• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, February 28, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Rumenge yongeye kwamagana ibikorwa bya gisirikare by’Ingabo z’u Burundi muri Kivu y’Epfo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 22, 2025
in Conflict & Security
0
Rumenge yongeye kwamagana ibikorwa bya gisirikare by’Ingabo z’u Burundi muri Kivu y’Epfo
74
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Rumenge yongeye kwamagana ibikorwa bya gisirikare by’Ingabo z’u Burundi muri Kivu y’Epfo

You might also like

Inzoga n’Ikimogi: Ni Ikihe Cyangiza Abantu Cyane? Isesengura Ryimbitse ku Ngaruka Zabyo n’Amateka y’Inkomoko y’Ikimogi

AFC/M23 Yivuganye Umurwanyi wa FDLR Ufite Ipeti rya Colonel

Imirwano Ikaze muri Nyamaboko: AFC/M23 Yigaruriye Mulema n’Utundi Duce Twinshi

Rumenge Olivier Rugeyo, wigeze kwiyamamariza kuba umudepite ku rwego rw’igihugu muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, yongeye gusohora ubutumwa bukomeye bugaragaza impungenge ze ku bikorwa bya gisirikare by’Ingabo z’u Burundi mu misozi y’i Mulenge.

Mu butumwa bwe bwanyuze kuri Minembwe Capital News mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22/11/2025, Rumenge yavuze ko ibikorwa by’izo ngabo bikomeje guteza umutekano muke kandi bigashyira mu kaga abaturage b’Abanyamulenge.

Yakomeje agira ati:
“Dukomeje kwamagana Ingabo z’u Burundi ziri mu bice by’i Ndondo ya Bijombo na Minembwe, aho zikomeje kwica no kunyaga Abanyamulenge.”

Rumenge avuga ko ubuzima bw’abaturage buri mu kaga cyane, ashimangira ko mu gace ka Point Zéro Ingabo z’u Burundi zahafunguye isoko riremamo Ababembe n’Abapfulero gusa, mu gihe Abanyamulenge bo badafite uburenganzira bwo kuja kurihahiramo. Yongeraho ko ibyo bibangamiye uburenganzira bw’ibanze bw’abantu, kuko nta bikorwa by’ubucuruzi cyangwa serivisi z’ubuzima Abanyamulenge betemererwa gukoresha.

Rumenge yabwiye Minembwe Capital News ko abaturage b’amoko atandukanye batuye mu misozi y’i Mulenge bakomeje kugaragaza ko ingabo z’u Burundi zageze muri ibi bice zije kubacungira umutekano, nyamara zikora ibikorwa bitandukanye n’ibyo zagombaga gukora.

Ati:
“Turazamaganye. Si ukurinda abaturage, ahubwo ni ukubica no kurimbura Abanyamulenge.”

Asanga kandi ikibazo cya RDC gikwiye gukemurwa n’Abanye-Congo ubwabo, atari igihugu cy’amahanga gifata iya mbere mu bikorwa bya gisirikare ku butaka bw’abandi. Ati:
“Imisozi y’i Mulenge si Bujumbura cyangwa Gitega. U Burundi bukwiye gusubiza ingabo zabwo iwabo.”

Rumenge yagarutse no ku mvugo zigamije kwerekana ko Abanyamulenge batagomba gukomeza kuba mu misozi y’i Mulenge, avuga ko ibyo nta shingiro na rito bifite. Asobanura ko Abanyamulenge ari Abanye-Congo nk’abandi bose kandi ko bamaze imyaka myinshi bahatuye, kuko bahageze mbere y’amasezerano y’igabura ry’Afurika yo mu 1885.

Yaburiye kandi ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi ko niba ibikorwa bya gisirikare bikomeje mu Minembwe, bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano n’imiyoborere ye.

Ati:
“Niba ibitero bya FARDC bikomeje mu Minembwe, Perezida Tshisekedi ntazamara amezi arenze atatu ku butegetsi. Ntituzakomeza kwihanganira ibitero bidahagarara.”

