Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.
Ntibisanzwe ku b’Abanya-Minembwe ku iriza umunsi wose nta hantu na hamwe humvikanye urusaku rw’imbunda, cyangwa ngo bumve amakuru mabi abihiye amatwi yabo, uyu munsi utandukanye n’indi yose, nk’uko abari muri icyo gice babivuga.
Bikubiye mu butumwa bwanditse umwe uherereye muri icyo gice cya Minembwe cyiriwemo ituze n’amahoro, yahaye Minembwe Capital News.
Yagize ati: “Izuba ririnze rirenga mu Minembwe, nta rusasu ruyivugiyemo. Usibye ituze n’amahoro byayiranzwemo.”
Ubutumwa bwe bukomeza bugira buti: “Wumvaga i ngoma zivugira hirya no hino na keyboard. Abantu baririmbira Imana. Nta kindi.”
Imyaka ibaye umunani, mu Minembwe no mu nkengero zayo habera imirwano hagati y’igisirikare cya RDC n’Abanyamulenge birwanahaho abaje guhinduka umutwe wa Twirwaneho.
Abanyamulenge bashinja Leta y’i ki gihugu kubagambanira mu mitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ndetse no kuri leta y’u Burundi, kuko ingabo zabwo zifatanyije n’iriya mitwe mu kwica aba Banyamulenge.
Ariko kandi iyi Leta ya Congo na yo ishinja aba Banyamulenge kutayishigikira, nu bwo bo bavuga ko kutayishigikira biva kukuba ibateza iriya mitwe ikabanyaga Inka zabo, kandi ikabasenyera n’imihana yabo. Nk’ubu akarere ka Mibunda nta muntu ukigatuyemo kubera ibitero bya Wazalendo, kimwe kandi na Mirimba, Ngadja, Gitumba, Byura yo muri Moba n’ahandi.
Iyi Leta yagiye ikorera Abanyamulenge ubuhemu bwinshi, kuko igihe itabishe ibanyaga ibyabo, ndetse kandi ikabafunga, kuko n’ubu mu ma gereza ari hirya no hino muri iki gihugu, afungiyemo Abanyamulenge batagira uko bangana. Benshi muri bo ntibafungirwa ibyaha, ahubwo bazira kuba ari Abatutsi. Ikimenyimenyi, ntibajya baburana, bahozwa iyo bafungiye.
Nubwo mu Minembwe hiriwe ituze n’amahoro, i Misisi haherereye mu ntera ndende uvuye aha mu Minembwe, Umzalendo yahiciye abaturage benshi bo mu bwoko bw’Ababembe.
Amakuru ava yo agira ati: Umurwanyi wo muri Wazalendo yishe arashe abaturage benshi i Misisi. Byavuye ku businzi.”
Biravugwa ko icyo gikorwa kigayitse, cyabereye neza mu mujyi wa Misisi. Umubare wabahitanywe n’uwo Mzalendo babarirwa muri barindwi, nubwo uyu mubare ushobora kwiyongeraho, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.
Iyi Misisi yabereyemo ubwo bwicanyi, abayivamo bagana mu Minembwe bagenda urugendo rw’iminsi itatu n’ibirenge. Na yo iri muri teritware ya Fizi cyo kimwe n’iki gicye cya Minembwe gituwe n’Abanyamulenge benshi.
Mu Minembwe nubwo hiriwe neza, ariko iri joro ryaraye rikeye bari bahawe amakuru avuga ko umwanzi(ihuriro ry’ingabo za Congo) yongeye kuzamuka muri Mukoko, mu rwego rwo kugira ngo agabe ibitero mu mihana iri mu nkengero za centre ya Minembwe.
Ni mu gihe n’ejo ku wa gatandatu yari yahagabye ibitero, ku bw’amahirwe make y’uwo mwanzi, Twirwaneho na M23 bamurusha imbaraga ahungira kwa Mulima no mu Rusuku.
Nyamara, abakurikiranira hafi cyane ibibera mu misozi y’i Mulenge, ahanini ku bitero umwanzi ahagaba, bahamya ko uyu mwanzi yamaze gucika intege, gusa ngo yanze “guheba!” Ibyo biva ku kuba uriya mwanzi asigaye atangira kurasa, agahita ahunga. Kandi akenshi ahunga Twirwaneho ataramugeraho ngo bahangane nk’uko byakorwaga mbere hose.
Tubibutsa ko uyu mwanzi ugaba ibitero kuri Twirwaneho na M23 mu misozi miremire y’i Mulenge, agizwe n’ingabo za FARDC, iz’u Burundi, n’imitwe ya Wazalendo na FDLR ndetse n’imbonerakure zituruka mu ishyaka rya CNDD-FDD mu Burundi.