Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 10, 2025
in Regional Politics
0
RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Abanya-Merika batatu bari bafungiye i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo basubijwe iwabo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika nyuma yo kudohorerwa igihano kijanye n’uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi kwaburijwemo mu mwaka ushize wa 2024.

Ahagana ku wa kabiri wicyumweru gishize, perezida Felix Tshisekedi yari yadohoreye igihano cy’urupfu akigira igifungo cya burundu kuri Marcel Malanga Malu, Tyler Tampson na Zalman-Polun Benjamin Reuben.

Nk’uko bizwi nuko bari bakatiwe igihano cy’urupfu mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2024, cyemezwa n’ubucamanza bwa gisirikare ku itariki ya 27/01/2025, gihinduka ndakuka ku itariki ya 09/03 uyu mwaka.

Itangazo ryo ku wa kabiri ryasohowe n’ibiro bya perezida Felix Tshisekedi rivuga ko igihano cyabo cyo gufungwa burundu bagiye kugikorera iwabo muri Amerika.

Ni byabaye nyuma y’aho Massad Boulos umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kuri Afrika yari yagiriye uruzinduko i Kinshasa muri RDC mu cyumweru gishize akagirana ibiganiro na perezida Felix Tshisekedi ku ngingo zirimo no kwiga ku masezerano ku bucuruzi bw’amabuye y’agaciro n’ishoramari, nubwo nyuma ubutegetsi bw’i Kinshasa bwaje gusesa ayo masezerano.

Itangazo rya Kinshasa rivuga kuri aba bantu batatu bari bahafungiwe, rigaragaza ko barekuwe mu gitondo cyo ku wa kabiri ku busabe bw’ubushinjacyaha.

Iki igikorwa, amakuru akavuga ko cyagizwemo uruhare n’abayobozi bo mu nzego zagisirikare, ab’ubucamanza n’abashinzwe abinjira mu gihugu, ndetse n’abategetsi bo muri ambasade y’Amerika iri i Kinshasa.

Imfungwa zaherekezwa n’abashinzwe umutekano kugeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili, zerekeza muri Amerika, aho zizamarira igihe gisigaye ku bihano byabo nk’uko itangazo ribivuga.

Mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2024, abantu 37 barimo abo Banyamerika batatu, Umwongereza, Umubiligi n’Umunya-Canda, bakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yuko urukiko rubahamije kugerageza guhirika ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Bose hamwe, abantu 51 ni bo baburanishijwe n’urukiko rwa gisirikare, iburanishwa ryabo ryagiye ritangazwa kuri radio na television by’igihugu.

Bashinjwa kugaba igitero cyo ku itariki ya 19/05/2024 ku ngoro ya perezida no ku rugo rwa Vital Kamerhe, umukuru w’inteko ishinga amategeko ya Congo.

Uwari uyoboye icyo gitero, Christian Malanga ukomoka muri RDC, akaba yari afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yarishwe muri icyo gitero, hamwe n’abandi batanu mu bo bari bari kumwe hafi muri icyo gitero.

Umuhungu we Marcel, umwe mu Banya-Merika batatu basubijwe iwabo, yabwiye urukiko ko se yari yamukangishije kumwica iyo yanga kwitabira icyo gitero.

Tyler Tampson we yari asanzwe ari inshuti ya Marcel.

Uko ari babiri, bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko. Bakinanaga umupira w’amaguru muri Leta ya Utah muri Amerika.

Uwundi wa gatatu nawe w’Umunya-Merika, Benjamin Zalman-Polun, yakoranaga ubucuruzi na Christian Malanga.

Tags: AbageragejeAmerikaBasubijwe iwaboGuhirika ubutegetsiKinshasa
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

DRC Expels Americans Linked to Failed Coup Attempt

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?