Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

SADC yatangaje icyo igiye gukorera M23, mu Burasirazuba bwa RDC, kandi iyamagana y’ivuye inyuma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 5, 2024
in Regional Politics
0
SADC yatangaje icyo igiye gukorera M23, mu Burasirazuba bwa RDC, kandi iyamagana y’ivuye inyuma.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

SADC yatangaje ko yamaganye M23, inatangaza ko igiye kuyirwanya yivuye inyuma.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni bikubiye mu itangazo umuryango w’iterambere ry’ibihugu byo muri Afrika y’Amajy’epfo, SADC, washize hanze kuri uyu wo ku Cyumweru, tariki ya 05/05/2024, aho muri iryo tangazo wa maganye wivuye inyuma umutwe wa M23, iwushinja kugaba ibitero mu kambi ya Mugunga, mu Ntara ya Kivu Yaruguru.

Ikambi y’abavanwe mu byabo ya Mugunga yibasiriwe n’ibisasu ku wa Gatanu, tariki ya 03/05/2024 binasiga bihitanye abasivile barenga 14 abandi bagera kuri 30 barakomereka, nk’uko iryo tangazo ribivuga, ndetse bikaba byaranahamijwe n’ubuyobozi bwa leta ya Congo.

Iri tangazo rivuga ko ubutumwa bwa SADC muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, buzwi nka SAMIDRC bwemeje ko ibyo bitero byagize ingaruka ku baturage b’inzirakarengane, abenshi muri bo bakaba ari abagore n’abana.

Ubutumwa buri muri iri tangazo bukavuga ko kwibasira nkana abaturage b’inzirakarengane ni ukurenga ku mugaragaro amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwa muntu n’amategeko agenga uburenganzira bwa muntu.

Itangazo rikomeza rivuga ko ibitero yita ko byakozwe na M23 ngo byatumye abaturage bava mu byabo, kandi ngo bikaba byarafunze inzira zijana ibicuruzwa n’ibiribwa mu mujyi wa Goma, kandi ibibazo by’u butabazi biriyongera.

Itangazo rigashimangira ko ingabo za SADC kubufatanye n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bigiye gukora operasiyo simusiga izafashya kurandura umutwe wa M23.

Iri tangazo risoza rivuga ko muri ibyo bikorwa byo guhashya umutwe wa M23, hazaba kubahiriza ingingo z’u burenganzira bwa muntu nk’uko bitegekanwa n’amategeko mpuzamahanga y’u burenganzira bwa muntu, amasezerano y’u muryango w’Abibumbye, amategeko agenga amakimbirane akoreshwamo imbunda, ndetse ngo n’amategeko areba iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Hagati aho abaturage baturiye iyo nkambi y’abavanwe mu byabo bo bemeza ko barashwe n’igisirikare cya FARDC, ibi kandi bishimangirwa n’ihuriro ry’imitwe ya politiki n’igisirikare rya Alliance Fleuve Congo, mu itangazo ryayo yashize hanze nyuma y’icyo gitero yashinje igisirikare cya leta ya Kinshasa kuba aricyo cyagabye icyo gitero mu bakuwe mu byabo, i Mugunga.

       MCN.
Tags: Icyo igiye gukorera M23ItangazoMugungaSADCYamaganye M23
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Umugambi wa leta ya Kinshasa wo kurwanya  no guhashya Twirwaneho igizwe n’abaturage b’Abanyamulenge watahuritse.

Umugambi wa leta ya Kinshasa wo kurwanya no guhashya Twirwaneho igizwe n'abaturage b'Abanyamulenge watahuritse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?