Rwambikanye hagati ya AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Congo muri Kivu y’Epfo.
Ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ryazindutse rigaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 mu bice biherereye i Kamanyola muri Kivu y’Amajyepfo, nk’uko amasoko yacu abivuga.
Iki gitero cyagabwe neza ku gasozi ka Karungu gahanamiye umujyi wa Kamanyola. Bizwi ko Kamanyola ari agace gaherereye muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Igihe c’isaha ya saa tanu zija gushyira muri saa sita zamanywa yo kuri uyu wa kane tariki ya 17/04/2025, ni bwo ririya huriro ry’ingabo za Congo ryagabye kiriya gitero ku barwanyi ba M23 muri Karungu.
Kamanyola n’ibice biyikikije, ahagana mu mpera z’ukwezi kwa kabiri nibwo uyu mutwe wa m23 wabibohoje, kugeza n’ubu biracyagenzurwa n’uy’u mutwe nubwo iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa rikomeza kubigabamo ibitero.
Minembwe Capital News imaze kumenya ko ibi bitero byagabwe muri icyo gice gihanamiye umujyi wa Kamanyola, uyu mutwe wa M23 watangiye kubisubiza inyuma.
Icyo gitero kikaba kije gikurikira amakuru yatangajwe ku munsi w’ejo ku wa gatatu, aho yavugaga ko mu mujyi wa Uvira wavuyemo abasirikare benshi ba Leta berekeza i Luvungi, ndetse ko banahanshinze ibirindiro mu rwego rwo kugira ngo batangize ibitero ku mutwe wa M23 i Kamanyola, Nyangenzi n’i Bukavu.
Ni ibitero n’ubundi iri huriro rigizwe n’ingabo z’u Burundi, iza Congo, n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, ryagabye riturutse aho i Luvungi mu Kibaya cya Rusizi ho muri teritware ya Uvira.
Kugeza ubu urusaku rw’imbunda ziremereye n’izito ruracyarimo rw’umvukana muri ibyo bice.