• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

minebwenews by minebwenews
April 10, 2025
in Regional Politics
0
RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

You might also like

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Abanya-Merika batatu bari bafungiye i Kinshasa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo basubijwe iwabo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika nyuma yo kudohorerwa igihano kijanye n’uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi kwaburijwemo mu mwaka ushize wa 2024.

Ahagana ku wa kabiri wicyumweru gishize, perezida Felix Tshisekedi yari yadohoreye igihano cy’urupfu akigira igifungo cya burundu kuri Marcel Malanga Malu, Tyler Tampson na Zalman-Polun Benjamin Reuben.

Nk’uko bizwi nuko bari bakatiwe igihano cy’urupfu mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2024, cyemezwa n’ubucamanza bwa gisirikare ku itariki ya 27/01/2025, gihinduka ndakuka ku itariki ya 09/03 uyu mwaka.

Itangazo ryo ku wa kabiri ryasohowe n’ibiro bya perezida Felix Tshisekedi rivuga ko igihano cyabo cyo gufungwa burundu bagiye kugikorera iwabo muri Amerika.

Ni byabaye nyuma y’aho Massad Boulos umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kuri Afrika yari yagiriye uruzinduko i Kinshasa muri RDC mu cyumweru gishize akagirana ibiganiro na perezida Felix Tshisekedi ku ngingo zirimo no kwiga ku masezerano ku bucuruzi bw’amabuye y’agaciro n’ishoramari, nubwo nyuma ubutegetsi bw’i Kinshasa bwaje gusesa ayo masezerano.

Itangazo rya Kinshasa rivuga kuri aba bantu batatu bari bahafungiwe, rigaragaza ko barekuwe mu gitondo cyo ku wa kabiri ku busabe bw’ubushinjacyaha.

Iki igikorwa, amakuru akavuga ko cyagizwemo uruhare n’abayobozi bo mu nzego zagisirikare, ab’ubucamanza n’abashinzwe abinjira mu gihugu, ndetse n’abategetsi bo muri ambasade y’Amerika iri i Kinshasa.

Imfungwa zaherekezwa n’abashinzwe umutekano kugeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili, zerekeza muri Amerika, aho zizamarira igihe gisigaye ku bihano byabo nk’uko itangazo ribivuga.

Mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2024, abantu 37 barimo abo Banyamerika batatu, Umwongereza, Umubiligi n’Umunya-Canda, bakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yuko urukiko rubahamije kugerageza guhirika ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Bose hamwe, abantu 51 ni bo baburanishijwe n’urukiko rwa gisirikare, iburanishwa ryabo ryagiye ritangazwa kuri radio na television by’igihugu.

Bashinjwa kugaba igitero cyo ku itariki ya 19/05/2024 ku ngoro ya perezida no ku rugo rwa Vital Kamerhe, umukuru w’inteko ishinga amategeko ya Congo.

Uwari uyoboye icyo gitero, Christian Malanga ukomoka muri RDC, akaba yari afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yarishwe muri icyo gitero, hamwe n’abandi batanu mu bo bari bari kumwe hafi muri icyo gitero.

Umuhungu we Marcel, umwe mu Banya-Merika batatu basubijwe iwabo, yabwiye urukiko ko se yari yamukangishije kumwica iyo yanga kwitabira icyo gitero.

Tyler Tampson we yari asanzwe ari inshuti ya Marcel.

Uko ari babiri, bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko. Bakinanaga umupira w’amaguru muri Leta ya Utah muri Amerika.

Uwundi wa gatatu nawe w’Umunya-Merika, Benjamin Zalman-Polun, yakoranaga ubucuruzi na Christian Malanga.

Tags: AbageragejeAmerikaBasubijwe iwaboGuhirika ubutegetsiKinshasa
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Irushanwa ryo gushaka Umunyamabanga Mukuru mushya...

Read moreDetails

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
RDC yasubije iwabo Abanya-Merika bagerageje gu kubita Coup d’etat.

DRC Expels Americans Linked to Failed Coup Attempt

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?