RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.
Abanya-Merika batatu bari bafungiye i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo basubijwe iwabo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika nyuma yo kudohorerwa igihano kijanye n’uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi kwaburijwemo mu mwaka ushize wa 2024.
Ahagana ku wa kabiri wicyumweru gishize, perezida Felix Tshisekedi yari yadohoreye igihano cy’urupfu akigira igifungo cya burundu kuri Marcel Malanga Malu, Tyler Tampson na Zalman-Polun Benjamin Reuben.
Nk’uko bizwi nuko bari bakatiwe igihano cy’urupfu mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2024, cyemezwa n’ubucamanza bwa gisirikare ku itariki ya 27/01/2025, gihinduka ndakuka ku itariki ya 09/03 uyu mwaka.
Itangazo ryo ku wa kabiri ryasohowe n’ibiro bya perezida Felix Tshisekedi rivuga ko igihano cyabo cyo gufungwa burundu bagiye kugikorera iwabo muri Amerika.
Ni byabaye nyuma y’aho Massad Boulos umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kuri Afrika yari yagiriye uruzinduko i Kinshasa muri RDC mu cyumweru gishize akagirana ibiganiro na perezida Felix Tshisekedi ku ngingo zirimo no kwiga ku masezerano ku bucuruzi bw’amabuye y’agaciro n’ishoramari, nubwo nyuma ubutegetsi bw’i Kinshasa bwaje gusesa ayo masezerano.
Itangazo rya Kinshasa rivuga kuri aba bantu batatu bari bahafungiwe, rigaragaza ko barekuwe mu gitondo cyo ku wa kabiri ku busabe bw’ubushinjacyaha.
Iki igikorwa, amakuru akavuga ko cyagizwemo uruhare n’abayobozi bo mu nzego zagisirikare, ab’ubucamanza n’abashinzwe abinjira mu gihugu, ndetse n’abategetsi bo muri ambasade y’Amerika iri i Kinshasa.
Imfungwa zaherekezwa n’abashinzwe umutekano kugeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili, zerekeza muri Amerika, aho zizamarira igihe gisigaye ku bihano byabo nk’uko itangazo ribivuga.
Mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2024, abantu 37 barimo abo Banyamerika batatu, Umwongereza, Umubiligi n’Umunya-Canda, bakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yuko urukiko rubahamije kugerageza guhirika ubutegetsi bw’i Kinshasa.
Bose hamwe, abantu 51 ni bo baburanishijwe n’urukiko rwa gisirikare, iburanishwa ryabo ryagiye ritangazwa kuri radio na television by’igihugu.
Bashinjwa kugaba igitero cyo ku itariki ya 19/05/2024 ku ngoro ya perezida no ku rugo rwa Vital Kamerhe, umukuru w’inteko ishinga amategeko ya Congo.
Uwari uyoboye icyo gitero, Christian Malanga ukomoka muri RDC, akaba yari afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yarishwe muri icyo gitero, hamwe n’abandi batanu mu bo bari bari kumwe hafi muri icyo gitero.
Umuhungu we Marcel, umwe mu Banya-Merika batatu basubijwe iwabo, yabwiye urukiko ko se yari yamukangishije kumwica iyo yanga kwitabira icyo gitero.
Tyler Tampson we yari asanzwe ari inshuti ya Marcel.
Uko ari babiri, bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko. Bakinanaga umupira w’amaguru muri Leta ya Utah muri Amerika.
Uwundi wa gatatu nawe w’Umunya-Merika, Benjamin Zalman-Polun, yakoranaga ubucuruzi na Christian Malanga.
