• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, August 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 6, 2025
in World News
0
Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.
74
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.

You might also like

Muri Gaza abana babarirwa mu bihumbi baguye mu bitero byahagabwe.

Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.

Ukraine yashyizweho igitutu cyo kurangiza intambara.

Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine atazi neza ko izahagarara, ni nyuma y’uko mu mezi make ashize yari yasezeranyije kuzayihagarika mu gihe kitarenze amasaha 24.

Ni mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yari ku ndege Air Force one, yagize ati: “Sinzi. Sinohamya ko tuzabigeraho cyangwa tutazabigeraho.”

Muri iki kiganiro yanabijwe niba guhagarika iriya ntambara ari ikintu ashyira imbere cyane, na we asubiza ati: “Ego. Byonshimisha kubona ihagaze burundu.”

Ubwo perezida Trump yiyamamazaga mu matora y’ubushize y’umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, ari na yo yasize atsinze ayo matora, yavuze ko aramutse ayatsinze, intambara ibera muri Ukraine yayirangiza mu masaha 24. Ariko amaze kugera ku butegetsi, yakomeje kubiseseranya akabiha ibihe.

Mu kiganiro aheruka kugirana n’ikinyamakuru cya Time, yabajijwe icyo avuga kubyo yiyemeje byo guhagarika intambara mu masaha 24 ya mbere amaze kugera ku butegetsi, yasubije ko ibyo yavuze byari imvugo ngereranyo, ngo kugira ngo agaragaze amarangamutima ye.

Ku rundi ruhande, Ukraine yo iracyakomeje gusaba Amerika n’ibihugu byo mu Burayi ku yiha ufasha bwo kwikingira ibitero byo mu kirere. Ni mu gihe ibitero by’u Burusiya nabyo bikomeje kugabwa kuri iki gihugu.

Intwaro isaba harimo ibibunda bikaze byo mu bwoko bwa Patriot n’ibisasu byayo, ari nabyo bishobora gusama ibisasu bya misile by’u Burusiya biraswa kure.

Ariko nubwo biri uko, ibinyamamakuru byo muri Amerika biheruka gutangaza ko iki gihugu cyafashe ingingo yo kutazongera kohereza intwaro zayo muri Ukraine, nubwo abategetsi bayo batabyemeza.

Umunyamakuru yabajije Trump ati: “Kubera iki wahagaritse kohereza Ukraine uburyo?”

Trump asubiza ati: “Ntitwabuhagaritse , turikububaha, tumaze no kubaha nyinshi cyane, kandi dukorana na bo, turanategura kandi kubafasha. Ariko Biden yishe igihugu cyacu cyose mu kubaha intwaro. Ni byiza rero ko dukora tunatekereza kugira ngo tutaja gusanga twisigaje gutyo.”

Hagataho, intambara na zo ntizisiba, kuko impande zombi zikomeza kugabanaho ibitero.

Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri iki cyumweru tariki ya 06/07/2025, igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere, cyatangaje ko cyahanuye amadrones 117 muri 157 zari zagabye ibyo bitero.

Mu gihe kandi n’u Burusiya bwatangaje ko na bwo bwahanuye drones 120 za Ukraine.

Tags: IntambaraTrumpUkraine
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Muri Gaza abana babarirwa mu bihumbi baguye mu bitero byahagabwe.

by Bruce Bahanda
August 21, 2025
0
Muri Gaza abana babarirwa mu bihumbi baguye mu bitero byahagabwe.

Muri Gaza abana babarirwa mu bihumbi baguye mu bitero byahagabwe. Abana babarirwa mu bihumbi 19 biciwe mu ntambara ihanganishije Israel na Hamas mu ntara ya Gaza mu Burasirazuba...

Read moreDetails

Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.

Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin. Perezida Zelenskyy Volodymyr wa Ukraine yavuze ko afite ubushake bwo kuzahurira mu biganiro bizamuhuza na perezida wa Leta Zunze...

Read moreDetails

Ukraine yashyizweho igitutu cyo kurangiza intambara.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Ukraine yashyizweho igitutu cyo kurangiza intambara.

Ukraine yashyizweho igitutu cyo kurangiza intambara. Leta Zunze ubumwe z'Amerika yo keje igitutu Ukraine, iyisaba guhagarike intambara vuba na bwangu, kandi ikemera ibyumvikanyweho mu biganiro biheruka guhuriramo perezida...

Read moreDetails

Russia Sees Victory as Trump Leans Toward Putin’s Path to Ending the War

by minebwenews
August 16, 2025
0
Russia Sees Victory as Trump Leans Toward Putin’s Path to Ending the War

Russia is hailing the outcome of the high profile summit between U.S. President Donald Trump and Russian President Vladimir Putin in Alaska, even though no formal agreement was...

Read moreDetails

Ibyavuye mu nama ya yahuje perezida Trump na mugenzi we Putin.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Perezida Trump yahuye na mugenzi we w’u Burusiya Putin.

Ibyavuye mu nama yahuje perezida Trump na mugenzi we Putin. Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yahuye na mugenzi we w'u Burusiya Vladimir Putin, umubonano...

Read moreDetails
Next Post
Umunye-Congo Dr.Paluku yapfuye.

Umunye-Congo Dr.Paluku yapfuye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?