Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Sebisusa wigeze kuyobora umutwe w’ingabo warwanyaga Leta ya Joseph Kabila, yitabye Imana.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 13, 2024
in Religion
0
Sebisusa wigeze kuyobora umutwe w’ingabo warwanyaga Leta ya Joseph Kabila, yitabye Imana.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Sebisusa wigeze kuyobora umutwe w’ingabo warwanyaga Leta ya Joseph Kabila, yitabye Imana.

You might also like

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Colonel Gentil Sebisusa wigeze gukurira umutwe witwaje imbunda wakoreraga mu misozi y’i Ndondo, mu bice by’i Mulenge muri Kivu y’Amajy’epfo, yitabye Imana, akaba yaguye mu gihugu cya Uganda aho yari yarahungiye.

Igihe c’isaha ya saa tatu zija gushyira muri saa ine z’igitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 13/11/2024, nibwo amakuru mabi y’urupfu rwa Col Sebisusa yatangiye gukwirakwizwa ku mbugankoranyambaga.

Nyuma, bamwe mu Banyamulenge ahanini abo mu muryango we bahise batangira gushyira ifoto ze ku ma status yabo, kuri Whatsapp, Facebook na x, yahoze yitwa Twitter. Yari amafoto akubiyemo ubutumwa bwa gahinda ko kubura uwari intwari, wanarwanye intambara nyinshi muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho yanabaye no mu ya AFDL yahoze iyobowe na Mzee Laurent Desire Kabila. Iyi ntambara n’iyo yakuyeho ubutegetsi bwa Mobutu.

Aya makuru avuga ko urupfu rwishe Sebisusa rwatunguye benshi, ni mu gihe yarwaye iminsi itatu gusa, ahita y’itaba Imana.
Umwe wo mu muryango we, wari umuri hafi yabwiye MCN ko yishwe n’indwara y’umutima kandi ko yafashwe ari guhumeka nabi,
yagize ati: “Byadutunguye cyane, asa nk’uwakubiswe n’inkuba. Urupfu rwe nta wamenya, ruratunguranye!”

Ku mbugankoranyambaga nta kindi gikomeje kuhaca usibye kuvuga “pole.”

Mu mwaka w’ 2013, uyu mugabo yari ayoboye umutwe w’ingabo bakundaga kwita m23 y’i Mulenge. Wari ugizwe n’abasirikare bari baraturutse mu bihugu bihanye imbibi na RDC, bakaba barabarirwaga hagati ya 200 na 350.

Gusa, uyu mutwe w’ingabo ntiwamaze igihe kirekire, kuko nyuma y’umwaka umwe gusa abarwanyi bawo bahise biyunga mu ngabo za Leta.
Icyo gihe Sebisusa n’ingabo ze boherejwe i Kamina aho bamaze hafi imyaka itatu.

Yaje kuva i Kamina, ahita anava mu gisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, nibwo yahungiye aho yarangirije.

Sebisusa y’injiriye igisirikare mu Rwanda nyuma gato ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubwo u Rwanda rwatabaraga Abatutsi muri RDC mu 1996 baribasinyiwe kwicwa na Leta yahoze ari ya Zaïre, ikaba yarifatanyije n’interahamwe (FDLR), Sebisusa nawe yari mubatabaye.

Icyo gihe bararwanye bafata igihugu cyose mu gihe cy’amezi arindwi gusa. Usibye ko nyuma bongeye kurwana iz’indi ntambara tuzagenda tugarukaho.

Sebisusa arangije afite imyaka 50 y’amavuko. Asize abana n’umudamu ndetse akaba yari amaze kugira n’abazukuru.

Tags: SebisusaUgandaYitabye Imana
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya. Sergei Torop wiyitaga Yesu w'isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n'ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n'imitingo bya bamwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails
Next Post
Hejuru mu kirere cya Minembwe hagaragaye ibyiswe igitangaza gusura ibyenda kuba.

Hejuru mu kirere cya Minembwe hagaragaye ibyiswe igitangaza gusura ibyenda kuba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?