Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda na RDC ntibivuga rumwe ku isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Kagame na Tshisekedi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 18, 2024
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC ntibivuga rumwe ku isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Kagame na Tshisekedi.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda na RDC ntibivuga rumwe ku isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Kagame na Tshisekedi.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda bikomeje kwitana ba mwana ku mpamvu yisubika ry’inama yagombaga guhuza ba perezida b’ibihugu byombi, Félix Tshisekedi na Paul Kagame. Iyo nama byari biteganijwe ko izabera i Luanda muri Angola.

Nk’uko byari byatangajwe iyo nama yari kuba yarabaye ku itariki ya 15/12/2024. Impamvu ivugwa cyane n’ingingo irebana n’ubusabe bw’uko RDC yajya mu biganiro n’umutwe wa M23 uwo bahanganye.

Olivier Nduhungirehe minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, mu kiganiro yagiranye n’itangaza makuru ubushize yavuze ko impande zombi ku rwego rw’abaminisitiri zari zaganiriye kuri iyo ngingo ariko ku munota wa nyuma RDC ihitamo kwanga kwemera kujya mu biganiro na M23.

Avuga ko ibyo, ari byo byabaye imbarutso y’u Rwanda gusaba ko inama yagombaga guhuza abakuru b’ibihugu isubikwa.

Ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, ibinyujije mu muyobozi w’agashami gashinzwe itumanaho mu biro bya perezida w’iki gihugu, Erik Nyindu Kibambe yavuze ko u Rwanda ari rwo rubuza inzira y’amahoro kugerwaho.

Itangazo uwo muyobozi wo muri Leta ya Kinshasa yashyize hanze ku mugoroba wo ku Cyumweru ryavugaga ko mu nama y’abaminisitiri b’ubanye n’amahanga yabaye kuwa gatandatu, u Rwanda rwari rwatanze icyifuzo gishya kugira ngo ayo masezerano ashyirwe mu bikorwa. Igaragaza ko icyo cyifuzo cyasabaga ko habaho ibiganiro byeruye hagati ya RDC n’umutwe wa M23, uwo Leta ya Kinshasa ivuga ko ari uw’iterabwoba.

RDC ikavuga ko ubusabe bw’u Rwanda ari inzitizi rwashyizeho nkana kandi ko ari imbogamizi ikomeye ibangamira umuhati wa Angola watangajwe n’ubumwe bw’Afrika ndetse ushyigikirwa n’akanama k’umuryango wa LONI kuva mu kwezi kwa Karindwi ku mwaka w’ 2022.

RDC kandi ikagaragaza ko ugusubikwa kw’iyi nama kwabaye ku munota wa nyuma bitandukanye n’ibindi biganiro byabaye mbere. Kuri ubwo Kinshasa igasaba u Rwanda urwo ibona ko rwongeye gushigikira umutwe wa M23 kureka inyungu zarwo rugashigikira amahoro.

Muri iryo tangazo rya leta ya Kinshasa, risoza rishimira umuhati wa perezida João Lourenço wa Angola mu buhuza bw’ibi bihugu byombi. Ni itangazo kandi risaba umuryango mpuzamahanga gufata ingamba zihamye zihangana n’imyitwarire y’u Rwanda.

Tags: ibiganiroKagameRdcRwandaTshisekedi
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Gen Kainarugaba yagize icyo avuga ku guhuza u Rwanda na RDC.

Gen Kainarugaba yagize icyo avuga ku guhuza u Rwanda na RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?