• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, August 18, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

SADC yavuze icyo iri gukora nyuma y’aho bivuzwe ko yisubiyeho ku gucyura ingabo zayo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 2, 2025
in Regional Politics
0
Abasirikare ba SADC batangiye kuva muri RDC.
99
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

SADC yavuze icyo iri gukora nyuma y’aho bivuzwe ko yisubiyeho ku gucyura ingabo zayo.

You might also like

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Ingabo z’u muryango wa Afrika y’Amajyepfo, SADC ziri mu butumwa buzwi nka SAMIDRC mu Burasizuba bwa Congo, zemeje ko ziri gucyura abasirikare bayo zibakuye i Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

SADC mu gucyura ingabo zayo yabanje gusa niyisubiyeho kuri iki cyemezo bitewe n’ubw’umvikane buke hagati yayo n’ihuriro rya AFC/M23 risanzwe rigenzura umujyi wa Goma kuva mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka izi ngabo ziherereyemo.

Ahanini SADC yo yashakaga gucyura abasirikare bayo n’ibikoresho byabo ikoresheje inzira y’ikirere, ibyo AFC/M23 itigeze ishima nyuma y’aho ibashinje gukora ibitero bihungabanya umutekano mu bice bya Goma. Bikaba byaratumye ziriya ngabo nazo zitindaho, ndetse zipfukira hato kwisubiraho kuri iki cyemezo.

Gusa, tariki ya 29/04/2025 hatashye icyiciro cya mbere cy’abasirikare buriya muryango wa SADC ndetse n’ibikoresho bifashishaga mu ntambara yo mu Burasizuba bwa Congo birimo imbunda n’ubwato.

Mu itangazo SADC imaze gushyira hanze yagize iti: “Ingabo zacyu ziri gutaha zikoresheje umuhanda unyura mu Rwanda, zikabona gakomereza mu bihugu zaturutsemo.”

Amakuru anavuga ko ziriya ngabo ziri kuva mu bigo zabagamo i Goma, zigakomereza ku mupaka mu nini uzwi nka Grand-Barriere. Ari nabwo zihita zitangira urugendo rurerure mu muhanda wa Rubavu-Kigali-Rusumo mbere yuko zinjira muri Tanzania.

Ubundi kandi SADC yanavuze ko ibyo gucyura abasirikare bayo ari igikorwa cyubahiriza imyanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango.

Ndetse kandi yongeraho ko kuzicyura bijanye n’amasezerano abayihagarariye mu rwego rwa gisirikare bagiranye na AFC/M23 ubwo bahuriraga i Goma tariki ya 28/03/2025.

Izi ngabo kandi zavuze ko zizakomeza gushyigikira gahunda ya dipolomasi na politiki igamije gufasha u Burasirazuba bwa Congo kubona amahoro arambye.

Tubibutsa ko ingabo za SADC zageze mu Burasizuba bwa Congo mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2023, zikaba zigizwe n’ingabo zaturutse Malawi, Tanzania na Afrika y’Epfo.

Bivuze ko zari zihamaze umwaka n’igice, usibye ko ntacyo zigeze zifasha igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, nubwo zari zaraje ku gifasha kurwanya umutwe wa M23. Kuko ntagace nakamwe zigeze zambura uyu mutwe, yewe ntanikizwi zafashije usibye ubufasha RDC yahaga uyu muryango kubera ko wari warayohaye ingabo.

Tags: GomaGucyura abasirikare bayoSADC
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

by Bruce Bahanda
August 17, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n'u mutwe wa FDLR. U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, rwatangaje ko ibikorwa by'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ruruteye inkenke...

Read moreDetails

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Abanyamulenge bagiye kwibuka ku nshuro ya 21 ababo baguye mu Gatumba.

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho. Mu muhango wo kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba mu mwaka wa 2004 mu gihugu cy'u Burundi bavuze ko basanga...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’amateka akomeye.

Hamenyekanye igihe amasezerano y'amahoro y'u Rwanda na RDC azasinyigwa imbere ya Trump, n'uburyo bizakorwa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?