabikoze zigamije gukumira umugambi wa jenocide yakorewe Abatutsi, ufitwe n’umutwe wa FDLR kandi ushyigikiwe na Leta y’i Kinshasa.

Yavuze kandi ko kurandura uyu mutwe bitoroshye, ngo kubera ko winvanze n’ingabo za RDC, ariko ko ku wurandura bya burundu bizaturuka kubushake bwayo, kugira ngo udakomeza guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi ko iyi ngingo yo ku wurandura ikwiye kwitabwaho kuko biri mu bikubiye mu masezerano.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze kandi ko kuba ambasade y’u Rwanda muri RDC yaratwitswe, bigakorwa na Leta y’i Kinshasa amahanga arebera ntihagire ababyamagana, biri mu byo u Rwanda rwasabye ko ruhabwa icyizere cy’uko bitazongera.

Nyuma y’ibi biganiro inteko rusange y’umutwe w’abadepite batoye uyu mushinga w’itegeko, ndetse bemeza ingingo zose ziwugize.

Tags: FDLRkuranduraRdcRwandaUbushake
Share28Tweet18Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

MONUSCO Yakiriye Intumwa za MCVE+ i Goma mu Rwego rwo Gukurikirana Ihagarikwa ry’Imirwano

by Bahanda Bruce
February 25, 2026
0
MONUSCO Yakiriye Intumwa za MCVE+ i Goma mu Rwego rwo Gukurikirana Ihagarikwa ry’Imirwano

MONUSCO Yakiriye Intumwa za MCVE+ i Goma mu Rwego rwo Gukurikirana Ihagarikwa ry’Imirwano Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25/02/2026, mu mujyi wa Goma, Intumwa z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe...

Read moreDetails

Perezida Trump Yongeye Kuvuga ku Ntambara Ibera muri RDC

by Bahanda Bruce
February 25, 2026
0
Perezida Trump Yongeye Kuvuga ku Ntambara Ibera muri RDC

Perezida Trump Yongeye Kuvuga ku Ntambara Ibera muri RDC Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushyira intambara yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read moreDetails

Iby’Ingabo n’Indege z’Intambara za Angola Zoherejwe Byeruye mu Ntambara yo muri RDC n’Ibice Zoherejwemo

by Bahanda Bruce
February 24, 2026
0
Iby’Ingabo n’Indege z’Intambara za Angola Zoherejwe Byeruye mu Ntambara yo muri RDC n’Ibice Zoherejwemo

Iby’Ingabo n’Indege z’Intambara za Angola Zoherejwe Byeruye mu Ntambara yo muri RDC n’Ibice Zoherejwemo Igihugu cya Angola cyinjiye ku mugaragaro mu ntambara ibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Amakuru Mashya ku Myiteguro ya Perezida Tshisekedi yo Kwakira Abanyarwanda Barimo Kayumba Nyamwasa

by Bahanda Bruce
February 24, 2026
0
Amakuru Mashya ku Myiteguro ya Perezida Tshisekedi yo Kwakira Abanyarwanda Barimo Kayumba Nyamwasa

Amakuru Mashya ku Myiteguro ya Perezida Tshisekedi yo Kwakira Abanyarwanda Barimo Kayumba Nyamwasa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ari mu myiteguro yo...

Read moreDetails

“FDLR Ikiriho ni Inkingi y’Imvugo z’Urwango mu Karere k’Ibiyaga Bigari” – Minisitiri Nduhungirehe

by Bahanda Bruce
February 24, 2026
0
“FDLR Ikiriho ni Inkingi y’Imvugo z’Urwango mu Karere k’Ibiyaga Bigari” – Minisitiri Nduhungirehe

“FDLR Ikiriho ni Inkingi y’Imvugo z’Urwango mu Karere k’Ibiyaga Bigari” – Minisitiri Nduhungirehe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko imvugo zibiba urwango n’ingengabitekerezo...

Read moreDetails
Next Post
Umurundi yishe umugore we n’abandi bari kumwe mu nzu.

Umurundi yishe umugore we n'abandi bari kumwe mu nzu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?