• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Rwongeye kwambikana i Masisi hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za Congo.

minebwenews by minebwenews
April 3, 2025
in Regional Politics
0
Rwongeye kwambikana i Masisi hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za Congo.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Rwongeye kwambikana i Masisi hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za Congo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Amakuru ava muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru avuga ko muri icyo gice cyabyukiyemo imirwano ikomeye hagati y’ihuriro ry’ingabo za Congo n’umutwe wa m23.

Ni amakuru agaragaza ko ihuriro ry’ingabo za Congo iririmo FARDC, FDLR, na Wazalendo ryagabye igitero mu birindiro bya m23 biherereye mu bice byo muri grupema ya Mupfunyi Shanga, maze abarwanyi b’uyu mutwe risanga bari maso niko guhita bafungurira imbunda zabo kuri iryo huriro.

Aya makuru nk’uko abigaragaza yatangiye mugitondo cya kare, aho urusaku rw’imbunda ziremereye n’izito zarimo zumvikanira muri ibyo bice.

Ni amakuru anagaragaza ko iyi mirwano yatangiriye muri centre ya Masisi, bityo uko m23 yarimo yirukana iri huriro ry’ingabo za Congo ikagenda yigira iyo ririya huriro rihungira, ari nako urusaku rw’imbunda rwakomezaga kurushaho kumvikana.

Ahanini ngo imirwano iremereye yabereye ahegereye ikanisa rya Gatorika riherereye aha muri centre ya Masisi.

Iri huriro ry’ingabo za Congo, bibaye ku nshuro ya kabiri mu cyumweru kimwe rigaba ibitero muri iki gice, ariko bikarangira uyu mutwe urishubije inyuma.

Ariko nubwo Ingabo zo ku ruhande rwa Leta rugaba ibitero i Masisi, kuva higarurirwa na m23 mu mpera z’umwaka ushize ibikorwa binyuranye byongeye gukora neza nubwo sosiyete sivili yaho ivuga ko abenshi mubari bayituriye bahunze.

Ubundi kandi uretse n’ibikorwa kuba bikomeje kugenda neza, abaturage bafite amahoro n’ituze kandi bagakora batigononwa, bitandukanye n’igihe ihuriro ry’ingabo za Congo zagenzuraga iki gice.

Kugeza ubu uyu mutwe wa m23 uracyagenzura centre ya Masisi, ndetse n’inkengero zayo.

Tags: Ihuriro ry'ingabo za CongoM23MasisiRwambikanye
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umunyapolitiki uri mu bamaze kubaka izina muri RDC yiyunze kuri M23.

Uwari mu bayobozi bakomeye mu butegetsi bw'i Kinshasa yiyunze kuri m23 uyu munsi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?