Rumenge asaba Leta ya Tshisekedi guhagarika ibitero ku baturage b’i Mulenge
Olivier Rumenge Rugeyo, umwe mu bahoze bahatanira kuba umudepite mu karere ka Fizi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yasabye Leta ya Perezida Félix Tshisekedi guhagarika ibitero bikomeje kwibasira abaturage bo mu Minembwe, cyane cyane abasivile b’Abanyamulenge.
Mu ijwi ryuje impungenge, Rumenge yatangaje ko “Minembwe atari ahagenewe guterwa ibisasu, ahubwo ari ahatuye abantu b’abasivile bakeneye amahoro,” asaba ubuyobozi bukuru bw’igihugu kubaha uburenganzira bw’abaturage no guhagarika ibikorwa byose bibangamira ubuzima bwabo.
Yakomeje agira ati: “Ibitero bikomeje kwibasira abasivile b’Abanyamulenge. Turaburira Leta ya Tshisekedi ko niba ishaka amahoro, ikwiye kureka Abanyamulenge bagatura mu mahoro.”
Ibi bibaye mu gihe ibice byinshi byo mu Burasirazuba bwa Congo, by’umwihariko Minembwe, bikomeje kugirwa indiri y’imirwano, aho ingabo za Leta (FARDC), iz’u Burundi, imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo zihakora ibitero umunsi ku munsi.
Ku wa mbere ushize, abaturage bo mu gace ka Bijombo ku Ndondo batangaje ko ingabo z’u Burundi zikorana na FARDC zabanyaze nyuma yo kuva ku isoko, zibambura ibirato, imyenda, telefone, ndetse n’amatungo.
Byongeye, amakuru aturuka ahitwa Rwitsankuku avuga ko drone bivugwa ko zaturutse i Bujumbura mu Burundi zateye ibisasu kuri aka gace, bigakomeretsa abaturage b’abasivile ndetse bisenya n’amazu.
Abaturage bakomeje gutakambira inzego za Leta n’imiryango mpuzamahanga, basaba ubuvugizi kugira ngo bahabwe amahoro no kubona ibiribwa, imiti n’ubwisanzure bwo kujya guhaha mu masoko atandukanye.






