Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi yarahiye ararica avuga ko atazaganira na m23 ariko agaragaza ibyo ashyize imbere.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 18, 2025
in Regional Politics
0
Tshisekedi yarahiye ararica avuga ko atazaganira na m23 ariko agaragaza ibyo ashyize imbere.
126
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi yarahiye ararica avuga ko atazaganira na m23 ariko agaragaza ibyo ashyize imbere.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yongeye kurahira ko atazigera aganira n’umutwe wa m23, maze avuga ko u Rwanda rufasha m23 , bityo ko rugomba gufatirwa ibihano.

Ni mu ijambo yagejeje ku nama y’igitaraganya yitabiriwe n’abahagarariye ibihugu byabo i Kinshasa, ibaye nyuma y’aho ku wa gatatu w’iki Cyumweru perezida Paul Kagame w’u Rwanda yari yahaye ikiganiro abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abasobanurira ibibera mu Burasirazuba bwo Congo, ndetse anenga yeruye perezida Félix Tshisekedi ko ari we udashaka ko ibibazo bikemuka mu gihugu cye.

Muri iki kiganiro cya perezida Félix Tshisekedi yatanze none yasaga n’uwihimura ku wabo(perezida w’u Rwanda), aho yasaga n’umurega ku bahagarariye ibihugu byabo i Kinshasa.

Yagize ati: “Congo, ntabwo isaba inkunga, ahubwo isaba ubufatanye bw’ukuri kandi buha amahirwe angana na buri wese, bushingiye ku busugire bwayo, ku butaka bwayo bwose no ku burenzira bw’ibanze. Ubwo bufasha si impuhwe ni inshingano za buri wese mu guharanira amahoro n’umutekano mpuzamahanga.”

Yavuze ko umuryango mpuzamahanga ugomba gushyira mu bikorwa ibyo uvuga, bikaba ibikorwa bifatika kandi bikumira. Ibihano ku Rwanda, ku bayobozi ba politiki na gisirikare bishoye mu byaha, n’inzira yabo y’ubukungu n’ingombwa.

Avuga ko ubushotoranyi bw’u Rwanda buhoraho, kwica ibyemejwe mu myanzuro yafashwe mu biganiro n’inkunga ifatika ruha umutwe wa m23 bisubiza inyuma iyo nzira y’ibiganiro ya Luanda.

Perezida Tshisekedi yavuze kandi ko Leta ye itazaganira n’umutwe wa m23.

Yagize ati: “Kuganira n’umutwe w’iterabwoba wa m23, ni umurongo utukura tutazigera turenga. Kutwumvisha ko ari ingombwa gukora ibiganiro n’umutwe w’iterabwoba wa m23, bisa nko kudusaba kwemeza ko ibikorwa bihonyanga amategeko yacu nibyo dufata nka kirazira, ari ibisanzwe.”

Yashimangiye iri jambo maze agira ati: “Ntituzigera twemera gupfukamira abatwotsa igitutu bo hanze, kugira ngo ntitwange dukunde twemere ibyo badusaba binyuranye ni nyungu zigihugu cyacu, zirimo ubwingenge bwacu.”

Perezida Tshisekedi yasoje avuga ko igihugu cyiwe gifite ishyaka ryo gukomeza amasezerano y’i Luanda, agamije kugarukana amahoro n’umutekano muri iki gihugu, no kumara amakimbirane hagati y’iki gihugu n’icy’u Rwanda, ibihugu byitana ba mwana ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Tags: KinshasaM23RwandaTshisekedi
Share50Tweet32Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi zanenye Wazalendo ariko zihishyura umwanzi wabo mu Bibogobogo.

Ingabo z'u Burundi zanenye Wazalendo ariko zihishyura umwanzi wabo mu Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?