• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.

minebwenews by minebwenews
March 16, 2025
in World News
0
U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.

You might also like

Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye

Amerika Yatanze Ibisobanuro ku Mpamvu Yikuye Burundu mu Muryango wa WHO

Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yihangirije Leta y’u Bubiligi muri iyi minsi ikomeje gutera igihugu cye ibibazo, ayibwira ko Abanyarwanda badashaka na rimwe kuba Ababiligi.

Hari mu kiganiro uyu mukuru w’igihugu yagiranye n’abaturage muri Bk Arena uyu munsi ku cyumweru tariki ya 16/03/2025.

Paul Kagame yatangaje ko amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo yagizwemo uruhare n’amahanga, kandi ko n’ubu akomeje kuzonga iki gihugu, ndetse ko u Rwanda ibyago rwagize ari uko rwakolonijwe n’u Bubiligi, ngo kuko rwagize uruhare mukurema ibice mu Banyarwanda.

Yagize ati: “U Bubiligi bwishe u Rwanda mu mateka arenze imyaka 30, rukajya rutugarukaho abasigaye rukabica, twarabihanangirije kuva kera, ariko turaza kubihanagiriza.”

Muri iki kiganiro yihanangirije u Bubiligi bwafashe umukingi wo wo gushishikariza amahanga guhana u Rwanda, rushingiye ku ntambara ikomeje guhanganisha ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa m23.

Yavuze ko u Rwanda ruza guhangana n’u Bubiligi bukareka kubwiruka inyuma no kurukoronga, ko aho bigeze u Bubiligi bugomba gutanga amahoro.

Ati: “Iyi myaka yose turi muri uru rugamba rwo kubaka igihugu, turashaka kuba Abanyarwanda, ntabwo dushaka kuba Ababiligi.”

Avuga ko Abanyarwanda bagomba kuba bo ubwabo, badakwiye gushaka kuba nk’abakolonije u Rwanda, ahubwo bakwiye kubiyuhagira.

Yagize ati: “Muribuka abacu twatakaje, ababigizemo uruhare batari Abanyarwanda, kandi bagize uruhare runini ndetse ruruta urw’Abanyarwanda ni bo abo ngabo n’uyu munsi bakidukurikirana, bakatubuza amahwemo, ndetse banakuziza ko uva ha handi, udapfuye ntukire. Ibyo bakabikuziza kuko wavuye muri wa mwanya bagushyizemo wo kudapfa ntukire, ibyo ukagomba kubyishyura ndetse bagashaka kukwereka ko bagomba kugusubiza aho ngaho.”

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yavuze ko Ababiligi bagize igihe batesha umutwe u Rwanda, rukabiyama ariko bakavunira ibiti mu matwi.

Kagame ati: “Abanyarwanda ko mwemera Imana, Imana koko yashinze u Rwanda aba bantu?

Mu mwaka wa 2023, nibwo hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi hatangiye kuvuka impaka, nyuma y’aho u Bubiligi bwanze ambasaderi wagenwe n’u Rwanda kuruhagararira i Brussel, bwana Vincent Karega.

Nyuma kandi, ubwo m23 yafataga i Bukavu, nyuma yo gufata i Goma, u Bubiligi bwafashe iya mbere mu gushishikariza ibihugu byo mu Burayi gufatira u Rwanda ibihano.

Ibi byatumye u Rwanda mu kwezi kwa kabiri rusohora itangazo rivuga ko ruhagaritse ubufatanye mu iterambere rwagiranaga n’u Bubiligi, rusobanura ko bwahisemo kubogamira kuri Leta y’i Kinshasa.

Tags: ImpakaU BubiligiU Rwanda
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye

Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye Ihangana rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada rikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko...

Read moreDetails

Amerika Yatanze Ibisobanuro ku Mpamvu Yikuye Burundu mu Muryango wa WHO

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Amerika Yatanze Ibisobanuro ku Mpamvu Yikuye Burundu mu Muryango wa WHO

Amerika Yatanze Ibisobanuro ku Mpamvu Yikuye Burundu mu Muryango wa WHO Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ku mugaragaro ko zikuye burundu mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku...

Read moreDetails

Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yacishije make ku ngingo yakunze guteza impaka yo kwigarurira ikirwa...

Read moreDetails

Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga

by Bahanda Bruce
January 22, 2026
0
Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga

Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga Kuva Donald Trump yagaruka ku butegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, isi yinjiye...

Read moreDetails

Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

by Bahanda Bruce
January 21, 2026
0
Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo Mu rwego rwo kwizihiza umwaka wa mbere wa manda ya kabiri...

Read moreDetails
Next Post
Inama y’ibihugu bihuriye muri G7, yafatiwemo imyanzuro ikakaye kuri m23.

Inama y'ibihugu bihuriye muri G7, yafatiwemo imyanzuro ikakaye kuri m23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?