• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC: Tshisekedi yasabwe ku titwara nk’umwana w’umutesi ukina n’umuriro!

minebwenews by minebwenews
November 19, 2024
in Regional Politics
0
RDC: Tshisekedi yasabwe ku titwara nk’umwana w’umutesi ukina n’umuriro!
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC: Tshisekedi yasabwe ku titwara nk’umwana w’umutesi ukina n’umuriro!

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, basabye perezida w’iki gihugu, Félix Tshisekedi umaze igihe avuga ibyo guhindura itegeko nshinga ry’iki gihugu kutitwara nk’igitambabuga gikina n’umuriro.

Bwa mbere, Tshisekedi yatangaje ibyo guhindura itegeko nshinga ubwo yari i Kisangani, hari ku itariki ya 23/10/2024. Yavuze ko itegeko nshinga ry’iki gihugu rigomba kuvugururwa ngo kuko ryandikiwe mu mahanga, kandi ryandikwa n’abanyamahanga.

Aza gutangaza ko hazashyirwaho komisiyo ishinzwe kuzaryigaho kugira ngo basuzume uko rikwiye guhindurwa.

Zimwe mu ngingo Tshisekedi anenga harimo igena ishyirwaho rya guverinoma n’iyo gutangira inshingano kw’itegeko nshinga amategeko.

Ahamya ko zituma imirimo y’izi nzego z’ingenzi mu gihugu itinda bitewe n’itegeko nshinga.

Harimo kandi n’ingingo ya 217 avuga ko ihatira Abanyekongo kuba bahara ubusugire bw’igihugu cyabo mu gihe bwaba buvogerewe n’ibihugu baturanye.

Yongera kugaragaza ko itegeko nshinga rigonganisha ba guverineri b’intara n’abagize inteko ishinga mategeko ku rwego rw’i Ntara , bagahora mu makimbirane; asobanura ko nirivugururwa, iki kibazo kitazongera kubaho.

Ubwo kandi uyu mukuru w’iki gihugu yari i Lubumbashi, yatangaje ko nta muntu n’umwe ufite ububasha bwo kubuza umukuru w’igihugu gutegura guhindura itegeko nshinga.

Anagaragaza ko abanyapolitiki n’abakuru ba madini bashatse guhindura ibyo yavugiye i Kinshasa ngo bavuga ko yavuze ibya manda ya Gatatu kandi ntaho bihuriye n’ibyo yatangaje.

Ibi nibyo abanyapolitiki bo muri iki gihugu bahuriyeho barabyamagana, bavuga ko ari ugukina n’umuriro waka.

Nka Moïse Katumbi uri mubahatanye na Tshisekedi mu matora y’ubushize, yavuze ko kuba Tshisekedi ashaka guhindura itegeko nshinga, bigaragaza inyota yo kuguma ku butegetsi, bikaba ari ikosa ryiyongera kuri manda ya kabiri itaranyuze mu mucyo.

Martin Fayulu uhora avuga ko ari we watsinze amatora yo mu 2018, yabwiye Perezida Félix Tshisekedi ko ingingo ya 217 akunze kuvuga ko igamije kugurisha ubusugire bw’igihugu ayisobanura uko itari, bityo amwerurira ko ari gukina n’umuriro.

Naho Dr Denis Mukwege we, yahamagariye abaturage kurwanya no kwamagana ufite umushinga wo guhutaza demokarasi.

Tshisekedi, ubutegetsi bwe, bunengwa ahanini kuba butakemuye ibibazo birimo ibya ruswa, umutekano muke cyane mu Burasirazuba bw’iki gihugu ndetse n’ubukene bwazengereje abaturage batuye iki gihugu mu gihe iki gihugu cyabo gikungagahaye ku mabuye y’agaciro.

Tags: Akina n'umuriroItegeko nshingaRdcTshisekedi
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ukraine yahanguwe kurasa itababarira ku Burusiya ikoresheje za misile.

Ukraine yahanguwe kurasa itababarira ku Burusiya ikoresheje za misile.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?