Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 6, 2025
in World News
0
Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.

You might also like

Elon Musk yatangaje ishyaka rye rishya

Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.

Ububiko bw’intwaro z’u Burusiya bwatwitswe.

Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine atazi neza ko izahagarara, ni nyuma y’uko mu mezi make ashize yari yasezeranyije kuzayihagarika mu gihe kitarenze amasaha 24.

Ni mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yari ku ndege Air Force one, yagize ati: “Sinzi. Sinohamya ko tuzabigeraho cyangwa tutazabigeraho.”

Muri iki kiganiro yanabijwe niba guhagarika iriya ntambara ari ikintu ashyira imbere cyane, na we asubiza ati: “Ego. Byonshimisha kubona ihagaze burundu.”

Ubwo perezida Trump yiyamamazaga mu matora y’ubushize y’umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, ari na yo yasize atsinze ayo matora, yavuze ko aramutse ayatsinze, intambara ibera muri Ukraine yayirangiza mu masaha 24. Ariko amaze kugera ku butegetsi, yakomeje kubiseseranya akabiha ibihe.

Mu kiganiro aheruka kugirana n’ikinyamakuru cya Time, yabajijwe icyo avuga kubyo yiyemeje byo guhagarika intambara mu masaha 24 ya mbere amaze kugera ku butegetsi, yasubije ko ibyo yavuze byari imvugo ngereranyo, ngo kugira ngo agaragaze amarangamutima ye.

Ku rundi ruhande, Ukraine yo iracyakomeje gusaba Amerika n’ibihugu byo mu Burayi ku yiha ufasha bwo kwikingira ibitero byo mu kirere. Ni mu gihe ibitero by’u Burusiya nabyo bikomeje kugabwa kuri iki gihugu.

Intwaro isaba harimo ibibunda bikaze byo mu bwoko bwa Patriot n’ibisasu byayo, ari nabyo bishobora gusama ibisasu bya misile by’u Burusiya biraswa kure.

Ariko nubwo biri uko, ibinyamamakuru byo muri Amerika biheruka gutangaza ko iki gihugu cyafashe ingingo yo kutazongera kohereza intwaro zayo muri Ukraine, nubwo abategetsi bayo batabyemeza.

Umunyamakuru yabajije Trump ati: “Kubera iki wahagaritse kohereza Ukraine uburyo?”

Trump asubiza ati: “Ntitwabuhagaritse , turikububaha, tumaze no kubaha nyinshi cyane, kandi dukorana na bo, turanategura kandi kubafasha. Ariko Biden yishe igihugu cyacu cyose mu kubaha intwaro. Ni byiza rero ko dukora tunatekereza kugira ngo tutaja gusanga twisigaje gutyo.”

Hagataho, intambara na zo ntizisiba, kuko impande zombi zikomeza kugabanaho ibitero.

Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri iki cyumweru tariki ya 06/07/2025, igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere, cyatangaje ko cyahanuye amadrones 117 muri 157 zari zagabye ibyo bitero.

Mu gihe kandi n’u Burusiya bwatangaje ko na bwo bwahanuye drones 120 za Ukraine.

Tags: IntambaraTrumpUkraine
Share27Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Elon Musk yatangaje ishyaka rye rishya

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0

Elon Musk yatangaje ishyaka rye rishya. Umuherwe wo muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika ufite inkomoko muri Afrika y'Epfo, Elon Musk, yatangaje ko agiye gushyinga ishyaka rye rishyasha yise...

Read moreDetails

Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.

by Bruce Bahanda
July 4, 2025
0
Perezida w’u Burusiya yaganiriye n’uwa Amerika ku bibazo by’intambara.

Perezida w'u Burusiya yaganiriye n'uwa Amerika ku bibazo by'intambara. Perezida w'u Burusiya, Vladimir Putin yavuganye kuri telefone na mugenzi we wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, baganira...

Read moreDetails

Ububiko bw’intwaro z’u Burusiya bwatwitswe.

by Bruce Bahanda
July 4, 2025
0
Ububiko bw’intwaro z’u Burusiya bwatwitswe.

Ububiko bw'intwaro z'u Burusiya bwatwitswe. Igitero karahabutaka cy'ingabo za Ukraine cyasize gitwitse ububiko bw'intwaro z'u Burusiya. Ubu bubiko bw'izi ntwaro bwari buherereye mu mujyi wa Donetesk uri muyo...

Read moreDetails

Abarimo abasirikare ba kuru bafunzwe muri Uganda.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Abarimo abasirikare ba kuru bafunzwe muri Uganda.

Abarimo abasirikare ba kuru bafunzwe muri Uganda. Abasirikare ba Uganda barimo ba ofisiye n'ufite ipeti rya General bakoraga mu ishami ry'ubwubatsi byategetswe ko bafungwa. Ni umugaba mukuru w'Ingabo...

Read moreDetails

Indege y’ingabo za Uganda yakoze impanuka.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Indege y’ingabo za Uganda yakoze impanuka.

Indege y'ingabo za Uganda yakoze impanuka. Indege y'igisirikare cya Uganda yo mu bwoko bwa Kajugujugu yaritwaye abantu yakoze impanuka nyuma y'aho yari maze kugera ku kibuga mpuzamahanga cya...

Read moreDetails
Next Post
Umunye-Congo Dr.Paluku yapfuye.

Umunye-Congo Dr.Paluku yapfuye.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?