• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Sudan y’Epfo yavuze aho visi perezida afungiwe n’icyo imuziza, ndetse na Uganda igira icyo ivuga kubyo ishinjwa.

minebwenews by minebwenews
March 31, 2025
in World News
0
Ibirimo kuvugwa nyuma y’aho visi perezida wa Sudan y’Epfo atawe muri yombi.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Sudan y’Epfo yavuze aho visi perezida afungiwe n’icyo imuziza, ndetse na Uganda igira icyo ivuga kubyo ishinjwa.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Abategetsi ba Sudan y’Epfo batangaje ko Riek Machar afungiwe mu rugo iwe, kandi ko bumushinja gushyinga umutwe witwaje intwaro ugamije guhirika ubutegetsi bwa perezida Salva Kiir.

Byatangajwe na minisitiri ushinzwe itumanaho, Michael Makuei, aho yavuze ko iperereza ry’igisirikare cy’iki gihugu ryagaragaje ko Machar yari ari kwegeranya abarwanyi ba SPLA-IO ngo bateze imvururu mu gihugu.

Yagize ati: “Amakuru y’ubutasi n’umutekano agaragaza ko Dr. Riek Machar, yavuganaga n’abayobozi ba politiki n’igisirikare cya SPLM/A-IO abakangurira kugumukana Leta ngo bahungabanye umutekano kugira ngo amatora atabaho ahubwo Sudan y’Epfo isubire mu ntambara.”

Biteganyijwe ko amatora azaba mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2026 ari nayo azaba abaye aya mbere y’umukuru w’igihugu muri iki gihugu cyavutse mu 2011.

Minisitiri w’itumanaho wa Sudan y’Epfo Micheal yashinje kandi Machar kuba inyuma y’ibitero byagabwe n’umutwe wa White Army bigasiga bihitanye abasirikare ba Leta barimo komanda Majur Dak.

Ikindi kandi ashinjwa ni uko tariki ya 25/03/2025 yayoboye ingabo za SPLM/A-IO zinasanzwe mu ngabo za Leta kugaba ibitero kuri bagenzi babo b’ingabo za Sudan y’Epfo banaherewe hamwe imyitozo, bakoherezwa i Tonga, Nyaluak, Wunkur, Whthlel na Rajah.

Ku rundi ruhande, Ingabo za Uganda zirwanira mu kirere ziri muri iki gihugu cya Sudan y’Epfo zirashijwa gutera ibisasu by’ubumara ku birindiro by’uyu mutwe wa White Army muri Leta ya Upper Nile na Jonglei, mu majyaguru y’iki gihugu.

Izi nyeshyamba zimaze iminsi zirwanira n’ingabo za Leta mu bice byaha mu majyaguru zishyigikiwe n’uyu visi perezida Machar Riek uheruka gutabwa muri yombi.

Kimwecyo Uganda ibinyujije mu muvugizi wayo, yahakanye aya makuru ashinja ingabo zayo gutera ibisasu by’ubumara muri ibyo birindiro by’uyu mutwe White Army.

Yagize ati: “Ibivugwa ko ingabo zacyu zakoresheje intwaro z’ubumara, sibyo!”

Avuga ko ibitero izi ngabo zikora biri kw’ibasira ahari ibirindiro birimo abasirikare gusa.

Maze Uganda isaba abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda guha agaciro ibivugwa ku ngabo zayo; ishimangira ko kuba iri muri Sudan y’Epfo ari uko yabanje kubihererwa uruhushya na Leta y’iki gihugu.

Ubundi kandi ivuga ko ibiri gushinjwa ingabo zayo ari icengezamatwara ry’ifashisha ubwenge bw’ubukorano rigamije kurwanya kuba UPDF iri muri Sudan y’Epfo riri gukorwa na Dr. Riek Machar n’abambari be.

Uyu mugabo Riek Machar asanzwe ari visi perezida wa mbere wa Sudan y’Epfo yafungiwe mu rugo iwe ku ya 26/03/2025, ashinjwa kujya inyuma y’uyu mutwe wa white Army.

Tags: AfungiweMu rugoSudan y'Epfo
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post

Umunyapolitiki uri mu bamaze kubaka izina muri RDC yiyunze kuri M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?