• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

minebwenews by minebwenews
April 10, 2025
in Regional Politics
0
RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

You might also like

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Abanya-Merika batatu bari bafungiye i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo basubijwe iwabo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika nyuma yo kudohorerwa igihano kijanye n’uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi kwaburijwemo mu mwaka ushize wa 2024.

Ahagana ku wa kabiri wicyumweru gishize, perezida Felix Tshisekedi yari yadohoreye igihano cy’urupfu akigira igifungo cya burundu kuri Marcel Malanga Malu, Tyler Tampson na Zalman-Polun Benjamin Reuben.

Nk’uko bizwi nuko bari bakatiwe igihano cy’urupfu mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2024, cyemezwa n’ubucamanza bwa gisirikare ku itariki ya 27/01/2025, gihinduka ndakuka ku itariki ya 09/03 uyu mwaka.

Itangazo ryo ku wa kabiri ryasohowe n’ibiro bya perezida Felix Tshisekedi rivuga ko igihano cyabo cyo gufungwa burundu bagiye kugikorera iwabo muri Amerika.

Ni byabaye nyuma y’aho Massad Boulos umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kuri Afrika yari yagiriye uruzinduko i Kinshasa muri RDC mu cyumweru gishize akagirana ibiganiro na perezida Felix Tshisekedi ku ngingo zirimo no kwiga ku masezerano ku bucuruzi bw’amabuye y’agaciro n’ishoramari, nubwo nyuma ubutegetsi bw’i Kinshasa bwaje gusesa ayo masezerano.

Itangazo rya Kinshasa rivuga kuri aba bantu batatu bari bahafungiwe, rigaragaza ko barekuwe mu gitondo cyo ku wa kabiri ku busabe bw’ubushinjacyaha.

Iki igikorwa, amakuru akavuga ko cyagizwemo uruhare n’abayobozi bo mu nzego zagisirikare, ab’ubucamanza n’abashinzwe abinjira mu gihugu, ndetse n’abategetsi bo muri ambasade y’Amerika iri i Kinshasa.

Imfungwa zaherekezwa n’abashinzwe umutekano kugeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili, zerekeza muri Amerika, aho zizamarira igihe gisigaye ku bihano byabo nk’uko itangazo ribivuga.

Mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2024, abantu 37 barimo abo Banyamerika batatu, Umwongereza, Umubiligi n’Umunya-Canda, bakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yuko urukiko rubahamije kugerageza guhirika ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Bose hamwe, abantu 51 ni bo baburanishijwe n’urukiko rwa gisirikare, iburanishwa ryabo ryagiye ritangazwa kuri radio na television by’igihugu.

Bashinjwa kugaba igitero cyo ku itariki ya 19/05/2024 ku ngoro ya perezida no ku rugo rwa Vital Kamerhe, umukuru w’inteko ishinga amategeko ya Congo.

Uwari uyoboye icyo gitero, Christian Malanga ukomoka muri RDC, akaba yari afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yarishwe muri icyo gitero, hamwe n’abandi batanu mu bo bari bari kumwe hafi muri icyo gitero.

Umuhungu we Marcel, umwe mu Banya-Merika batatu basubijwe iwabo, yabwiye urukiko ko se yari yamukangishije kumwica iyo yanga kwitabira icyo gitero.

Tyler Tampson we yari asanzwe ari inshuti ya Marcel.

Uko ari babiri, bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko. Bakinanaga umupira w’amaguru muri Leta ya Utah muri Amerika.

Uwundi wa gatatu nawe w’Umunya-Merika, Benjamin Zalman-Polun, yakoranaga ubucuruzi na Christian Malanga.

Tags: AbageragejeAmerikaBasubijwe iwaboGuhirika ubutegetsiKinshasa
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails
Next Post
RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

DRC Expels Americans Linked to Failed Coup Attempt

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?