• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 4, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

You might also like

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika mu nama ya kabiri y’akanama gashyinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe tariki ya 27/06/2025.

Ku wa gatatu tariki ya 03/09/2025, ni bwo izi ntumwa zahuye, aho ku ruhande rw’u Rwanda hari minisitiri w’ubanye n’amahanga warwo, Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku rwa RDC hari mugenzi we minisitiri Kayikwamba Wagner..

Iyi nama yitabiriwe kandi n’abahuza barimo Leta ya Qutar, Togo, nk’umuhuza wa Afrika yunze ubumwe ndetse na komisiyo y’uyu muryango wa Afrika yunze ubumwe.

Inama nk’iyi yaherukaga kubera i Addis Ababa muri Ethiopia mu ntangiriro z’ukwezi kwa karindwi. Itangazo rihuriweho n’ibiro bya leta zunze ubumwe za Amerika bishyinzwe ububanyi n’amahanga, rivuga ko abagize akanama bemeye ko hari ubwumvikane buke mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibintu biri mu masezerano.

Iryo tangazo rigira riti: ‘Ibiganiro byibanze ku bibazo byagaragaye mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro, birimo amakuru y’ihohotera mu Burasirazuba bwa RDC, no gushakisha inzira zifatika zo gukurikiza iby’amasezerano ateganya.”

Rikomeza rivuga ko leta y’u Rwanda n’iya RDC zemeje ko zifite intumbero yo guteza imbere gahunda yo gusubiza impunzi mu bihugu zivamo, nk’uko byemejwe mu nama yabaye mu kwezi gushize.

Itangazo ryavuga riti: “Abagize akanama bishimiye inama itaha ihuza inzego z’umutekano (Jscm) izibanda ku kwihutisha ibikorwa byo guteza imbere ikurwaho ry’ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Guverinoma y’u Rwanda n’iya RDC kandi zemeje ko zifite inshingano zo gushyigikira byimazeyo ibiganiro biri guhuza RDC na AFC/M23 i Doha muri Qatar, inama nk’iyi izajya iba kenshi hagamijwe gukemura ibibazo ndetse no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro.

Tags: RdcRwandaWashington DC
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails
Next Post
Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo z’u Burundi zayigabyeho igitero mu Mikenke

Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo z'u Burundi zayigabyeho igitero mu Mikenke

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?