Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi uyoboye agace kamwe ka RDC yongeye kuvuga ko atazaganira na m23 nayo iyoboye ikindi gice.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 15, 2025
in Regional Politics
0
Bwa mbere Tshisekedi avuze icyo agiye gukora, nyuma y’ifatwa rya Goma.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi uyoboye agace kamwe ka RDC yongeye kuvuga ko atazaganira na m23 nayo iyoboye ikindi gice.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yatanze ubutumwa avuga ko ubutegetsi bwe butazaganira n’umutwe wa M23 ngo nubwo yabisabwe n’abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba, EAC, n’uwa Afrika y’Amajy’epfo, SADC.

Ni ibyo perezida Félix Tshisekedi yatangaje ahar’ejo tariki ya 14/02/2025, aho yagize ati: “Ntabwo dushaka kuganira n’umutwe wa M23 ahubwo dushaka kuganira n’u Rwanda mu buryo butaziguye kuko bitabaye ibyo, twaba dutakaza umwanya.”

Tshisekedi yavuze ko M23 ari ikintu kirimo ubusa gikorera u Rwanda. Ashinja kandi uyu mutwe kwica abantu, aho yavuze ko warashe amabombe ku nkambi, abagore n’abana barapfa, bityo avuga ko adashobora kuganira nawo. Yavuze ko ibyo biganiro ashaka kuganira n’u Rwanda bi bizakomeza muri gahunda ya Luanda.

Gusa, M23 ihakana ibyaha byose ishinjwa na Leta ya Kinshasa, ikagaragaza intego yayo kwari ukurinda umutekano w’abaturage. Isobanura kandi ko yashoboye kugarura umutekano mu bice byose yafashe birimo umujyi wa Goma, mu gihe mbere ibyo bice byari byarahungabanyijwe n’ubwicanyi, ubujura no gufata ku ngufu.

Uyu mukuru w’igihugu cya Congo, yatangaje ibi mu gihe abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC bari basabye Leta ye kuganira n’imitwe yitwaje intwaro yose irimo n’uwa M23.

Ni imyanzuro aba bakuru b’ibihugu bafatiye mu nama iheruka kubahuriza i Dar es Salaam muri Tanzania.

Nyamara kandi uko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bukomeza kwanga kuganira n’uyu mutwe wa M23, ni ko nawo ukomeza kwagura ibirindiro byawo. Ejo hashize wafashe Kavumu n’ikibuga cy’indege cyayo n’umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Amakuru yandi mashya, avuga ko uyu mutwe ukomeje gufata inkengero z’uyu mujyi wa Bukavu, ndetse kandi ko uri kwerekeza Uvira no mu bindi bice byo muri iyi ntara ya Kivu y’Epfo.

Tags: BukavuGomaKuganiraM23Tshisekedi
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Uko byifahe mu Minembwe, nyuma y’aho M23 ifashe i Bukavu.

Uko byifahe mu Minembwe, nyuma y'aho M23 ifashe i Bukavu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?