Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi yarahiye ararica avuga ko atazaganira na m23 ariko agaragaza ibyo ashyize imbere.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 18, 2025
in Regional Politics
0
Tshisekedi yarahiye ararica avuga ko atazaganira na m23 ariko agaragaza ibyo ashyize imbere.
126
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi yarahiye ararica avuga ko atazaganira na m23 ariko agaragaza ibyo ashyize imbere.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yongeye kurahira ko atazigera aganira n’umutwe wa m23, maze avuga ko u Rwanda rufasha m23 , bityo ko rugomba gufatirwa ibihano.

Ni mu ijambo yagejeje ku nama y’igitaraganya yitabiriwe n’abahagarariye ibihugu byabo i Kinshasa, ibaye nyuma y’aho ku wa gatatu w’iki Cyumweru perezida Paul Kagame w’u Rwanda yari yahaye ikiganiro abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abasobanurira ibibera mu Burasirazuba bwo Congo, ndetse anenga yeruye perezida Félix Tshisekedi ko ari we udashaka ko ibibazo bikemuka mu gihugu cye.

Muri iki kiganiro cya perezida Félix Tshisekedi yatanze none yasaga n’uwihimura ku wabo(perezida w’u Rwanda), aho yasaga n’umurega ku bahagarariye ibihugu byabo i Kinshasa.

Yagize ati: “Congo, ntabwo isaba inkunga, ahubwo isaba ubufatanye bw’ukuri kandi buha amahirwe angana na buri wese, bushingiye ku busugire bwayo, ku butaka bwayo bwose no ku burenzira bw’ibanze. Ubwo bufasha si impuhwe ni inshingano za buri wese mu guharanira amahoro n’umutekano mpuzamahanga.”

Yavuze ko umuryango mpuzamahanga ugomba gushyira mu bikorwa ibyo uvuga, bikaba ibikorwa bifatika kandi bikumira. Ibihano ku Rwanda, ku bayobozi ba politiki na gisirikare bishoye mu byaha, n’inzira yabo y’ubukungu n’ingombwa.

Avuga ko ubushotoranyi bw’u Rwanda buhoraho, kwica ibyemejwe mu myanzuro yafashwe mu biganiro n’inkunga ifatika ruha umutwe wa m23 bisubiza inyuma iyo nzira y’ibiganiro ya Luanda.

Perezida Tshisekedi yavuze kandi ko Leta ye itazaganira n’umutwe wa m23.

Yagize ati: “Kuganira n’umutwe w’iterabwoba wa m23, ni umurongo utukura tutazigera turenga. Kutwumvisha ko ari ingombwa gukora ibiganiro n’umutwe w’iterabwoba wa m23, bisa nko kudusaba kwemeza ko ibikorwa bihonyanga amategeko yacu nibyo dufata nka kirazira, ari ibisanzwe.”

Yashimangiye iri jambo maze agira ati: “Ntituzigera twemera gupfukamira abatwotsa igitutu bo hanze, kugira ngo ntitwange dukunde twemere ibyo badusaba binyuranye ni nyungu zigihugu cyacu, zirimo ubwingenge bwacu.”

Perezida Tshisekedi yasoje avuga ko igihugu cyiwe gifite ishyaka ryo gukomeza amasezerano y’i Luanda, agamije kugarukana amahoro n’umutekano muri iki gihugu, no kumara amakimbirane hagati y’iki gihugu n’icy’u Rwanda, ibihugu byitana ba mwana ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Tags: KinshasaM23RwandaTshisekedi
Share50Tweet32Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi zanenye Wazalendo ariko zihishyura umwanzi wabo mu Bibogobogo.

Ingabo z'u Burundi zanenye Wazalendo ariko zihishyura umwanzi wabo mu Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?