• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda na RDC ntibivuga rumwe ku isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Kagame na Tshisekedi.

minebwenews by minebwenews
December 18, 2024
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC ntibivuga rumwe ku isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Kagame na Tshisekedi.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda na RDC ntibivuga rumwe ku isubikwa ry’ibiganiro byari guhuza Kagame na Tshisekedi.

You might also like

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda bikomeje kwitana ba mwana ku mpamvu yisubika ry’inama yagombaga guhuza ba perezida b’ibihugu byombi, Félix Tshisekedi na Paul Kagame. Iyo nama byari biteganijwe ko izabera i Luanda muri Angola.

Nk’uko byari byatangajwe iyo nama yari kuba yarabaye ku itariki ya 15/12/2024. Impamvu ivugwa cyane n’ingingo irebana n’ubusabe bw’uko RDC yajya mu biganiro n’umutwe wa M23 uwo bahanganye.

Olivier Nduhungirehe minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, mu kiganiro yagiranye n’itangaza makuru ubushize yavuze ko impande zombi ku rwego rw’abaminisitiri zari zaganiriye kuri iyo ngingo ariko ku munota wa nyuma RDC ihitamo kwanga kwemera kujya mu biganiro na M23.

Avuga ko ibyo, ari byo byabaye imbarutso y’u Rwanda gusaba ko inama yagombaga guhuza abakuru b’ibihugu isubikwa.

Ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, ibinyujije mu muyobozi w’agashami gashinzwe itumanaho mu biro bya perezida w’iki gihugu, Erik Nyindu Kibambe yavuze ko u Rwanda ari rwo rubuza inzira y’amahoro kugerwaho.

Itangazo uwo muyobozi wo muri Leta ya Kinshasa yashyize hanze ku mugoroba wo ku Cyumweru ryavugaga ko mu nama y’abaminisitiri b’ubanye n’amahanga yabaye kuwa gatandatu, u Rwanda rwari rwatanze icyifuzo gishya kugira ngo ayo masezerano ashyirwe mu bikorwa. Igaragaza ko icyo cyifuzo cyasabaga ko habaho ibiganiro byeruye hagati ya RDC n’umutwe wa M23, uwo Leta ya Kinshasa ivuga ko ari uw’iterabwoba.

RDC ikavuga ko ubusabe bw’u Rwanda ari inzitizi rwashyizeho nkana kandi ko ari imbogamizi ikomeye ibangamira umuhati wa Angola watangajwe n’ubumwe bw’Afrika ndetse ushyigikirwa n’akanama k’umuryango wa LONI kuva mu kwezi kwa Karindwi ku mwaka w’ 2022.

RDC kandi ikagaragaza ko ugusubikwa kw’iyi nama kwabaye ku munota wa nyuma bitandukanye n’ibindi biganiro byabaye mbere. Kuri ubwo Kinshasa igasaba u Rwanda urwo ibona ko rwongeye gushigikira umutwe wa M23 kureka inyungu zarwo rugashigikira amahoro.

Muri iryo tangazo rya leta ya Kinshasa, risoza rishimira umuhati wa perezida João Lourenço wa Angola mu buhuza bw’ibi bihugu byombi. Ni itangazo kandi risaba umuryango mpuzamahanga gufata ingamba zihamye zihangana n’imyitwarire y’u Rwanda.

Tags: ibiganiroKagameRdcRwandaTshisekedi
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges As part of ongoing efforts to find a lasting solution to the long-standing...

Read moreDetails

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye Mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu...

Read moreDetails

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe...

Read moreDetails

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails
Next Post
Gen Kainarugaba yagize icyo avuga ku guhuza u Rwanda na RDC.

Gen Kainarugaba yagize icyo avuga ku guhuza u Rwanda na RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?