Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

U Burundi bwavuze ku bivugwa ko rukorana na FDLR.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 5, 2025
in World News
0
U Burundi bwavuze ku bivugwa ko rukorana na FDLR.
98
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Burundi bwavuze ku bivugwa ko rukorana na FDLR.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Ni mu butumwa bwatanzwe n’umunyamabanga mukuru w’ishyaka riri kubutegetsi mu Burundi(CND FDD), Reverien Ndikuriyo, aho yavuze ko kuba Leta ye yaba ikorana n’umutwe wa FDLR bitareba u Rwanda, ngo kuko nta burenganzira rufite bwo kwivanga mu bibazo bya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ibi bwana Reverien yabitangaje ku wa gatanu tariki ya 03/01/2025, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru, kikaba cyarabereye mu ntara ya Makamba.

U Rwanda rumaze igihe rugaragaza ko ingabo z’u Burundi n’iza Congo zifatanya n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda ku rwanya M23 mu Burasirazuba bwa RDC.

Ibi u Rwanda rukagaragaza ko ubwo bufatanye bwa FDLR, Ingabo z’u Burundi n’iza RDC ari ikibazo ku mutekano warwo.

Ndetse kandi bikaba binajanye no kuba perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye bareruye bavuga ko bazatera u Rwanda maze ngo bahirike ubutegetsi bwa perezida Paul Kagame.

Reverien Ndikuriyo muri icyo kiganiro, Abanyamakuru bamusabye kugira icyo avuga hejuru y’ibyo u Burundi bushinjwa ku gukorana byahafi n’umutwe wa FDLR.

Maze agira ati: “U Rwanda nta burenganzira rufite bwo kwivanga mu bibera muri RDC. None u Rwanda ibya Congo rubijyamo gute? Congo n’u Burundi dufite umubano wo gufashanya mu byagisirikare, none u Rwanda rubijyamo rute? Kandi hashize imyaka irenga 30 u Rwanda rujya muri RDC gushaka uwo mutwe bashinja gukora jenoside yakorewe Abatutsi, niba batarayimaze, ni nkako kajagari nyine baba bateza.”

Yakomeje agira ati: “Biriya n’ibintu bitwaza. Ukomeza wiriza, nta kwiriza! Kubera rero Abarundi bafite umubano mwiza n’Abanye-kongo, bari gufashanya. None umuntu ntafasha undi? None birababaje? Wabababara kubera, ibyo hakurya babishinzweho iki? Cyangwa bariyo?”

Reverien Ndikuriyo yavuze ko mbere ya 2015 u Burundi n’u Rwanda byari bifitanye umubano mwiza, ariko ngo u Rwanda ruza gukora amakosa yo gufasha ndetse no guha icumbi abagerageje gukuraho ubutegetsi bwa Peter Nkurunziza.

Yanashimangiye ko u Burundi nyuma yo gufunga imipaka yarwo n’u Rwanda rudateze kuyifungura, keretse ikibazo cya bariya bantu barimo abasirikare bagerageje gukubita ku duta kibanje gukemuka.

Nyuma y’umunsi umwe gusa, Reverien Ndikuriyo atangaje ibyo, umutwe wa M23 wakubise inshuro ingabo z’u Burundi, iza RDC, Wazalendo na FDLR muri teritware ya Masisi unafata Zone ikomeye yiyo teritware .

Tags: FDLRReverien NdikuriyoRwanda
Share39Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
M23 yatangaje icyo iri bukore nyuma y’aho ifashe zone ya Masisi.

M23 yatangaje icyo iri bukore nyuma y'aho ifashe zone ya Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?