RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.
Repubulika ya demokarasi ya Congo, igiye gutangira kuburanisha Joseph Kabila wahoze ari perezida w’iki gihugu.
Byatangajwe n’urukiko rwa gisirikare kuri uyu wa gatanu tariki ya 25/07/2025, aho ndetse ngo rushobora kuzamukatira urwo gupfa mu gihe yohamwa nibyo ashinjwa.
RDC ishinja Kabila ibyaha birimo ubugambanyi, iby’intambara, ibyibasira inyokomuntu ndetse no kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi.
Ibi byaha, RDC yatangiye kubyegeka kuri Kabila nyuma y’aho mu kwezi kwa kane uyu mwaka yatangaje ko agiye kuva mu buhungiro yarimo muri Afrika y’Epfo.
Mukuvayo, yahise yerekeza i Goma mu Burasirazuba bwa Congo hagenzurwa na AFC/M23 kuva mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025.
Kabila kimwe na AFC/M23 bahuriye ku mugambi wo gushyira iherezo ryanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi bita ubw’igitugu, ndetse kandi babushinja kuba ari bwo nyiribayazana w’uruhurirane byugarije iki gihugu.
Kabila agiye kuburanishwa mu gihe Sena iheruka kumwambura ubudahangarwa yari afite bwo kuba umusenateri ubuzima bwe bwose.
Mu gihe yohamwa n’ibyaha aregwa, byitezwe ko urukiko rwa gisirikare rwahita rumukatira gufungwa ubuzima bwe bwose.
Gusa, ibiganiro uyu mutwe wa M23 urimo na Leta y’i Kinshasa i Doha muri Qatar, wasabye ko kiriya gihano cyafatiwe abayobozi bawo cyakurwaho.