• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 10, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

minebwenews by minebwenews
July 25, 2025
in World News
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

READ ALSO

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

Hari nyuma y’aho Perezida Macro atangaje ko igihugu cye kigomba kwemerera Palestine nk’igihugu cy’igenga mbere y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye iteganyijwe kuba mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka.

Macro yavuze ko iki cyemezo gikwiye gufasha akarere k’u Burasirazuba bwo hagati kugera ku mahoro arambye, anashimangira ko uyu munsi icyihutirwa ni ukurangiza intambara yo muri Gaza no kuruhura abaturage.

Yavuze kandi ko Palestine ikwiye kuba igihugu cyigenga, nyuma y’imyaka myinshi igabwaho ibitero bya hato na hato na Israel.

Kuko kuva mu kwezi kwa cumi umwaka wa 2023, umujyi wa Gaza wo muri Palestine wugarijwe n’ibitero bikomeye ingabo za Israel zigaba ku mutwe wa Hamas, nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye kuri Israel tariki ya 07/10/2023.

Ibitero bya Israel muri Gaza kuri ubu bimaze guhitana abantu barenga 59,000, mu gihe abamaze gukomeretswa na byo babarirwa mu 143,000.

Rero, Leta Zunze ubumwe z’Amerika zibinyujije kuri minisitiri wayo w’ubanyi n’amahanga, Marco Rubio, zamaganye icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa cy’uko Palestine yahinduka igihugu cyigenga, ndetse zishinja kandi u Bufaransa gutera inkunga Hamas.

Amerika yunzemo ko ibyo perezida w’u Bufaransa yatangaje bisa nko gukora mu gisebe abisirayeli bazize igitero cyo ku itariki ya 07/10/2023.

Si Amerika yamaganye u Bufaransa gusa, kuko na Israel yabwamaganye.

Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, abinyujije ku rukuta rwe rwa x, yagize ati: “Kiriya cyemezo kigamije guca igikuba ndetse hari ibyago by’uko gishobora gutuma hashingwa undi mutwe witwaje intwaro ushigikiwe na Iran.”

Yongeye ati: “Gushyiraho Leta ya Palestine muri iki gihe byaba ari ukurandura Israel, kutazabana mu mahoro na yo. Twumve ibintu neza , Abanya-Palestine ntibashaka ko habaho Leta na Israel, barashaka Leta hanyuma Israel irandurwe.”

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Katz na we yagize ati: “Israel ntizigera na rimwe yemera ko muri Palestine hajyaho urwego rushobora kubangamira umutekano wayo cyangwa gushyira mu byago ukubaho kwayo.”

Tags: u Bufaransa

Related Posts

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira
World News

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

September 10, 2026
OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo
World News

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

September 10, 2026
Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko
World News

Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko

September 9, 2026
U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza
World News

U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza

September 9, 2026
Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye
World News

Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye

September 6, 2026
RDC–Israel: Perezida Herzog yasezeranyije gufasha Tshisekedi, mu Burasirazuba abaturage basaba ko ubufasha butazongera intambara
World News

RDC : Une décision majeure, l’ambassade en Israël sera transférée à Jérusalem

September 4, 2026
Next Post
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n'umugenzi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
  • AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse
  • Fizi sous haute tension : violents combats à Mulima et Nguli, Kananda au cœur des changements militaires
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?