• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, August 18, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC ngo yaba yaraguye mu mutego ku masezerano yasinyiye Amerika?

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 1, 2025
in Regional Politics
0
Ibyimbitse ku masezerano u Rwanda na RDC byasinyanye.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC ngo yaba yaraguye mu mutego ku masezerano yasinyiye Amerika?

You might also like

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda byashyize umukono ku masezerano y’amahoro bigizwemo uruhare na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Kinshasa yiyemeza gusenya burundu umutwe wa FDLR byakorana byahafi mu gihe cy’amezi atatu gusa.

Aya masezerano yiswe aya mateka impande zombi zayasinye ku itariki ya 27/06/2025, ubwo zari i Washington DC.

Nyuma yisinywa ryariya masezerano hagomba gukurikiraho intambwe yo gushyiraho uburyo ibihugu byombi bihuza ibikorwa. Ubu buryo buzakorana na komite ishinzwe gukurikirana ihuriweho izaba inarimo umuryango wa Afrika Yunze ubumwe (Au), Amerika, Qatar. Inama yayo ya mbere igomba kuba bitarenze ku itariki ya 11/07/2025.

Hari ibintu bibiri byihutirwa RDC igomba gukemura mbere y’ibindi ni uko irandura burundu umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ukaba unarwanya Leta y’i Kigali. Kandi ku wurandura bigakorwa mu mezi atarenze atatu, aha rero ni ho iki gihugu bigaragara ko cyishyize mubyo kidashobora gukemura vuba.

Mu gusenya FDLR, hazaba harimo icyiciro cya mbere cy’imyiteguro kizamara ibyumweru bibiri, bivuze ko bagomba kumenya ahantu hose aba barwanyi baherereye no gusangira amakuru hagati y’impande zombi zirebwa n’iki kibazo(u Rwanda na RDC).

Hanyuma, ibikorwa bizatangira, maze mu mezi atatu hazaba guhagarika abo barwanyi no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda. Aha, hazakurikira operation ihuriweho ya FARDC na RDF yo izaba igamije gusuzuma neza ko RDC yamazeho burundu bariya barwanyi bo muri FDLR.

Ku kibazo cy’ubukungu, hateganyijwe indi gahunda. Kuko tariki ya 27/09/2025, hari gahunda yo guhuza ubukungu mu karere igomba gutangazwa. Ikigamijwe ni ugushimangira ubufatanye ku mutungo kamere, ubucuruzi, n’ishoramari ryambukiranya imipaka.

Nyamara ni ubwo biruko, ariko umutwe wa M23 ntabwo wigeze utumirwa muri ibi biganiro, mu gihe mu mpera za 2021 no mu ntangiriro za 2022 wongeye kubura intwaro mu Burasizuba bwa Congo, wigarurira uduce twinshi two mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Bizwi ko ikibazo cy’uyu mutwe cyoherejwe i Doha muri Qatar, aho ibiganiro bikomeje kandi bikaba bigamije kugera ku bw’umvikane hagati y’impande zombi.

Umwe mu Banye-Congo uyoboye institute Ebuteli iherereye i Kinshasa, ari we Pierre Boisselet aganira n’itangazamakuru mpuzamahanga yasobanuye ko amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda n’iki gihugu cye atari ukuvuga ngo byanze bikunze ni yo azageza ku iherezo amakimbirane akirimo nubwo muri aya mezi ashize hagaragaye igisa n’umutuzo.

Uyu yagize ati: “M23 yarushijeho kwiyubaka bundi bushya kurusha muri 2013. Kandi n’ahantu igenzura ni ahingenzi harantekanye. Binagaragara ko itoza ingabo zayo cyane, kuko aho zirwanye hose zirahafata.”

Igisigaye RDC ihanzwe amaso niba izashobora gusenya FDLR, ibyo yiyemeje i Washington, kimwecyo bigaragara ko kwitandukanya kwayo n’uyu mutwe bitazabyorohera namba. Ubundi kandi hategerejwe ikizava mu biganiro by’i Doha hagati ya RDC n’uyu mutwe wa M23.

Tags: AmasezeranoRdcRwandaUmutego
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

by Bruce Bahanda
August 17, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n'u mutwe wa FDLR. U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, rwatangaje ko ibikorwa by'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ruruteye inkenke...

Read moreDetails

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Abanyamulenge bagiye kwibuka ku nshuro ya 21 ababo baguye mu Gatumba.

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho. Mu muhango wo kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba mu mwaka wa 2004 mu gihugu cy'u Burundi bavuze ko basanga...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

Perezida Trump ngo akwiye igihembo cy'amahoro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?