Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n’ibimaze iminsi biyivugwaho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 26, 2025
in World News
0
Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n’ibimaze iminsi biyivugwaho.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Red-Tabara yahishuye ukuri kwayo gutandukanye n’ibimaze iminsi biyivugwaho.

You might also like

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Umutwe wa Red-Tabara urwanya ubutegetsi bw’i Gitega mu Burundi wamaganye perezida w’iki gihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ugize igihe awushinja gufashwa n’u Rwanda, uhakana ko ntabufasha nabuke uhabwa na rwo.

Bikubiye mu itangazo uyu mutwe washyize hanze, aho wagaragaje ko ibyo ugize iminsi ushinjwa n’abategetsi b’u Burundi ari ibinyoma byambaye ubusa.

Itangazo ryawo rigira riti: “Mu kiganiro na BBC News Gahuza cyashyizwe ku mbugankoranyambaga ku wa 25/03/2025, perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yatangaje ko u Rwanda ruri gutegura gutera u Burundi ruciye muri Congo ndetse rubicishije mu mutwe wa Red-Tabara. Umutwe wa Red-Tabara ntaho uhuriye n’u Rwanda. Turabeshyuza twivuye inyuma ko nta bufasha duhabwa n’icyo gihugu cy’u Rwanda.”

Muri iryo tangazo kandi, uyu mutwe wavuze ko ubufasha ubona ubukura mu Burundi kandi ko ari Abarundi bawutera inkunga.

Ndetse unasobanura ko impamvu uriho ushingiye ku masezerano ya Arusha avuga ko ishyaka rya CND FDD riyobowe u Burundi ryanze kuyubahiriza, kuva mu 2015 ubwo muri kiriya gihugu habaga imvururu.

Uvuga kandi ko ariya masezerano yashyigikiwe n’imiryango irimo uwa Afrika Yunze ubumwe, EAC na LONI n’indi, kandi ko iyo uzakuba yarubahirijwe uba warashyize intwaro zabo hasi.

Red-Tabara yakomeje ivuga ko bitumvikana kuba Ndayishimiye ubwo yaganiraga na BBC yaragaragaje ko Leta ya Congo ikwiye kuganira n’imitwe iyirwanya, nyamara we byaramunaniye.

Yagize iti: “Ndayishimiye azi neza ko Red-Tabara nta bufasha ihabwa n’u Rwanda, ngo kuko agomba no kwibuka ko mu mwaka wa 2021 rwa muhaye abarwanyi b’uyu mutwe 17 kuri ubu babayeho muburyo butari ubwa kimuntu.”

Uyu mutwe kandi uvuga ko bitumvikana ukuntu waba ufashwa n’u Rwanda, hanyuma ngo ruhindukire rujye mu biganiro n’u Burundi mu rwego rwo guhoshya amakimbirane hagati yarwo nabwo.

Uyu mutwe wasoje uvuga ko iyo uza kuba ufashwa n’u Rwanda, Ndayishimiye kuri ubu atakabaye ari perezida w’iki gihugu cy’u Burundi.

Tags: BujumburaRed-TabaraUkuri
Share44Tweet27Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails
Next Post
Amerika ibyo ivuga ku mutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Amerika ibyo ivuga ku mutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw'i Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?