Tshisekedi uyoboye igice kimwe cya RDC yategetswe ibikakaye.
Inama y’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba, EAC, yasabye perezida Félix Tshisekedi uyoboye igice kinini cya Repubulika ya demokarasi ya Congo mu gihe ikindi kiyobowe n’umutwe witwaje imbunda wa M23 yategetswe kuganira n’uyu mutwe ndetse n’indi yose irebwa n’ikibazo cy’intambara ibera mu Burasirazuba bw’iki gihugu.
Iyi nama ya EAC igira iya 24 yateranye hakoreshejwe ubuhanga bwa video conference, ariko Tshisekedi nyirikibazo akaba atarayitabiriye ku bw’impamvu yatanze mbere, aho yavuze ko afite za gahunda nyinshi.
Abandi bakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’iburasirazuba bitabiriye iyi nama bagaragaje ko batewe impungenge n’ibitero biheruka kugabwa kuri za ambasade z’amahanga ziherereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’igihugu cya RDC, basaba ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi kwita kuri za ambasade, no kurengera abantu bazikoreramo.
Muri iyi nama kandi abakuru b’ibihugu bayibayemo basabye ko abahanganye muri RDC bareka imirwano, bakayoboka ibiganiro ndetse bagaha inzira abashaka kugeza imfashyanyo ku bantu bazikeneye.
Undi mwanzuro wafatiwe muri iyi nama ugira uti: “Inama yasabye ko habaho gukemura intambara binyuze mu bw’umvikane bwuje amahoro, kandi isaba uruhande rwa Tshisekedi kuvugana n’abantu bose barebwa n’ikibazo harimo na M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro yose ifite ibyo isaba.”
Ndetse kandi muri iyi nama banzuye ko hagomba guhura kw’ukuriye umuryango wa Afrika y’iburasirazuba(EAC) n’umuryango wa Afrika y’Amajy’epfo(SADC) bakaganira ku nzira iboneye yo gukemura ikibazo cya RDC.
Iyi nama yanzuye ibi mu gihe umutwe wa M23 n’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje kurwana muri Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo.
Amakuru ahari n’uko uyu mutwe umaze no kwigarurira uduce twinshi ndetse ukaba waraye wigaruriye umujyi uri mu nkengero za centre ya Kalehe mu birometero nka 58 uvuye mu mujyi wa Bukavu.
Ni mu gihe kandi Tshisekedi mu ijoro ryo ku wa Gatatu yagejeje ijambo ku Gihugu avuga ko agiye kurwana kandi ko azigarurira umujyi wa Goma uheruka gufatwa n’uyu mutwe wa M23 byanze bikunze.