Saif Kadhafi Wabonwaga nk’Uzasimbura Se Ni Umuntu Ki?
Saif al-Islam Kadhafi, umuhungu wa kabiri wa Colonel Muammar Kadhafi mu bana 10, yari umuntu wari uzwi cyane mu muryango wa Kadhafi nk’uwashoboraga gusimbura se ku butegetsi. N’ubwo atigeze afata umwanya wemewe mu nzego za politiki, yari afite ijambo rikomeye mu byemezo bya politiki kandi yari yarigaruriye icyizere cy’abashigikiye ubutegetsi bwa se.
Uyu mugabo w’imyaka 53 yishwe mu mujyi wa Zintan mu burengerazuba bwa Libya mu buryo bw’agashinyaguro, aho abagabo bane bipfutse mu maso binjiye mu rugo rwe babanza gukuraho za kamera z’umutekano. Ibi byemejwe na Abdullah Othman, umujyanama we mu bya politiki, ndetse n’umunyamategeko we Khaled el-Zaydi.
Saif yari yarabaye mu mujyi wa Zintan kuva mu 2011, igihe yafungirwagaho mbere yo kurekurwa mu 2017. Nyuma yo kurekurwa, yakomeje ibikorwa bya politiki, agaragaza ubushobozi bwo kuyobora. Mu 2021, yagaragaye mu mujyi wa Sebha ashyira ahagaragara gahunda yo kwiyamamaza kuba perezida, agamije kugarura umurage wa se ku bashigikiye ubutegetsi bwa Kadhafi. Nubwo yahawe uruhushya rwo kwiyamamaza, amatora ntiyigeze abera kubera ibibazo by’urusobe rwa politiki muri Libya.
Mbere y’imvururu zikomeye mu 2011, Saif yari umuntu ukomeye muri Libya n’ubwo atari mu nzego z’icyubahiro cya politiki. Ku butegetsi bwa se, yarezwe ibyaha by’ubugome n’iyicarubozo ku batavugarumwe n’ubutegetsi, kandi Urukiko Mpuzamahanga rwari rumutegerejeho ibyaha by’intambara. Nyamara, nyuma yo kurekurwa, yakomeje kubaho mu buryo bwihishe, agaragaza uruhare mu bikorwa bya politiki n’ubushake bwo kuganira n’ibihugu by’amahanga.
Saif yize mu Burengerazuba, aho mu 2008 yahawe impamyabumenyi ya PhD muri London School of Economics. Yari umuntu w’umunyabwenge kandi w’umunyamurava, wagiye agaragara mu biganiro byo guhuza Libya n’ibihugu by’iburengerazuba ndetse no mu biganiro mpuzamahanga bigamije guhosha amakimbirane, harimo no kurekura abaganga b’Ababulgaria bafunzwe na Libya mu myaka ya 1990.
Mu muryango wa Kadhafi, abahungu batatu b’ingabo – Moatassim Billah, Saif al-Arab, na Khamis Kadhafi – bose bapfuye mu bihe byo guhirika ubutegetsi bwa Kadhafi. Saif, wari azwiho ubushobozi bwo guhindura ibintu muri politike y’imbere mu gihugu, ubu ntakiriho, asigiye isi isomo rikomeye ku mateka ya Libya y’iki gihe, agaragaza ukuntu intambara, politiki, n’amakimbirane y’imiryango ashobora guhindura ejo hazaza h’igihugu.






