• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwahaye urwamenyo abashakira amakuru y’iki gihugu kuri Kayumba.

minebwenews by minebwenews
February 3, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda rwahaye urwamenyo abashakira amakuru y’iki gihugu kuri Kayumba.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwahaye urwamenyo abashakira amakuru y’iki gihugu kuri Kayumba.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Vincent Karega, uhagarariye u Rwanda mukarere k’ibiyaga bigari, yagaragaje ko abashakira amakuru y’u Rwanda kuri Kayumba Nyamwasa waruhunze ko bisa no gukama ikimasa.

Karega yabitangaje akoresheje urubuga rwa x, akaba yarabitangaje ahar’ejo tariki ya 02/02/2025, ni mu gihe yasubizaga ku byo Nyamwasa yabwiye itangazamakuru ryo muri Afrika y’Epfo, aho yari yakoranye ikiganiro nakimwe mu gitangazamakuru cyo muri icyo gihugu cyitwa Newsroom Afrika.

Muri icyo kiganiro Kayumba Nyamwasa yari yagitumiwemo nk’inzobere muri politiki n’igisirikare cy’u Rwanda, ahanini byibandaga ku ntambara irimo kubera mu Burasirazuba bwa RDC.

Iyi ntambara igisirikare cya Afrika y’Epfo kikaba kiyirimo aho gifasha icya Congo kurwanya umutwe wa M23. Ndetse iyi ntambara ikaba imaze kugwamo abasirikare b’iki gihugu cya Afrika y’Epfo bagera ku 14.

Karega yavuze ko Kayumba Nyamwasa amaze igihe kirekire yaravuye mu gisirikare cy’u Rwanda, bityo ko ntamakuru y’icyo gisirikare yamenya hubwo ko nawe agomba kuyabaza.

Ati: “Ese ni ryari Kayumba aheruka kuba umusirikare mu Rwanda? Muri kugerageza gukama ikimasa? Mushake amasoko meza y’amakuru. Ntabwo mukwiye kujya kubyutsa dinosaur yapfuye mu mva.”

Yababwiye ko Kayumba Nyamwasa yatorotse igisirikare cy’u Rwanda mu 2010 ngo kuko hari ibyo yashinjwaga, kandi ko yari yatumijwe ku biro bya FPR inkotanyi kugira ngo yisobanure ndetse mbere y’aho yari yagiriwe inama yo kwandika ibaruwa isaba imbabazi, ariko ntiyabikora ahitamo guhunga.

Kayumba Nyamwasa bivugwa ko yavuye mu Rwanda rwihishwa, yerekeza muri Afrika y’Epfo aho yasanze Patrick Karegeya wari waragezeyo mbere gato mu 2008.

Ndetse icyo gihe nk’abantu babiri bahoze bakomeye mu gisirikare cy’u Rwanda, bagerageje kugira ngo barebe ko haricyo bokora bagahungabanya umutekano w’u Rwanda ariko byaranze.

Nubwo hari ubwo babigerageje ariko ntibyabahiriye ari nabyo Karega ashingiraho agaragaza ko nyuma y’imyaka irenga 15 atari mu gihugu ndetse na mbere y’aho akaba yari mu zindi nshingano zitandukanye n’igisirikare nta makuru yuzuye arufiteho.

Uyu mugabo Kayumba kuri ubu ayobora umutwe wa RNC, yahamijwe ibyaha n’urukiko rwa gisirikare adahari tariki ya 14/01/2011.

Ibyaha ashinjwa birimo gushinga umutwe w’iterabwoba, kugerageza guhungabanya umutekano w’igihugu, kutubahiriza amategeko n’ibindi.

Raporo zitandukanye mu myaka ishize zagaragaje ko Kayumba yari yaratangiye kwegeranya abarwanyi mu Burasirazuba bwa RDC, mu mugambi wo kuzatera u Rwanda.

U Rwanda narwo ruhamya ko ubwirinzi bwashyizwe ku mipaka iruhuza na RDC butazahava mbere y’uko umutwe wa FDLR urandurwa.

Tags: KaregaKayumbaU Rwanda
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.

Amerika yatangaje ibikakaye kuri Leta ya Afrika y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?