Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 25, 2025
in World News
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.
65
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

You might also like

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Hari nyuma y’aho Perezida Macro atangaje ko igihugu cye kigomba kwemerera Palestine nk’igihugu cy’igenga mbere y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye iteganyijwe kuba mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka.

Macro yavuze ko iki cyemezo gikwiye gufasha akarere k’u Burasirazuba bwo hagati kugera ku mahoro arambye, anashimangira ko uyu munsi icyihutirwa ni ukurangiza intambara yo muri Gaza no kuruhura abaturage.

Yavuze kandi ko Palestine ikwiye kuba igihugu cyigenga, nyuma y’imyaka myinshi igabwaho ibitero bya hato na hato na Israel.

Kuko kuva mu kwezi kwa cumi umwaka wa 2023, umujyi wa Gaza wo muri Palestine wugarijwe n’ibitero bikomeye ingabo za Israel zigaba ku mutwe wa Hamas, nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye kuri Israel tariki ya 07/10/2023.

Ibitero bya Israel muri Gaza kuri ubu bimaze guhitana abantu barenga 59,000, mu gihe abamaze gukomeretswa na byo babarirwa mu 143,000.

Rero, Leta Zunze ubumwe z’Amerika zibinyujije kuri minisitiri wayo w’ubanyi n’amahanga, Marco Rubio, zamaganye icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa cy’uko Palestine yahinduka igihugu cyigenga, ndetse zishinja kandi u Bufaransa gutera inkunga Hamas.

Amerika yunzemo ko ibyo perezida w’u Bufaransa yatangaje bisa nko gukora mu gisebe abisirayeli bazize igitero cyo ku itariki ya 07/10/2023.

Si Amerika yamaganye u Bufaransa gusa, kuko na Israel yabwamaganye.

Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, abinyujije ku rukuta rwe rwa x, yagize ati: “Kiriya cyemezo kigamije guca igikuba ndetse hari ibyago by’uko gishobora gutuma hashingwa undi mutwe witwaje intwaro ushigikiwe na Iran.”

Yongeye ati: “Gushyiraho Leta ya Palestine muri iki gihe byaba ari ukurandura Israel, kutazabana mu mahoro na yo. Twumve ibintu neza , Abanya-Palestine ntibashaka ko habaho Leta na Israel, barashaka Leta hanyuma Israel irandurwe.”

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Katz na we yagize ati: “Israel ntizigera na rimwe yemera ko muri Palestine hajyaho urwego rushobora kubangamira umutekano wayo cyangwa gushyira mu byago ukubaho kwayo.”

Tags: u Bufaransa
Share26Tweet16Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n'umugenzi.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?