U Burusiya bwagabye ikindi gitero gikaze mu mujyi munini wa 2 wa Ukraine.
Ibitero by’indege zitagira abapilote zizwi nka drones z’u Burusiya byibasiye umujyi wa kabiri ku bunini wo mu gihugu cya Ukraine, Kharkiv, bisiga bihitanye abantu batatu, abarenga mirongwine babikomerekeramo.
Ni mu ijoro ryo hirya y’ejo ni bwo ibi bitero byagabwe i Kharkiv, aho aya makuru yemejwe n’umuyobozi w’uyu mujyi bwana Oleh Syniehubov.
Uyu muyobozi yavuze ko u Burusiya mu kugaba iki gitero bwakoresheje drones 48, misile 2 n’ibisasu bine biraswa ku muvuduko wo hejuru.
Kiriya gitero uwo muyobozi yise icyiterabwoba ryeruye, yavuze ko kije gikurikiye ibindi bitero bikomeye by’indege za drones na misile byagabwe mu gihugu hose ku wa Kane wa kiriya cyumweru gishize.
U Burusiya buvuga ko ibyo bitero bigamije kwihorera ku byagabwe na Ukraine ku birindiro by’indege z’intambara z’u Burusiya mu ntangiriro zicyumweru gishize.
Umuyobozi wa Khakiv yatangaje ko igitero cyo mu ijoro ryo ku wa gatanu cyasenye inzu zo guturamo zirenga 18 kandi ko uruhinja n’umwana w’imyaka 14 bagikomerekeyemo.
Avuga ko n’uruganda rw’abasivili rwagabweho ibitero bikomeye n’indege zitagira abapilote 40, misile imwe n’ibisasu bine.
Yavuze kandi ko hari n’abantu baheze munsi y’inyubako z’inzu zasenyutse.
Ibi byatumye Ukraine isaba ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi kotsa igitutu u Burusiya, igaharika intambara kandi bigafatanya na Ukraine kuyirwana.
Cyobikoze, perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, aheruka gushinja Ukraine kuba nyiribayazana w’ibibazo biyibaho, ngo kuko ni na yo yatumwe perezida Vladimir Putin abatera.
Trump yavuze ko ikiganiro yagiranye na Putin kuri telefone yamubwiye ko yihorera mu buryo budasanzwe, ngo kubera ko Ukraine yamugabyeho igitero iranabyigamba.
Hagataho, u Burusiya bumaze kwigarurira ibice byinshi byo muri Ukraine muri iyi ntambara bwayitangijeho kuva mu ntangiriro z’umwaka wa 2022.