• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, December 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC ngo yaba yaraguye mu mutego ku masezerano yasinyiye Amerika?

minebwenews by minebwenews
July 1, 2025
in Regional Politics
0
Ibyimbitse ku masezerano u Rwanda na RDC byasinyanye.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC ngo yaba yaraguye mu mutego ku masezerano yasinyiye Amerika?

You might also like

Udushya Twaranze Isinywa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati ya Kagame na Tshisekedi i Washington

Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka

Amateka Yanditswe i Washington: Perezida Kagame na Tshisekedi Basinye Amasezerano y’Amahoro Yari Ategerejwe n’Isi Yose

Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda byashyize umukono ku masezerano y’amahoro bigizwemo uruhare na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Kinshasa yiyemeza gusenya burundu umutwe wa FDLR byakorana byahafi mu gihe cy’amezi atatu gusa.

Aya masezerano yiswe aya mateka impande zombi zayasinye ku itariki ya 27/06/2025, ubwo zari i Washington DC.

Nyuma yisinywa ryariya masezerano hagomba gukurikiraho intambwe yo gushyiraho uburyo ibihugu byombi bihuza ibikorwa. Ubu buryo buzakorana na komite ishinzwe gukurikirana ihuriweho izaba inarimo umuryango wa Afrika Yunze ubumwe (Au), Amerika, Qatar. Inama yayo ya mbere igomba kuba bitarenze ku itariki ya 11/07/2025.

Hari ibintu bibiri byihutirwa RDC igomba gukemura mbere y’ibindi ni uko irandura burundu umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ukaba unarwanya Leta y’i Kigali. Kandi ku wurandura bigakorwa mu mezi atarenze atatu, aha rero ni ho iki gihugu bigaragara ko cyishyize mubyo kidashobora gukemura vuba.

Mu gusenya FDLR, hazaba harimo icyiciro cya mbere cy’imyiteguro kizamara ibyumweru bibiri, bivuze ko bagomba kumenya ahantu hose aba barwanyi baherereye no gusangira amakuru hagati y’impande zombi zirebwa n’iki kibazo(u Rwanda na RDC).

Hanyuma, ibikorwa bizatangira, maze mu mezi atatu hazaba guhagarika abo barwanyi no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda. Aha, hazakurikira operation ihuriweho ya FARDC na RDF yo izaba igamije gusuzuma neza ko RDC yamazeho burundu bariya barwanyi bo muri FDLR.

Ku kibazo cy’ubukungu, hateganyijwe indi gahunda. Kuko tariki ya 27/09/2025, hari gahunda yo guhuza ubukungu mu karere igomba gutangazwa. Ikigamijwe ni ugushimangira ubufatanye ku mutungo kamere, ubucuruzi, n’ishoramari ryambukiranya imipaka.

Nyamara ni ubwo biruko, ariko umutwe wa M23 ntabwo wigeze utumirwa muri ibi biganiro, mu gihe mu mpera za 2021 no mu ntangiriro za 2022 wongeye kubura intwaro mu Burasizuba bwa Congo, wigarurira uduce twinshi two mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Bizwi ko ikibazo cy’uyu mutwe cyoherejwe i Doha muri Qatar, aho ibiganiro bikomeje kandi bikaba bigamije kugera ku bw’umvikane hagati y’impande zombi.

Umwe mu Banye-Congo uyoboye institute Ebuteli iherereye i Kinshasa, ari we Pierre Boisselet aganira n’itangazamakuru mpuzamahanga yasobanuye ko amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda n’iki gihugu cye atari ukuvuga ngo byanze bikunze ni yo azageza ku iherezo amakimbirane akirimo nubwo muri aya mezi ashize hagaragaye igisa n’umutuzo.

Uyu yagize ati: “M23 yarushijeho kwiyubaka bundi bushya kurusha muri 2013. Kandi n’ahantu igenzura ni ahingenzi harantekanye. Binagaragara ko itoza ingabo zayo cyane, kuko aho zirwanye hose zirahafata.”

Igisigaye RDC ihanzwe amaso niba izashobora gusenya FDLR, ibyo yiyemeje i Washington, kimwecyo bigaragara ko kwitandukanya kwayo n’uyu mutwe bitazabyorohera namba. Ubundi kandi hategerejwe ikizava mu biganiro by’i Doha hagati ya RDC n’uyu mutwe wa M23.

Tags: AmasezeranoRdcRwandaUmutego
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Udushya Twaranze Isinywa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati ya Kagame na Tshisekedi i Washington

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Udushya Twaranze Isinywa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati ya Kagame na Tshisekedi i Washington Ku wa Kane tariki ya 04/12/2025, i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, habereye...

Read moreDetails

Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka

Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka Mu muhango w’amateka wabereye i Washington, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald...

Read moreDetails

Amateka Yanditswe i Washington: Perezida Kagame na Tshisekedi Basinye Amasezerano y’Amahoro Yari Ategerejwe n’Isi Yose

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Amateka Yanditswe i Washington: Perezida Kagame na Tshisekedi Basinye Amasezerano y’Amahoro Yari Ategerejwe n’Isi Yose

Amateka Yanditswe i Washington: Perezida Kagame na Tshisekedi Basinye Amasezerano y’Amahoro Yari Ategerejwe n’Isi Yose Mu muhango w’amateka wabereye i Washington DC, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na...

Read moreDetails

Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House

Menya Impamvu Trump Yahisemo Kwakirira Tshisekedi na Kagame mu Nyubako Nshya Yitiriwe We, aho Kubakira muri White House Itangazo ryasohowe kuri uyu wa kane tariki ya 04/12/2025, na...

Read moreDetails

Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

by Bahanda Bruce
December 4, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w'umunye-Kongo Léonard She Okitundu, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (2016–2019) akaba ubu ari Umudepite ndetse...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

Perezida Trump ngo akwiye igihembo cy'amahoro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?