U Rwanda Rwamaganye Uburyarya bw’Amahanga ku Ntambara yo muri RDC
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko uburyo umuryango mpuzamahanga witwara ku ntambara iri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) burangwa nokubogama n’uburyarya, aho hari aho uhitamo kuvuga ukundi cyangwa ukirengagiza ibyaha bikomeye byibasira abasivile.
Yabitangaje nyuma y’aho tariki ya 11/03/2026 ibihugu byinshi byiganjemo iby’i Burayi ndetse n’imiryango mpuzamahanga bigaragaje akababaro byatewe n’urupfu rw’umuturage w’Umufaransa witwa Karine Buisset, waguye mu gitero cya drones cyagabwe mu mujyi wa Goma. Icyakora, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe yabigaragaje, ayo magambo y’akababaro ntiyigeze agaragaza mu buryo busobanutse uwagabye icyo gitero, nubwo hari amakuru yizewe agaragaza ko cyagabwe n’ingabo za Leta ya RDC.
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona amahanga ahita ashyira mu majwi impande zose ziri mu makimbirane aho kuvuga ukuri ku wabigizemo uruhare. Yavuze ko n’ubwo hari ibimenyetso byerekana ko igitero cya drone cyagabwe n’ingabo za RDC, ibihugu bimwe n’imiryango mpuzamahanga byahisemo gusaba ko hashyirwaho komisiyo yigenga ikora iperereza, aho kuvuga mu buryo butaziguye uwagikoze.
Yongeyeho ko ibi ari urugero rw’uburyo ibibazo byo mu burasirazuba bwa RDC bikunze gufatwa mu buryo burimo kubogama, kuko igihe ingabo za RDC zigabye ibitero byibasira abasivile, cyane cyane mu bice bituwe n’Abanye-Congo b’Abatutsi barimo Abanyamulenge, amahanga akenshi ahitamo guceceka.
Yatanze urugero ku bitero bya drones byagiye bigabwa mu gace ka Minembwe, aho abaturage benshi baguye muri ibyo bitero, ariko bikaba bitarigeze bituma umuryango mpuzamahanga ugaragaza impungenge cyangwa ngo uvuge ku buryo bugaragara abari babigizemo uruhare.
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko kenshi iyo amahanga agize icyo avuga ku byaha bikozwe n’ingabo za RDC, ahitamo gusaba ko hakorwa iperereza ryigenga. Ariko ngo kenshi ibyo bikorwa mu rwego rwo kugaragaza ko hari igikorwa gikozwe, nyamara mu by’ukuri bigamije gushyingura dosiye aho kuyikurikirana.
Yagarutse ku gitero cya drone cyagabwe tariki ya 03/01/2026 mu gace ka Masisi, cyahitanye abaturage benshi abandi bagakomereka. Nyuma y’icyo gitero, misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri RDC, MONUSCO, yasabye ko hakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane abagikoze, babiryozwe. Gusa, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe yabigaragaje, iryo perereza ntiryigeze rikorwa.
Ati: “Birababaje kubona ko muri iki gihe isi igezemo, amahame mpuzamahanga n’amategeko agenga umubano w’ibihugu asa n’ayatakaje agaciro. Ubuzima bw’abantu bugahabwa agaciro gake iyo inyungu z’ibihugu bikomeye zishobora kubangamirwa.”
Minisitiri Nduhungirehe kandi yagaragaje ko hari ibikorwa n’imvugo byagiye bitangwa n’ubuyobozi bwa RDC bituma umutekano w’akarere ugeramiwe. Yavuze ko Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, yagiye atangaza amagambo akomeye arimo no kuvuga ko ashobora kugaba ibitero ku Rwanda.
Yongeyeho ko mu gihe ibyo bibazo byose bikomeje kugaragara, Abanye-Congo b’Abatutsi bakomeje kuba mu byago byo kwibasirwa n’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’ingabo za Leta, nyamara umuryango mpuzamahanga ntugaragaze ubushake bwo kubihagarika.
Mu gusoza ubutumwa bwe, Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko mu gihe ibitero bya drones bikomeje kugaragara hafi y’umupaka w’u Rwanda, ingabo z’u Rwanda zizakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo zirinde ubusugire bw’igihugu ndetse n’umutekano w’abaturage bacyo.
Yavuze ko u Rwanda rutazigera rwemera ko umutekano warwo ubangamirwa, cyane cyane mu gihe hari ibikorwa by’intambara bishobora gukwirakwira mu karere kose k’Ibiyaga Bigari.
Ibi bibaye mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa RDC ikomeje gukaza umurego, aho amakimbirane hagati ya Leta ya Kinshasa n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro akomeje gutuma abaturage benshi bava mu byabo, abandi bagahitanwa n’imirwano imaze imyaka irenga makumyabiri ihungabanya umutekano w’akarere.







