• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 12, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda Rwamaganye Uburyarya bw’Amahanga ku Ntambara yo muri RDC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
March 12, 2026
in Regional Politics
0
U Rwanda Rwamaganye Uburyarya bw’Amahanga ku Ntambara yo muri RDC
65
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda Rwamaganye Uburyarya bw’Amahanga ku Ntambara yo muri RDC

You might also like

Uwari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Bunyoni, Yarekuwe Nyuma yo Kumara Hafi Imyaka Ine Afunzwe

U Bufaransa, u Bubiligi na EU Bamaganye Igitero Cyahitanye Umukozi wa Loni

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko uburyo umuryango mpuzamahanga witwara ku ntambara iri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) burangwa nokubogama n’uburyarya, aho hari aho uhitamo kuvuga ukundi cyangwa ukirengagiza ibyaha bikomeye byibasira abasivile.

Yabitangaje nyuma y’aho tariki ya 11/03/2026 ibihugu byinshi byiganjemo iby’i Burayi ndetse n’imiryango mpuzamahanga bigaragaje akababaro byatewe n’urupfu rw’umuturage w’Umufaransa witwa Karine Buisset, waguye mu gitero cya drones cyagabwe mu mujyi wa Goma. Icyakora, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe yabigaragaje, ayo magambo y’akababaro ntiyigeze agaragaza mu buryo busobanutse uwagabye icyo gitero, nubwo hari amakuru yizewe agaragaza ko cyagabwe n’ingabo za Leta ya RDC.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona amahanga ahita ashyira mu majwi impande zose ziri mu makimbirane aho kuvuga ukuri ku wabigizemo uruhare. Yavuze ko n’ubwo hari ibimenyetso byerekana ko igitero cya drone cyagabwe n’ingabo za RDC, ibihugu bimwe n’imiryango mpuzamahanga byahisemo gusaba ko hashyirwaho komisiyo yigenga ikora iperereza, aho kuvuga mu buryo butaziguye uwagikoze.

Yongeyeho ko ibi ari urugero rw’uburyo ibibazo byo mu burasirazuba bwa RDC bikunze gufatwa mu buryo burimo kubogama, kuko igihe ingabo za RDC zigabye ibitero byibasira abasivile, cyane cyane mu bice bituwe n’Abanye-Congo b’Abatutsi barimo Abanyamulenge, amahanga akenshi ahitamo guceceka.

Yatanze urugero ku bitero bya drones byagiye bigabwa mu gace ka Minembwe, aho abaturage benshi baguye muri ibyo bitero, ariko bikaba bitarigeze bituma umuryango mpuzamahanga ugaragaza impungenge cyangwa ngo uvuge ku buryo bugaragara abari babigizemo uruhare.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko kenshi iyo amahanga agize icyo avuga ku byaha bikozwe n’ingabo za RDC, ahitamo gusaba ko hakorwa iperereza ryigenga. Ariko ngo kenshi ibyo bikorwa mu rwego rwo kugaragaza ko hari igikorwa gikozwe, nyamara mu by’ukuri bigamije gushyingura dosiye aho kuyikurikirana.

Yagarutse ku gitero cya drone cyagabwe tariki ya 03/01/2026 mu gace ka Masisi, cyahitanye abaturage benshi abandi bagakomereka. Nyuma y’icyo gitero, misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri RDC, MONUSCO, yasabye ko hakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane abagikoze, babiryozwe. Gusa, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe yabigaragaje, iryo perereza ntiryigeze rikorwa.

Ati: “Birababaje kubona ko muri iki gihe isi igezemo, amahame mpuzamahanga n’amategeko agenga umubano w’ibihugu asa n’ayatakaje agaciro. Ubuzima bw’abantu bugahabwa agaciro gake iyo inyungu z’ibihugu bikomeye zishobora kubangamirwa.”

Minisitiri Nduhungirehe kandi yagaragaje ko hari ibikorwa n’imvugo byagiye bitangwa n’ubuyobozi bwa RDC bituma umutekano w’akarere ugeramiwe. Yavuze ko Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, yagiye atangaza amagambo akomeye arimo no kuvuga ko ashobora kugaba ibitero ku Rwanda.

Yongeyeho ko mu gihe ibyo bibazo byose bikomeje kugaragara, Abanye-Congo b’Abatutsi bakomeje kuba mu byago byo kwibasirwa n’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’ingabo za Leta, nyamara umuryango mpuzamahanga ntugaragaze ubushake bwo kubihagarika.

Mu gusoza ubutumwa bwe, Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko mu gihe ibitero bya drones bikomeje kugaragara hafi y’umupaka w’u Rwanda, ingabo z’u Rwanda zizakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo zirinde ubusugire bw’igihugu ndetse n’umutekano w’abaturage bacyo.

Yavuze ko u Rwanda rutazigera rwemera ko umutekano warwo ubangamirwa, cyane cyane mu gihe hari ibikorwa by’intambara bishobora gukwirakwira mu karere kose k’Ibiyaga Bigari.

Ibi bibaye mu gihe intambara yo mu burasirazuba bwa RDC ikomeje gukaza umurego, aho amakimbirane hagati ya Leta ya Kinshasa n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro akomeje gutuma abaturage benshi bava mu byabo, abandi bagahitanwa n’imirwano imaze imyaka irenga makumyabiri ihungabanya umutekano w’akarere.

Tags: AmahangaRdcUburyarya
Share26Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Uwari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Bunyoni, Yarekuwe Nyuma yo Kumara Hafi Imyaka Ine Afunzwe

by Bahanda Bruce
March 11, 2026
0
Uwari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Bunyoni, Yarekuwe Nyuma yo Kumara Hafi Imyaka Ine Afunzwe

Uwari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Bunyoni, Yarekuwe Nyuma yo Kumara Hafi Imyaka Ine Afunzwe Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain-Guillaume Bunyoni, yarekuwe nyuma yo kumara hafi imyaka...

Read moreDetails

U Bufaransa, u Bubiligi na EU Bamaganye Igitero Cyahitanye Umukozi wa Loni

by Bahanda Bruce
March 11, 2026
0
U Bufaransa, u Bubiligi na EU Bamaganye Igitero Cyahitanye Umukozi wa Loni

U Bufaransa, u Bubiligi na EU Bamaganye Igitero Cyahitanye Umukozi wa Loni Mu gihe umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukomeje kuba ikibazo gikomeye ku...

Read moreDetails

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community – EAC) ukomeje guhura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga, gishobora kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri...

Read moreDetails

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda Amakuru aturuka mu nzego zikurikirana ibibera muri politiki y’akarere k’Ibiyaga Bigari akomeje kugaragaza ko...

Read moreDetails
Next Post
Ku Ndondo: Wazalendo Bahahuriye n’Urugamba Rukomeye, Abatari Bake Bahasiga Ubuzima

Ku Ndondo: Wazalendo Bahahuriye n’Urugamba Rukomeye, Abatari Bake Bahasiga Ubuzima

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?