RDC: Tshisekedi Yagaragaje Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro na AFC/M23, Ariko Ategeka Aho Bigomba Kubera
Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo, yatangaje ko yifuza ko ibiganiro by’amahoro bihuza Leta ayoboye n’abahagarariye ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) riri mu mitwe iyirwanya byabera mu murwa mukuru Kinshasa, mu rwego rwo gushakira umuti urambye amakimbirane amaze igihe mu burasirazuba bw’igihugu.
Iki cyifuzo Perezida Tshisekedi yakigarutseho mu biganiro yakomeje kugirana na Perezida wa Angola, João Lourenço, i Luanda. Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Angola tariki ya 14/12/2025, asubirayo tariki ya 05/01/2026, ndetse anongera kuhagera tariki ya 08/01/2026, mu biganiro byibanze ku kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa RDC.
Mu biganiro byabaye tariki ya 05/01/2026, Perezida Tshisekedi yasabye mugenzi we wa Angola gutangiza ibiganiro bishya bihuza Abanye-Congo bose barebwa n’aya makimbirane, anamusaba ko Angola yabigiramo uruhare rufatika mu kuvugisha no guhuza impande zose zabyitabira.
Mu bagomba kwitabira ibi biganiro, Perezida Tshisekedi yifuza ko habamo impande zose z’ingenzi, zirimo abanyapolitiki bashyigikiye ubutegetsi, abatavuga rumwe na bwo, imitwe yitwaje intwaro nka AFC/M23, sosiyete sivile, ndetse n’abahagarariye amadini n’amatorero, hagamijwe ko ibiganiro byaba rusange kandi bigamije kubaka ubwumvikane burambye.
Amakuru aturuka i Luanda avuga ko Leta ya Angola yamaze kuganira n’abanyapolitiki benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, bashobora kwitabira ibi biganiro by’amahoro biteganyijwe.
Perezida Tshisekedi yanemereye mugenzi we wa Angola ko Leta ya RDC ishobora kurekura bamwe mu mfungwa bafitanye isano na AFC/M23, ariko ashimangira ko dosiye ya buri wese izasuzumwa ku giti cye, harebwa niba ibyaha akurikiranyweho cyangwa yahamijwe bishobora kubabarirwa hakurikijwe amategeko.
Andi makuru aturuka i Kinshasa agaragaza ko Umukuru w’Igihugu yifuza ko AFC/M23 yatangaza ku mugaragaro ihagarikwa ry’imirwano, kandi ko Leta ya RDC ari yo yagira inshingano zo kugenzura no kwemeza ko icyo cyemezo gishyirwa mu bikorwa kandi kikubahirizwa.
Iki cyerekezo cy’ibiganiro bishya kije mu gihe Perezida Tshisekedi akomeje gutera umugongo ibiganiro byabereye i Doha muri Qatar, byatangijwe mu ntangiriro za 2025. Umuyobozi Mukuru wa AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, yatangaje tariki ya 31/12/2025 ko Leta ya RDC yanze kohereza intumwa mu nama ebyiri zari zatumijwe na Qatar, zari zigamije gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge.
Ku ruhande rwayo, Leta ya RDC ivuga ko AFC/M23 yafashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Nubwo iri huriro ryemeje ko ryawuvuyemo mu rwego rwo korohereza ibiganiro by’amahoro bya Doha, Kinshasa ikomeje gushimangira ko abarwanyi baryo bakiwurimo, ibintu bikomeje kuba intandaro y’ubwumvikane buke hagati y’impande zombi.






