• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, March 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.

minebwenews by minebwenews
June 22, 2025
in Conflict & Security
0
Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.
106
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.

You might also like

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Ntibisanzwe ku b’Abanya-Minembwe ku iriza umunsi wose nta hantu na hamwe humvikanye urusaku rw’imbunda, cyangwa ngo bumve amakuru mabi abihiye amatwi yabo, uyu munsi utandukanye n’indi yose, nk’uko abari muri icyo gice babivuga.

Bikubiye mu butumwa bwanditse umwe uherereye muri icyo gice cya Minembwe cyiriwemo ituze n’amahoro, yahaye Minembwe Capital News.

Yagize ati: “Izuba ririnze rirenga mu Minembwe, nta rusasu ruyivugiyemo. Usibye ituze n’amahoro byayiranzwemo.”

Ubutumwa bwe bukomeza bugira buti: “Wumvaga i ngoma zivugira hirya no hino na keyboard. Abantu baririmbira Imana. Nta kindi.”

Imyaka ibaye umunani, mu Minembwe no mu nkengero zayo habera imirwano hagati y’igisirikare cya RDC n’Abanyamulenge birwanahaho abaje guhinduka umutwe wa Twirwaneho.

Abanyamulenge bashinja Leta y’i ki gihugu kubagambanira mu mitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ndetse no kuri leta y’u Burundi, kuko ingabo zabwo zifatanyije n’iriya mitwe mu kwica aba Banyamulenge.

Ariko kandi iyi Leta ya Congo na yo ishinja aba Banyamulenge kutayishigikira, nu bwo bo bavuga ko kutayishigikira biva kukuba ibateza iriya mitwe ikabanyaga Inka zabo, kandi ikabasenyera n’imihana yabo. Nk’ubu akarere ka Mibunda nta muntu ukigatuyemo kubera ibitero bya Wazalendo, kimwe kandi na Mirimba, Ngadja, Gitumba, Byura yo muri Moba n’ahandi.

Iyi Leta yagiye ikorera Abanyamulenge ubuhemu bwinshi, kuko igihe itabishe ibanyaga ibyabo, ndetse kandi ikabafunga, kuko n’ubu mu ma gereza ari hirya no hino muri iki gihugu, afungiyemo Abanyamulenge batagira uko bangana. Benshi muri bo ntibafungirwa ibyaha, ahubwo bazira kuba ari Abatutsi. Ikimenyimenyi, ntibajya baburana, bahozwa iyo bafungiye.

Nubwo mu Minembwe hiriwe ituze n’amahoro, i Misisi haherereye mu ntera ndende uvuye aha mu Minembwe, Umzalendo yahiciye abaturage benshi bo mu bwoko bw’Ababembe.

Amakuru ava yo agira ati: Umurwanyi wo muri Wazalendo yishe arashe abaturage benshi i Misisi. Byavuye ku businzi.”

Biravugwa ko icyo gikorwa kigayitse, cyabereye neza mu mujyi wa Misisi. Umubare wabahitanywe n’uwo Mzalendo babarirwa muri barindwi, nubwo uyu mubare ushobora kwiyongeraho, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.

Iyi Misisi yabereyemo ubwo bwicanyi, abayivamo bagana mu Minembwe bagenda urugendo rw’iminsi itatu n’ibirenge. Na yo iri muri teritware ya Fizi cyo kimwe n’iki gicye cya Minembwe gituwe n’Abanyamulenge benshi.

Mu Minembwe nubwo hiriwe neza, ariko iri joro ryaraye rikeye bari bahawe amakuru avuga ko umwanzi(ihuriro ry’ingabo za Congo) yongeye kuzamuka muri Mukoko, mu rwego rwo kugira ngo agabe ibitero mu mihana iri mu nkengero za centre ya Minembwe.

Ni mu gihe n’ejo ku wa gatandatu yari yahagabye ibitero, ku bw’amahirwe make y’uwo mwanzi, Twirwaneho na M23 bamurusha imbaraga ahungira kwa Mulima no mu Rusuku.

Nyamara, abakurikiranira hafi cyane ibibera mu misozi y’i Mulenge, ahanini ku bitero umwanzi ahagaba, bahamya ko uyu mwanzi yamaze gucika intege, gusa ngo yanze “guheba!” Ibyo biva ku kuba uriya mwanzi asigaye atangira kurasa, agahita ahunga. Kandi akenshi ahunga Twirwaneho ataramugeraho ngo bahangane nk’uko byakorwaga mbere hose.

Tubibutsa ko uyu mwanzi ugaba ibitero kuri Twirwaneho na M23 mu misozi miremire y’i Mulenge, agizwe n’ingabo za FARDC, iz’u Burundi, n’imitwe ya Wazalendo na FDLR ndetse n’imbonerakure zituruka mu ishyaka rya CNDD-FDD mu Burundi.

Tags: MinembweMisisiUbutumwa
Share42Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko utewe impungenge n’ibikorwa by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC)...

Read moreDetails

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo

Abasore 14 b’Abanyamulenge Bari Bafungiwe i Kinshasa Bafunguwe Nyuma y’Igihe Kinini Babazwa ku Buzima Bwabo Amakuru aturuka mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, aravuga...

Read moreDetails

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO

Umunyamerika Swan Yagizwe Umuyobozi wa MONUSCO Umunyamerika James Swan yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, buzwi nka MONUSCO, asimbuye...

Read moreDetails

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo

AFC/M23 Yahanganye Bikomeye na FARDC, FDLR, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu Bice bya Kabunambo Amakuru aturuka mu gace ka Kimuka, kari muri Groupement ya Kabunambo, muri Teritwari ya...

Read moreDetails

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Igitero Kiyobowe na Omari Cyasubijwe Inyuma na MRDP–Twirwaneho mu Mirwano Ikaze ku Ndondo

Imirwano Ikomeye Yadutse i Mwenga muri Kivu y’Epfo: AFC/M23 Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC, Ingabo z’u Burundi, FDLR na Wazalendo Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n’abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe.

Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n'abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?