• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 13, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 13, 2025
in Conflict & Security
0
Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe
70
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

You might also like

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by’i Doha

Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

Sio.Sebagabo Rwambara war’uzwi cyane ku izina rya Edinasi, yatabarukanye n’abandi i Lubumbashi mu cyahoze ari Katanga, kuri ubu ni mu ntara ya Haut-Katanga, bazize ubwoko bwabo Abanyamulenge cyangwa se Abatutsi.

Mu kwezi kwa munani, ahagana mu ntangiriro zako, umwaka wa 1998, ni bwo Afande Edinasi yishwe, yicanwa n’abandi basirikare bari i Lubumbashi bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, aho bishwe n’abasirikare ba Laurent Desire Kabila wabaye perezida wa RDC kuva mu 1997 kugeza muri 2001.

Minembwe Capital News yamenye neza ko Afande Edinasi ari mu basirikare bishwe mbere i Lubumbashi, kandi ko yicanywe n’abamurindiraga umutekano (Escort).
Abo barimo Muheto Bahanda wahoraga hafi ye cyane, Jean Pierre Kadahurwa n’abandi.

Mu buhamya twahawe n’uwarokotse ubwo bwicanyi, Ntaremerwa Notable na we wari mu ma Escort ya Sio.Edinasi, yavuze ko uyu musirikare, mbere y’uko yicwa yahamagawe kwa Komanda brigade, ahageze, abarinzi be babakuraho intwaro, ubundi batangira kubakorera iyicarubuzo.Biza kurangira bishwe, ndetse kubera ko icyo gihe hari umwuka wo kwica Abatutsi n’abandi benshi biciwe mu bindi bice bitandukanye byo muri iki gihugu.

Yanavuze kandi ko nyuma y’iyicwa rya Edinasi, hakurikiyeho guhunga kw’abasirikare bari hirya no hino muri Lubumbashi bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, kubera ko Zambia iri hafi aho bayihungiyemo. Bayigezemo babona kwerekeza iwabo muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu Yaruguru.

Uyu mutangabuhamya yavuze kandi ko nubwo komanda
Brigade wari i Lubumbashi icyo gihe yishe Afande we n’abasirikare be, muri iyi brigade, Edinasi yarayifitemo inshingano zibiri, iyo kuba yari pisi (PC brigade) wayo, akaba kandi ari na we warushyizwe ikosi zose (sio course).

Sio-Edinasi yinjiye igisirikare cy’inkotanyi mu mwaka wa 1993, akaba yaracyinjiye avuye i Bujumbura mu Burundi, aho yarasanzwe akorera akazi k’Ubwalimu; ni mu gihe Leta y’u Burundi y’icyo gihe yarimo yica Abatutsi. Binavugwa ko hanishwe abatari bake, barimo n’Abanyamulenge bari barabugiyemo kubushakamo imirimo.

Buriya buhamya bukomeza buvuga ko Edinasi yarwanye intambara mu Rwanda, hafi rwenda gufatwa rwose. Bivuze ko yarwanye izanyuma.

Mu 1996 yambutse mu basirikare batabaye Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange bari kuruhembe rwo kurimburwa n’Ingabo za Mobutu mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo. Icyo gihe iki gihugu cyitwaga Zaïre.

Edinasi kimwe n’abandi basirikare ba Banyamulenge bambutse muri RDC, bararwana batsinda Ingabo za Mobutu, banahirika ubutegetsi bwe, bashyiraho ubundi bushya bwa Laurent Desire Kabila, ari nabwo bwaje kubahinduka burabica.

Abatariciwe i Lubumbashi biciwe mu zindi ntara, Kinshasa, Bas-Congo, Kisangani n’ahandi.

Edinasi wishwe azira ubwoko bwe, bivugwa ko yarangwaga n’ubutwari ku rugamba, ubundi kandi yagiraga ijambo dore ko ari na we warushyizwe gusubizamo abasirikare moral.

Sibyo gusa twahawe mu buhamya, kuko kandi buvuga ko yari umugabo w’inyangamugayo, ndetse kandi wakundaga igihugu cye n’ubwoko bwe.

Mu ijuru yagiye, ni ho heza kuruta isi ituwe, kuko yuzuye imihangayiko.

Tags: LubumbashiRwambaraSio Edinasiyishwe
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije Abarwanyi bashingikiwe na guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai n'indi iyishamikiyeho ihurikiye mu...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by’i Doha

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyakozwe na Kinshasa biganisha kuri balkanisation, soma inkuru irambuye

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by'i Doha Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ryatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo budashobora guhunga ibiganiro bibera...

Read moreDetails

Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

Igihugu cy'igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR Igihugu cy'igihangange ku isi ari cyo Leta Zunze ubumwe z'Amerika cyavuze ku cyemezo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

Umwe mu mijyi ikigenzurwa n’igisirikare cya FARDC, abaturage baho bahaye ikaze AFC/M23/MRDP

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Umwe mu mijyi ikigenzurwa n’igisirikare cya FARDC, abaturage baho bahaye ikaze AFC/M23/MRDP

Umwe mu mijyi ikigenzurwa n'igisirikare cya FARDC, abaturage baho bahaye ikaze AFC/M23/MRDP Umujyi wa Kamituga uherereye muri teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, ukaba umaze iminsi...

Read moreDetails

Amatsinda abiri yo muri Wazalendo yumvanye iminsi muri Kivu y’Epfo benshi muri bo babigwamo

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
Amatsinda abiri yo muri Wazalendo yumvanye iminsi muri Kivu y’Epfo benshi muri bo babigwamo

Amatsinda abiri yo muri Wazalendo yumvanye iminsi muri Kivu y'Epfo benshi muri bo babigwamo Amatsinda abiri yo mu barwanyi bibumbiye mu cyiswe Wazalendo yasubiranyemo ararwana muri Kivu y'Amajyepfo,...

Read moreDetails
Next Post
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?