Si ubwa mbere Rumenge agaragaza impungenge ku bikorwa bya gisirikare. Mu minsi yashize, yamaganye Ingabo za FARDC, iz’u Burundi n’imitwe y’inyeshyamba irimo Wazalendo na FDLR ku bitero bivugwa ko bigabwa mu gace ka Minembwe n’inkengero zako.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa RDC n’ubw’u Burundi ntiburatangaza icyo bubivugaho. Ariko ibikorwa biri kubera mu misozi y’i Mulenge bikomeje kugaragaza ko umutekano ukomeje guhungabana, bikagira ingaruka ku baturage ndetse n’abayobozi bo ku rwego rw’uturere.

Tags: I MulengeIbiteroIngabo z'u BurundiRumenge
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Inzoga n’Ikimogi: Ni Ikihe Cyangiza Abantu Cyane? Isesengura Ryimbitse ku Ngaruka Zabyo n’Amateka y’Inkomoko y’Ikimogi

by Bahanda Bruce
February 28, 2026
0
Inzoga n’Ikimogi: Ni Ikihe Cyangiza Abantu Cyane? Isesengura Ryimbitse ku Ngaruka Zabyo n’Amateka y’Inkomoko y’Ikimogi

Inzoga n’Ikimogi: Ni Ikihe Cyangiza Abantu Cyane? Isesengura Ryimbitse ku Ngaruka Zabyo n’Amateka y’Inkomoko y’Ikimogi Ikibazo cyo kumenya niba inzoga cyangwa ikimogi ari byo byangiza abantu cyane gikeneye...

Read moreDetails

AFC/M23 Yivuganye Umurwanyi wa FDLR Ufite Ipeti rya Colonel

by Bahanda Bruce
February 28, 2026
0
FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bagabye Ibindi Bitero Simusiga mu Gace kamwe ka Masisi, mu Gihe AFC/M23 Ikomeje Kwigarurira Uduce

AFC/M23 Yivuganye Umurwanyi wa FDLR Ufite Ipeti rya Colonel Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) aravuga ko habaye imirwano ikomeye muri Teritwari ya...

Read moreDetails

Imirwano Ikaze muri Nyamaboko: AFC/M23 Yigaruriye Mulema n’Utundi Duce Twinshi

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
Mu Mirwano Ikomeye, AFC/M23 Yongeye Kwigarurira Ibice Byinshi bya Masisi; Bamwe mu Bayobozi ba FARDC Bahasiga Ubuzima

Imirwano Ikaze muri Nyamaboko: AFC/M23 Yigaruriye Mulema n’Utundi Duce Twinshi Imirwano ikomeye yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27/02/2026 muri teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu...

Read moreDetails

Rugeyo Yasubije Kongolo ku By’Ibitero bya Drones muri teritware ya Fizi

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ubutegetsi bwa RDC Kugaba Ibitero bya Drone i Rubaya

Rugeyo Yasubije Kongolo ku By’Ibitero bya Drones muri teritware ya Fizi Rumenge Rugeyo Olivier, wigeze kwiyamamariza kuba Umudepite ku rwego rw’Igihugu muri Teritwari ya Fizi, yasohoye inyandiko zikomeye...

Read moreDetails

Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23

by Bahanda Bruce
February 27, 2026
0
Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23

Amagambo Aremereye Yatangajwe na Bertrand Bisimwa wa AFC/M23 Inyandiko zatangajwe na Bertrand Bisimwa akoresheje urubuga rwe rwa X ntizishobora gufatwa nk’amagambo asanzwe ajyanye n’ibihe byihariye. Ziri mu murongo...

Read moreDetails
Next Post
Indege itazwi yabonetse mu kirere cya Goma mu masaha y’ijoro

Indege itazwi yabonetse mu kirere cya Goma mu masaha y’ijoro

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?