• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Twirwaneho Yavuze ku Kibazo cy’Umutekano w’Abasivili Nyuma y’Iyoherezwa ry’Ingabo z’u Burundi mu Misozi y’i Mulenge

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 9, 2026
in Conflict & Security
0
Twirwaneho Yavuze ku Kibazo cy’Umutekano w’Abasivili Nyuma y’Iyoherezwa ry’Ingabo z’u Burundi mu Misozi y’i Mulenge
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Twirwaneho Yavuze ku Kibazo cy’Umutekano w’Abasivili Nyuma y’Iyoherezwa ry’Ingabo z’u Burundi mu Misozi y’i Mulenge

You might also like

Joseph Kabila Ashobora Kugirwa Umwere mu Mboni z’Impinduka za Politiki muri RDC

AFC/M23 Yahamije Ko Yashinze Imizi muri Kivu, Igaragaza ko i Goma na Bukavu Leta ya Kinshasa Itazongera Kuhagera

Abaturage bo Mu majyepfo y’u Burundi Bugarijwe n’Impungenge Ziturutse ku Kwiyongera kw’Ingabo ku Mipaka n’u Rwanda

Umutwe witwaje intwaro wa MRDP-Twirwaneho, urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), watangaje ko ingabo z’u Burundi zongeye koherezwa mu duce twa Bibogobogo na Point-Zéro, two muri teritwari ya Fizi, ahatuwe n’Abanyamulenge.

Ibi yatangajwe tariki ya 08/ 2026 aho byatangajwe n’umuvugizi wa MRDP-Twirwaneho, Col Kamasa Ndakize Welcome, wavuze ko izo ngabo ziyobowe n’abofisiye barimo uwitwa Nshimirimana, kandi ko intego yazo ari ugufata no kugenzura imisozi miremire ituyemo Abanyamulenge.

Yagize ati: “MRDP-Twirwaneho yamaganiye kure iyi gahunda mbi y’ingabo z’amahanga, igamije guhungabanya umutekano w’abasivili b’Abanyamulenge bo muri Bibogobogo na Minembwe, no kubafungira inzira z’ingenzi, bikarushaho kubashyira mu kaga.”

MRDP-Twirwaneho ivuga ko kuva mu kwezi kwa gatatu 2025, ingabo z’u Burundi zifatanyije n’ingabo za RDC, imitwe ya Wazalendo, ndetse n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, zagize uruhare mu bikorwa byibasira abasivili b’Abanyamulenge. Ibyo bikorwa birimo kwica abantu, iyicarubozo, gushimuta, gufata ku ngufu no gusahura imitungo.

Uyu mutwe kandi uvuga ko kuva mu kwezi kwa cumi 2025, imibereho y’Abanyamulenge batuye muri Minembwe yarushijeho kuzamba, bitewe n’uko inzira zose zibajyana ku masoko no ku mavuriro zafunzwe n’ingabo z’u Burundi n’indi mitwe zikorana. Ibi byatumye kubona ibyangombwa by’ibanze bigorana cyane, aho ababibonye babihabwa ku giciro kiri hejuru cyane.

Nk’uko MRDP-Twirwaneho ibitangaza, umubare w’abapfira mu mavuriro yo muri Minembwe warazamutse ku buryo bugaragara, by’umwihariko abana bari munsi y’imyaka itanu, bitewe n’ibura rikabije ry’imiti n’ubuvuzi bukwiye.

Nyuma y’uko ihuriro AFC/M23 rifashe ibice byinshi byo mu kibaya cya Ruzizi n’umujyi wa Uvira mu ntangiriro z’ukwezi kwa cumi nabiri 2025, hari amakuru yari yatangiye kuvuga ko ingabo nyinshi z’u Burundi zasubiye iwabo, zirimo n’izari zaragize uruhare mu bitero byibasira Abanyamulenge.

Gusa, amakuru aherutse kumenyekana agaragaza ko u Burundi bwongeye kohereza ingabo mu bice byo muri Fizi byegereye Ikiyaga cya Tanganyika, birimo n’umujyi wa Baraka, mu rwego rwo gufatanya n’ingabo za RDC gusubukura ibitero.

MRDP-Twirwaneho ivuga ko ingabo z’u Burundi zoherejwe muri Bibogobogo na Point-Zéro zaturutse mu mujyi wa Baraka, ikanasaba ko umutekano w’abasivili n’uw’imitungo yabo urindwa, igashimangira ko itazarebera mu gihe uwo mutekano ukomeje gushyirwa mu kaga.

Tags: AbasiviliBibogobogoIngabo z'u BurundiMinembweMRDP -TwirwanehoPoint Zero
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Joseph Kabila Ashobora Kugirwa Umwere mu Mboni z’Impinduka za Politiki muri RDC

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
Joseph Kabila Ashobora Kugirwa Umwere mu Mboni z’Impinduka za Politiki muri RDC

Joseph Kabila Ashobora Kugirwa Umwere mu Mboni z’Impinduka za Politiki muri RDC Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gushakisha inzira ziganisha ku bwumvikane bwa politiki, amakuru...

Read moreDetails

AFC/M23 Yahamije Ko Yashinze Imizi muri Kivu, Igaragaza ko i Goma na Bukavu Leta ya Kinshasa Itazongera Kuhagera

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
Inzirakarengane za Masisi Zashyinguwe mu Cyubahiro, AFC/M23 Yanenze Ibyo Yita Ubugizi bwa Nabi bw’Ibitero by’Indege

AFC/M23 Yahamije Ko Yashinze Imizi muri Kivu, Igaragaza ko i Goma na Bukavu Leta ya Kinshasa Itazongera Kuhagera Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryamaze kugarura umutekano...

Read moreDetails

Abaturage bo Mu majyepfo y’u Burundi Bugarijwe n’Impungenge Ziturutse ku Kwiyongera kw’Ingabo ku Mipaka n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
Abaturage bo Mu majyepfo y’u Burundi Bugarijwe n’Impungenge Ziturutse ku Kwiyongera kw’Ingabo ku Mipaka n’u Rwanda

Abaturage Bo mu majyepfo y’u Burundi Bugarijwe n’Impungenge Ziturutse ku Kwiyongera kw’Ingabo ku Mipaka n’u Rwanda Kuva tariki ya 07/12/2025, koherezwa ku bwinshi kw’ingabo z’igihugu cy’u Burundi (FDNB)...

Read moreDetails

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) Ryatumijwe mu Biganiro Bishya Bizabera i Luanda

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) Ryatumijwe mu Biganiro Bishya Bizabera i Luanda

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) Ryatumijwe mu Biganiro Bishya Bizabera i Luanda Perezida João Lourenço wa Angola yatumiye i Luanda umutwe wa Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), abisabwe na...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi Yaburiye Abaminisitiri ku Magambo Batangaza Batabiherewe Uburenganzira

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
RDC: Tshisekedi Yagaragaje Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro na AFC/M23, Ariko Ategeka Aho Bigomba Kubera

Perezida Tshisekedi Yaburiye Abaminisitiri ku Magambo Batangaza Batabiherewe Uburenganzira Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatanze umuburo ukomeye ku baminisitiri bagenda batangaza...

Read moreDetails
Next Post
Abanyamulenge Bafungiwe i Kalemie Baratabarizwa, Barasaba Ubutabera Mpuzamahanga

Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kalemie Bafunguwe

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?