• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Burundi bwihakanye imirambo y’abasirikare babwo amagana yaguye muri RDC.

minebwenews by minebwenews
January 17, 2025
in Regional Politics
0
U Burundi bwihakanye imirambo y’abasirikare babwo amagana yaguye muri RDC.
94
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Burundi bwihakanye imirambo y’abasirikare babwo amagana yaguye muri RDC.

You might also like

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware

Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR

Uganda Yongeye Gufungura Internet Nyuma y’Itangazwa ry’Ibyavuye mu Matora ya Perezida

U Burundi binyuze mu muvugizi w’igisirikare cyabwo, Brig Gen Gaspard Baratuza, yatangaje ko nta basirikare b’u Burundi barenga 200 biciwe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ahari intambara ihanganishije izo ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa n’umutwe wa M23.

Ibi umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi yabitangaje ahar’ejo tariki ya 16/01/2025 mu kiganiro yagiranye n’ibitangaza makuru byo muri iki gihugu.

General Baratuza yahakanye ibivugwa na M23 y’umvikanisha ko biri mu ntambara nshya y’amagambo igamije gutera ubwoba Abarundi.

Ni mu gihe M23 ku wa gatatu w’iki Cyumweru, binyuze mu muvugizi wayo wungirije, Oscar Barinda yatangaje ko abasirikare b’u Burundi barenga amagana abiri baguye mu rugamba rwabereye i Ngungu muri teritware ya Masisi mu Ntara ya Kivu Yaruguru, ndetse yongeraho ko hari n’abafashwe matekwa.

Hari n’amashusho yabo yagiye hanze agaragaza bamwe mu bakomondo biciwe muri aka gace ka Ngungu.

Muri icyo kiganiro umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi yemeje ko abasirikare babo bari muri RDC, gusa avuga ko abapfuye atari ababo.

Yagize ati: “Muri iyi minsi hari inkuru zikwirakwizwa hirya no hino, ziciye ku mbuga aho abazikoresha berekana amafoto adakwiye y’abasirikare boherejwe mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo gufasha gucunga amahoro n’umutekano binyuze mu bwumvikane n’imigenderanire myiza y’u Burundi na Congo.”

Yakomeje agira ati: “Igisirikare cy’u Burundi gifashe uyu mwanya ngo ki menyeshe Abarundi bose ndetse n’amahanga ko abasirikare boherejwe gufashanya n’igisirikare cya Congo bahagaze neza , barakora neza ibikorwa boherejwemo bakoresheje ubuhanga ndetse n’ubwitonzi busanzwe buranga abasirikare bo mu ngabo z’u Burundi.”

Uyu muvugizi yavuze ko ubutumwa ingabo zabo zoherejwemo muri RDC burimo buragenda neza, n’ubwo M23 ikomeje kwirukana ingabo zabwo n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu Yaruguru.

Yavuze kandi ko abakomeje gukwirakwiza ariya ma shusho nta kindi bagamije usibye guhahamura Abarundi bibereye mu mahoro, ndetse no guca intege ingabo zabwo.

Igihugu cy’u Burundi gifite ingabo muri RDC zibarirwa mu bihumbi birenga 15.

Ubushize kandi ubwo M23 yerekanaga abasirikare b’u Burundi bafatiwe mu rugamba perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yarabihakanye, avuga ko aberekanywe ari abarwanyi b’umutwe wa wa Red-Tabara bihuje na M23.

Tags: BurundiIgisrikareM23Rdc
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware Abasirikare b’Igihugu cy’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware n’inzego z’umutekano, bashinjwa gutoroka inshingano za gisirikare nyuma yo gutsindwa ku...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR

Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Uganda Yongeye Gufungura Internet Nyuma y’Itangazwa ry’Ibyavuye mu Matora ya Perezida

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Uganda Yategetse Gufunga Internet mu Gihugu Hose Mbere y’Amatora

Uganda Yongeye Gufungura Internet Nyuma y’Itangazwa ry’Ibyavuye mu Matora ya Perezida Leta ya Uganda yongeye gufungura internet mu gihugu hose nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, byemeje...

Read moreDetails

Uganda Yategetse Gufunga Internet mu Gihugu Hose Mbere y’Amatora

by Bahanda Bruce
January 13, 2026
0
Uganda Yategetse Gufunga Internet mu Gihugu Hose Mbere y’Amatora

Uganda Yategetse Gufunga Internet mu Gihugu Hose Mbere y’Amatora Leta ya Uganda yafashe icyemezo gikomeye cyo guhagarika internet mu gihugu hose mu gihe kitazwi. Iki cyemezo cyatangajwe n’Ikigo...

Read moreDetails

Bobi Wine Yatanze Gasopo yo Kwigaragambya mu gihe Amatora Yagaragaramo Ubujura

by Bahanda Bruce
January 13, 2026
0
Bobi Wine Yatanze Gasopo yo Kwigaragambya mu gihe Amatora Yagaragaramo Ubujura

Bobi Wine Yatanze Gasopo yo Kwigaragambya mu gihe Amatora Yagaragaramo Ubujura Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, yatangaje...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi nyinshi zakiriwe mu Bibogobogo.

Ingabo z'u Burundi nyinshi zakiriwe mu Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?