Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Sudan y’Epfo yavuze aho visi perezida afungiwe n’icyo imuziza, ndetse na Uganda igira icyo ivuga kubyo ishinjwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 31, 2025
in World News
0
Ibirimo kuvugwa nyuma y’aho visi perezida wa Sudan y’Epfo atawe muri yombi.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Sudan y’Epfo yavuze aho visi perezida afungiwe n’icyo imuziza, ndetse na Uganda igira icyo ivuga kubyo ishinjwa.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Abategetsi ba Sudan y’Epfo batangaje ko Riek Machar afungiwe mu rugo iwe, kandi ko bumushinja gushyinga umutwe witwaje intwaro ugamije guhirika ubutegetsi bwa perezida Salva Kiir.

Byatangajwe na minisitiri ushinzwe itumanaho, Michael Makuei, aho yavuze ko iperereza ry’igisirikare cy’iki gihugu ryagaragaje ko Machar yari ari kwegeranya abarwanyi ba SPLA-IO ngo bateze imvururu mu gihugu.

Yagize ati: “Amakuru y’ubutasi n’umutekano agaragaza ko Dr. Riek Machar, yavuganaga n’abayobozi ba politiki n’igisirikare cya SPLM/A-IO abakangurira kugumukana Leta ngo bahungabanye umutekano kugira ngo amatora atabaho ahubwo Sudan y’Epfo isubire mu ntambara.”

Biteganyijwe ko amatora azaba mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2026 ari nayo azaba abaye aya mbere y’umukuru w’igihugu muri iki gihugu cyavutse mu 2011.

Minisitiri w’itumanaho wa Sudan y’Epfo Micheal yashinje kandi Machar kuba inyuma y’ibitero byagabwe n’umutwe wa White Army bigasiga bihitanye abasirikare ba Leta barimo komanda Majur Dak.

Ikindi kandi ashinjwa ni uko tariki ya 25/03/2025 yayoboye ingabo za SPLM/A-IO zinasanzwe mu ngabo za Leta kugaba ibitero kuri bagenzi babo b’ingabo za Sudan y’Epfo banaherewe hamwe imyitozo, bakoherezwa i Tonga, Nyaluak, Wunkur, Whthlel na Rajah.

Ku rundi ruhande, Ingabo za Uganda zirwanira mu kirere ziri muri iki gihugu cya Sudan y’Epfo zirashijwa gutera ibisasu by’ubumara ku birindiro by’uyu mutwe wa White Army muri Leta ya Upper Nile na Jonglei, mu majyaguru y’iki gihugu.

Izi nyeshyamba zimaze iminsi zirwanira n’ingabo za Leta mu bice byaha mu majyaguru zishyigikiwe n’uyu visi perezida Machar Riek uheruka gutabwa muri yombi.

Kimwecyo Uganda ibinyujije mu muvugizi wayo, yahakanye aya makuru ashinja ingabo zayo gutera ibisasu by’ubumara muri ibyo birindiro by’uyu mutwe White Army.

Yagize ati: “Ibivugwa ko ingabo zacyu zakoresheje intwaro z’ubumara, sibyo!”

Avuga ko ibitero izi ngabo zikora biri kw’ibasira ahari ibirindiro birimo abasirikare gusa.

Maze Uganda isaba abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda guha agaciro ibivugwa ku ngabo zayo; ishimangira ko kuba iri muri Sudan y’Epfo ari uko yabanje kubihererwa uruhushya na Leta y’iki gihugu.

Ubundi kandi ivuga ko ibiri gushinjwa ingabo zayo ari icengezamatwara ry’ifashisha ubwenge bw’ubukorano rigamije kurwanya kuba UPDF iri muri Sudan y’Epfo riri gukorwa na Dr. Riek Machar n’abambari be.

Uyu mugabo Riek Machar asanzwe ari visi perezida wa mbere wa Sudan y’Epfo yafungiwe mu rugo iwe ku ya 26/03/2025, ashinjwa kujya inyuma y’uyu mutwe wa white Army.

Tags: AfungiweMu rugoSudan y'Epfo
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post

Umunyapolitiki uri mu bamaze kubaka izina muri RDC yiyunze kuri M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?