• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi uyoboye igice kimwe cya RDC yashinjwe kugirwa inama akayanga.

minebwenews by minebwenews
February 14, 2025
in Regional Politics
0
Bwa mbere Tshisekedi avuze icyo agiye gukora, nyuma y’ifatwa rya Goma.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi uyoboye igice kimwe cya RDC yashinjwe kugirwa inama akayanga.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na Repubulika ya demokorasi ya Congo, perezida wa Angola, João Lourenço, yahishuye ko yagiriye inama mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi, yo gukemura ibibazo by’intambara biri mu gihugu cye akayanga.

Lourenço yavuze ko mu mpera z’umwaka ushize, hari intambwe yari yatewe ifatika hagati y’u Rwanda na RDC, ngo kuko u Rwanda rwari rwemeye gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi, RDC nayo yemeye gusenya umutwe wa FDLR.

Avuga ko n’ubundi kwaraho bagomba guhera bagakemura amakimbirane y’intambara ari mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokorasi ya Congo.

Yavuze ko muri iki gihe, umugabane wa Afrika uri mu bihe bigoye by’amakimbirane, atanga urugero ku bibazo by’u Rwanda na RDC ariko ko hari n’andi ari muri Mozambique na Sudani.

Bwana perezida João Lourenço, ugiye kuyobora Afrika yunze Ubumwe, yavuze ko muri manda ye ibi bibazo bigomba kwitabwaho, ariko by’umwihariko ku kibazo cy’u Rwanda na RDC, yavuze ko hagiye gushakwa umuhuza kuko byose bigomba kurebwaho mu nshingano za perezida wa AU.

Ubwo uyu mukuru w’igihugu cya Angola yaganiraga n’igitangazamakuru cya Jeunne Afrique, yagarutse ku kibazo cy’intambara ihanganishije umutwe wa m23 n’ingabo za RDC. Avuga ko kuva yahabwa inshingano z’ubuhuza, amasezerano y’amahoro yaganishaga ku nzira y’ibiganiro ariko ntavuge ku mutwe wa m23 kuko wo warebwaga n’ibiganiro bya Nairobi bigamije gukemura ikibazo cy’imitwe y’itwaje imbunda muri RDC.

Yagize ati: “Ibyo bivuze ko abayobozi ba Congo bari bazi ko hagomba kubaho ibiganiro n’impande zose harimo na m23. Kandi twabigiriyemo inama perezida Félix Tshisekedi dushingiye ku rugero rwacu.”

Yakomeje agira ati: “Nk’uko ubizi, Angola yabayemo intambara. Kugira ngo irangire, byasabye ko habaho ibiganiro n’impande zose. Kabone nubwo hari abateye igihugu cyacu, twaganiriye n’ingabo za Afrika y’Epfo zo ku butegetsi bwa Apartheid, ibiganiro byagejeje ku masezerano ya New York mu 1988 bigizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Kuva kandi umutwe wa Unita wo muri Angola nawo wari mu kibazo twaganiriye nawo.”

Perezida João Lourenço yavuze ko Tshisekedi yibukijwe ibi inshuro nyinshi, ariko ntiyabiha agaciro.

Lourenço yasoje avuga ko bigoye gushyira iherezo ry’intambara ihanganishije abantu bo mu gihugu kimwe, ariko ko kugira ngo ubigereho bisaba gukoresha ibiganiro, kandi ko nta yindi nzira itariyo.

Tags: LourencoTshisekedi
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi zirutse amasigamana zihunga M23.

Ingabo z'u Burundi zirutse amasigamana zihunga M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?